Umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri n’igice yahiriye mu nzu bimuviramo urupfu, nyuma y’uko ababyeyi be bamufungiranye mu nzu bakajya mu kabare.
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports iciwe amande na CAF ndetse n’abayobozi bayo bane bagahagarikwa, Caleb nawe yahagaritswe imikino ibiri
Nyuma yo kuvugwaho gushaka gutanga ruswa ku basifuzi basifuye umukino na LLB wabereye i Burundi, abayobozi bane ba Rayon Sports bamaze guhagarikwa na CAF
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahagarikwa, Ndakubana Bertin w’imyaka 59 y’amavuko ntarakandagira mu kiliziya kubera amagambo y’agashinyaguro Padiri Athanase Seromba yababwiye igihe bamuhungiragaho.
Gasana Joel yakoze porogaramu yitwa CompanionApp, ifasha abaganga gukurikirana umunsi ku munsi ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida, ndetse no kumenya niba bafata imiti igabanya ubukana uko bikwiye.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 anganyije na Kenya igitego 1-1 mu mukino wabereye muri Kenya
Imodoka y’umupadiri yabuze feri ubwo yari ageze kuri Santarari ya Gaseke yo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, igonga abakirisitu barindwi.
Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye mu Rwanda, zahise zisurubira i Burundi igitaraganya zitahamaze kabiri.
Umujyi wa Kigali watangije ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka umudugudu uzatuzwamo abari batuye mu gace gaherere i Nyarutarama kazwi nka "Bannyahe."
Mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Rtd Brig Gen Sekamana atsinze Rurangirwa Louis, atoerwa kuyobora Ferwafa imyakana ine
Impunzi z’Abarundi zari ziherutse guhungira mu Rwanda ariko zanga kubarurwa na zimwe muri serivisi zagenerwaga zirimo ubuvuzi, zahisemo gutahuka zisubira i Burundi.
Ibihumbi by’urubyiruko rugize umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi berekeje mu Karere ka Nyanza mu bikorwa byo gufasha abaturage.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’amashuri abanza baravuga ko ikibazo cy’ibitabo bidahagije mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza kibangamiye umuco wo gusoma.
Noella Ihirwe yakoreye iyicarubozo umukobwa wamukoreraga mu rugo amushinja kumwiba telefone, ariko urukiko rw’ibanze rwa Ngoma rumukatira igifungo cy’amezi atanu gisubitse.
Yifashishije urugero rwa Sahel, Minisitiri Mushikiwabo yagaragaje uburyo kudahuriza hamwe kw’Abanyafurika bigira ingaruka mu gukemura ibibazo byugarije umugabane wa Afurika.
Kuri uyu wa Gatanu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya Rayon Sports irakina umukino w’ikirarane na ASPOR yari yatsinze 5-0 mu mukino ubanza
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali byazamutseho 5% na 7% ku ngendo zo mu Ntara.
Turikumana Isaie wiga mu mwaka wa gatandatu yakoze radiyo ntaho yabyize, bituma Banki ya Kigali imugenera inkunga ya miliyoni 1Frw yo kumufasha gukomeza amashuri ye.
Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.
Hadutse porogaramu ya telefone yiswe AgriGO ikora nk’ikayi y’umuhinzi izajya ifasha abakora mu bikorwa by’ubuhinzi kubukurikirana no kubona ubujyanama ku buntu.
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byabaruwe byakozwe ari 5,580, byaragabanutseho 2.1%, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2017.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Immaculle, yabwiye abayobozi b’uturere ko abiyumvishaga ko ntacyo agomba kubabaza mu mikorere y’uturere bayobora bibeshya.
Abayobozi b’uturere basabwe guhora basangira amakuru kuri ba Rwiyemezamirimo baha amasoko, kugira ngo hirindwe ko abambuye abaturage bongera guhabwa amasoko.
Assiel Muhayimana ukomomka i Kinazi mu Karere ka Huye akora ibikoresho birimo ingorofani n’amasuka yifashishije imashini yikoreye, kandi ngo yiteguye kuzahanga imirimo 50.
Impunzi zo mu nkambi zitandukanye zo mu Rwanda zongeye kwigaragambiriza icyarimwe, zivuga ko zidashaka ubufasha zigenerwa, bituma Polisi y’Igihugu ifatamo 33 bashinjwa gushishikariza abandi kwigaragambya.
Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB kirizeza) abakunzi b’umuco nyarwanda ko kirimo gushakisha abashoramari bazubaka site zitandukanye zikorerwamo ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Ku mukino wa nyuma wa Okoko Godefroid werekeje muri Espoir Fc, atsinzwe na APR Fc ibitego 4-0 mu mukino wabereye i Gicumbi.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’abayobozi bo mu nzego z’ibanze yabibukije ko inshingano zabo ari ugufasha abaturage kubaho neza ku isi, bitegurira kuzabaho neza mu ijuru.
Perezida Paul Kagame avuga ko arambiwe abayobozi bananirwa kuzuza inshingano bahawe, bagahora basaba imbabazi ariko ntibikosore.
Perezida Paul Kagame atangiza Umwiherero w’abayobozi bo mu Nzego z’ibanze, yabasabye guhora batekereza uburyo bwo gukorera neza abaturage kuruta gukora bagamije inyungu zabo bwite.
Ngendahayo Jonatha w’imyaka 15 amaze imyaka ine avuye mu ishuri kubera insimburangingo y’ukuguru yifashishaga yangiritse kand iwabo nta bushobozi bafite bwo kumugurira indi.
Abayobora amatorero mu karere ka Nyagatare, bemeza ko bamunzwe n’ivangura rishingiye ku moko n’uturere abantu baturutsemo.
Madame Jeannette Kagame yasabye abakobwa b’Inkubito z’Icyeza gukoresha ubumenyi bakura mu ishuri bakazana impinduka zo gukemura ibibazo byugarije igihugu.
Perezida Kagame arageza ijambo ku bayobozi b’ibanze mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Umwiherero wabo, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018.
Mu mukino wa kabiri wa gicuti Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 yakinnye yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro
Gutanga serivisi nziza ku bagana ibigo binyuranye ngo ni byo bituma iterambere ry’u Rwanda ryiyongera, kuko ibyo abantu bakora byose bigenda neza bikabungura.
Perezida Paul Kagame yashimye Prof Romain Murenzi wigeze kuba Minisitiri w’Uburezi kuba yaramukundishije siyansi, mu gihe yumvaga ari ibintu bihenze kandi bitihutirwa.
Murangwa Eugene wabaye umuzamu wa Rayon Sports mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umukinnyi uzwiho kuba yarakinaga imikino yose yambaye ingofero.
Amikoro make aracyatuma hari ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke badashobora kugaburirira abana babo indyo yuzuye bigatuma bahora barwaragurika.
Minisiteri y’Uburezi yakanguriye Ibigo by’amashuri mu byiciro bitandukanye by’Uburezi gutegura umunsi wihariye wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24 mu mashuri yabo.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibyo u Rwanda rwagezeho rubikesha ikoranabuhanga bihinyuza abarwibazagaho ubwo rwabitangiraga ahagana mu mwaka w’i 2000.
Umuryango witwa Imaginary wita ku iterambere ry’imibare n’ubumenyi, urimo kumurika ikoranabuhanga rikoreshwa cyane cyane mu rwego rwo kwiyigisha no kumenya imibare ari na ko barushaho kuyumva mu buryo bworoshye no kuyikunda.
Mu nama yiga ku iterambere rya Siyansi muri Afurika, hatangijwe ikinyamakuru bise " Scientific African " kizajya gitangarizwamo amakuru y’ubumenyi n’ubushakashatsi mu bya siyansi bukorwa ku mugabane wa Afurika
Niyimbona Jean Pierre uzwi cyane mu muziki nka Kidumu arembeye mu bitaro aho akeka ko yaba yarozwe.
Umuryango Imbuto Foundation urasaba abana b’abakobwa kugira umuhate wo gutinyuka amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga kugira ngo bagire ubumenyi bwo kuvumbura kuko ariho isi yerekeza.