U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano y’imikoreshereze y’ikirere (BASA) aho indege za RwandAir zemerewe bidasubirwaho gukoresha ibibuga by’indege byose bya Nigeria.
Ku buryo butoroshye ikipe ya Rayons Sports ibashije gukura intsinzi ku ikipe ya Sunrise, aho iyitsinze ibitego bitatu kuri bibiri, mu mukino wabereye ku kibuga cya Sunrise i nyagatare.
Byumvuhore Faragie afatiwe mu cyuho ashaka gutoroka urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa 26 Werurwe 2018.
Abayobozi bo mu Murenge wa Kimihurura bavuga ko nyuma yo gusura Inzu Ndangamurage ikubiyemo amateka yerekana uburyo ingabo zahoze ari iza FPR –Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, batahanye ishyaka ryo kurwana intambara yo guhashya ubukene mu bahatuye.
Umugezi wa Sebeya umenyereweho kuzura ugasenyera abaturage watangiye gukorerwa inzira ndetse no no gushyirwaho inkuta zituma itongera kuzura ngo yirare mu baturage ibasenyere.
Perezida Paul Kagame atangaza ko abanyeshuri bakwiye gufashwa gutanga ibisubizo ku bibazo byugarije Afurika n’isi, aho kugira ngo ubumenyi bahabwa bube ubwo mu bizami gusa.
Abakobwa bataha mu macumbi ari munsi ya katedarali ya Butare bahangayikishijwe n’abajura bahadutse basigaye babambura amasakoshi n’amatelefone, nimugoroba batashye.
Ikipe ya APR Fc yatsinze Etincelles igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane wabereye i Rubavu
Mu gihe hasigaye iminsi mike u Rwanda rukunamira ku nshuro ya 24 abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu murenge wa Gatsata muri uku kwezi habonetse imibiri y’abatutsi barenga 20 bishwe muri jenoside.
Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu gihugu cya Uganda, aho ari bugirane ikiganiro cyihariye na Mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.
Shehe Bahame Hassan watumiwe mu mwiherero w’abagize Inama y’Igihugu y’Abagore(CNF), avuga ko Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) ihangayikishijwe n’ibibazo birimo amavunja.
Munyaneza Didier ukinira ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu, niwe wegukanye isiganwa ribimburira andi masiganwa ya Rwanda Cycling Cup 2018
Abakinnyi 15 bakina Teakwondo na Para-Taekwondo berekeje muri Maroc muri SHampiona y’Afurika, aho biteguye kwegukana imidari irenze itanu
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Patrick Ndimubanzi, yavuze ko abantu batagomba gutezuka kuri gahunda zo kwirinda SIDA, nubwo imiti igabanya ubukana bwayo iboneka
Mukundwa Safi, umuyobozi w’umuryango ‘Safi Life Organization’ (SLO) avuga ko ubufasha yahawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatemaguwe ariko akabaho, bwatumye yiyemeza gufasha abandi.
Banki ya Kigali iratangaza ko yamaze gushyiraho ingamba zikomeye mu rwego rwo kurinda amafaranga y’abakiriya bahangana n’ibitero byifashisha ikoranabuhanga, ariko inaburira abaturage uburyo bakoresha ikoranabuhanga kuko bashobora kwikururira ubwo bujura.
Akenshi Kamere muntu ituma abantu batabasha kwakira ibibi bibabayeho, akenshi ugasanga bitotombera Imana bibaza icyo yabahoye .
Umuyobozi wa Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ,Radio France Inter, Laurence BLOCH yavuze ko nawe ubwe yahangayikishijwe cyane n’amagambo yatambutse kuri Radio akuriye, mu kiganiro cyari kiyobowe n’umunyamakuru Ali Baddou.
Mu Rwanda kugeza ubu hari abaganga babaga mu mutwe batarenga bane bigatuma ibitaro bihorana urutonde rurerure rw’abashaka ubwo buvuzi.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yemereye abacuruzi bato gutangira inganda ariko bagaharanira kuzamukana ubuziranenge.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko itazategeka Abanyarwanda umubare w’abo buri wese yabyara, ahubwo itangaza ko hateganywa ikigega buri wese azazigamamo.
Nigeria nka kimwe mu bihanganye bya Afurika yatunguranye ntiyasinya ku masezerano yasinyiwe i Kigali, mu nama yari ihateraniye y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ibihugu byasinye amasezerano yo kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha (Air Condition na Frigo), bihumanya ikirere bizatangira kubisimbuza, bityo n’ibindi bihugu bitasinyeaya masezerano biboneraho kuyasinya.
Daniel Habanabakize, umusore w’imyaka 25, wo mu Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare yatangiye umushinga wo gukora amagare y’abafite ubumuga none umwinjiriza asanga ibihumbi magana buri kwezi.
Ndizeye Jimmy na Kalisa Francois batozaga Espoir bamaze gusezererwa nyuma yo gushinjwa umusaruro muke mu gice cya mbere cya Shampiona y’uyu mwaka
Dr Ljubomir "Ljupko" Petrović utoza APR Fc aratangaza ko ikipe ye ifite ikibazo cy’ubusatirizi nyuma yo kunganya na Espoir Fc kuri uyu wa Gatatu
Bamwe bashobora kuba batangiye kwiruhutsa ngo “ya nama irarangiye, imihanda igiye kongera ibe nyabagendwa”, ariko hari ibintu bimwe idusigiye bitazibagirana mu buzima bwacu.
Muri tombola y’imikino ya Play-off muri CAF Confederation Cup, ikipe ya Rayon Sports itomboye Costa do Sol yo muri Mozambique.
Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba mu Bufaransa ryamaganiye kure amagambo yavugiwe kuri Radio France Inter, apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagereranyaga abishwe muri Jenoside n’ibigoryi.
Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo haza gutangira ku mugaragaro isiganwa rya Rwanda Cycling Cup rigera mu ntara zose z’u Rwanda
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
Muri tumwe mu tugari tugize Umurenge wa Muhima uherereye mu Karere ka Nyarugenge, abaturage barinubira Umutekano muke uterwa n’ubujura bukabije buharangwa, busa n’ubwananiranye ngo kuko bumaze kumenyerwa n’abatuye muri utu tugari.
Abanyamuryango 10 ba Sacco Dukire Ndego yo mu karere ka Kayonza bari mu rubanza baregamo uwahoze ari umucungamari n’uwari ushinzwe inguzanyo muri icyo kigo.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo ikipe ya Rayon Sports iza kumenya ikipe bazahura muri 1/16 (play-off) cya CAF Confederation Cup muri Tombola ibera i Cairo
Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo APR Fc iraza kwakira Espoir Fc idafite bamwe mu bakinnyi barimo Hakizimana Muhadjili
Umuyobozi wa Trade Mark East Africa yateze moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw z’inkunga iki kigo cyageneye Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi (MIECOFIN).
Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, umutoza Mashami Vincent yahamagaye Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 agomba kuzakina na Kenya
Kaminuza eshanu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), ziraganira ku buryo iterambere ry’ubukungu ryajyana no kwita ku mibereho y’abantu.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abakeka ko guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bizakumira amahanga.
Perezida Paul Kagame yahaye ikaze Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou wageze mu Rwanda bwa mbere , mu ba perezida bitabira inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mu gihe insengero zitujuje ibyangombwa zahagurukiwe zimwe zigahagarikwa izindi zigasabwa kubyuzuza kugira ngo habungwabungwe umutekano w’abazisengeramo, hari ahandi hantu hakunze gusengerwa na ho hakwiye kurebwaho.
Abayobozi batandukanye bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko ingufu zikenerwa ahantu hatandukanye zikiri nkeya cyane kuko zitarenga Megawatts 4000.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi muri Afurika bikwiye kujyana n’ivugururwa ry’ayagenderwagaho mu bihugu.
Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene yemeza ko kaminuza zo mu gihugu zidatanga amasomo yarufasha mu iterambere rirambye, ariko akemeza ko biterwa n’ubushobozi buke.