Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.
Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wakiriye umugogo we, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2017.
Abasore babiri bo muri Rubavu bafatanwe ibiro 250 by’urumogi bagejeje mu Rwanda babinyujije mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, ruturutse muri Congo (RDC).
Umuryango AJIC urwanya Ruswa n’akarerengane mu karere ka Ngororero ugaragaza ko kutarangiriza imanza ku gihe byahombeje Leta miliyoni zirenga 40.
Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2016, abakobwa bongeye kwigaranzura basaza babo, yaba mu bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Polisi y’Igihugu yasabye abatwara abantu n’ibyabo ku magare mu Mujyi wa Musanze kugira amakenga ku bo batwaye n’ibyo bitwaje.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira kuba barakuriweho ikimoteri cyari hagati y’ingo bikababangamira.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Mu kigo cya Musanze Poltytechnic kuri iki cyumweru hasojwe ijonjora ry’ibanze ryo guhitamo abahungu n’abakobwa 30 baziga mu ishuri ryigisha Basketball (Academy) rizaba riherereye muri iri shuri.
Mu mwaka wa 2016, bamwe mu baturage bo mu duce dutandukanye tw’igihugu biganjemo urubyiruko, bakunze kurangwa n’imvugo z’umwihariko ndetse n’izindi zitangaje bakuraga ahandi, bakazikoresha mu mvugo yabo ya buri munsi.
Mu mikino y’umunsi wa 12 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, AS Kigali itsinze APR Fc igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umuganga w’Umubiligi ukorera ku bitaro bya Kabgayi ari kubaka ibitaro by’amaso mu murenge wa Runda muri Kamonyi bizunganira ibya Kabgayi.
Umurenge wa Remera wegukanye imodoka itangwa n’Umujyi wa Kigali ufatanije na Polisi y’Igihugu, nyuma yo kurusha isuku n’umutekano indi mirenge.
Abahinga ibishanga mu karere ka Ngoma bavuga ko kureka ubuhinzi bw’akajagari bagahinga umuceri, bigenda bihindura imibereho yabo aho bahoraga bataka inzara.
Mu butumwa bwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2017, Twagiramungu Faustin uyobora ishyaka RDI ritaremererwa gukorera mu Rwanda, yatangaje ko umwaka wa 2016 wasize ibikorwa by’ingirakamaro, bigomba kongerera u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.
Umuvugabutumwa w’Umunyarwanda witwa Corneille Karekezi uba muri Nigeria agiye kumurika umuzingo w’indirimbo (Album) ze yise “Jye ndi umugeni wa Yesu”.
Jimmy Mulisa utoza ikipe ya APR FC, yatangaje ko yizeye intsinzi mu mukino uzahuza ikipe ye n’ikipe ya AS Kigali.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare batangaza ko bagirirwa nabi n’Abarembetsi babaziza ko babatanzeho amakuru ngo bafatwe.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko amafaranga bagikuramo yabakungahaje kuburyo ngo bamaze kubona akamaro ko kugihinga.
Sous Lieutenant Seyoboka Henry Jean Claude ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yanze umwunganira mu mategeko witwa Me Uwimana Channy.
Nyuma y’imyaka itandatu amazu y’ubucuruzi y’ahitwa mu Cyarabu i Huye afunzwe ngo hubakwe amagorofa, ba nyirayo batangiye kuyasenya ngo hubakwe.
Ikigo 94Histudio gikora ibijyanye na filime n’umuziki, cyemeye gutunganya ku buntu indirimbo 20 zo Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rurahamagarira abikorera mu mujyi wa Kigali bakorera mu nzu zagenewe guturwamo gukurikiza icyemezo cy’Umujyi wa Kigali bakimuka muri izo nzu.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangaza ko ba rwiyemezamirimo bagurisha amazi batazakurikiza ibiciro bishya by’amazi bazabihanirwa.
Nyuma y’ibiganiro hagati ya Ferwafa n’ikipe ya Pépinière yemeye gusubira muri Shampiyona aho izasubukurira ku mukino wa Rayon Sports.
Abasore babiri bivugwa ko bari bambaye nk’abasirimu bakoresheje amayeri biba ibihumbi 75RWf umukobwa ukorera mu mujyi wa Musanze, bahita baburirwa irengero.
Imirimo yo kwagura imihanda ireshya n’ibilometero 54 yo mu mujyi wa Kigali yaratangiye.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe batangaza ko batewe n’icyorezo cy’amasazi yibasira inka zabo, bigatuma zitarisha bityo umukamo w’amata ukagabanuka.
Uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah aratangaza ko Rayon Sport iramutse imutanzeho umukandida wo kwiyamamariza kuyobora Ferwafa atabahakanira
Ubuyobozi bukuru bwa Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) iramenyesha abafatabuguzi bayo ko kugura amashanyarazi byongeye gukora nkuko byari bisanzwe.
Abatuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara,baravuga ko iteme n’umuhanda bibahuza n’umurenge wa Mugombwa ryangiritse bikadindiza ubuhahirane.
Umuceri u Rwanda rwohereza mu mahanga wikubye inshuro 230 mu gihembwe cya 2015-2016 ruhinjiriza ayikubye inshuro 468 ugereranyije n’igihembwe cyabanje cya 2014-2015.
Ababyeyi basaga 80 mu karere ka Ngoma batangije centre “Amizero” izajya ifasha abana bafite impano mu mupira w’amaguru kuyiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buraburira abahinzi ko nibakomeza kotsa ibigori, umusaruro wabyo uzagabanura, bagahomba kandi bagomba kubona inyungu bakikenura.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barishimira amahirwe bahawe yo kwandikisha abana mu gitabo cy’irangamimerere.
Mu mukwabu ngarukamwaka wiswe “Fagia” Polisi y’u Rwanda ifatanije na Polisi mpuzamahanga (Interpol) yafashe ibiciruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni 140.6RWf.
Abagore bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko nubwo bafite amahirwe menshi yo kubona amafaranga, batayigengaho.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bugarijwe n’ubujura bw’amatungo n’ubw’imyaka bejeje.
Urwego ngenzuramikorere ruzwi nka RURA, rubicishije mu itangazo rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori mu Rwanda byazamutse.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro batangaza ko umubyeyi ubyariye mu rugo acibwa ibihumbi 10RWf, ibintu bafata nk’akarengane bakorerwa.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko iyo urubanza rwaciwe ntihabeho irangizarubanza ku gihe biba bibangamiye uburenganzira bwa muntu.
Bamwe mu bakoze imirimo yo kubaka mu muhanda Save-Mamba-Gikonko mu Karere ka Gisagara bahangayikishijwe no kuba umwaka urangiye batabonye amafaranga bakoreye.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari n’ubucuruzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera baratangaza ko kwandikisha abashitsi mu ikayi y’umudugudu byatumye barushaho kugira umutekano.