Bamwe mu Ubumenyingiro mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe ruherereye mu karere ka Rusizi, basaba bakongererwa amasaha yo gushyira mu bikorwa ibyo biga.
Umuyobozi w’umuryango Mo Ibrahim yemeza ko abantu bamwumva nabi iyo anenga abayobozi batandukanye, akemeza ko anenga abayobora nabi gusa.
Imodoka itwara abagenzi ya sosiyete RITCO yavaga mu Mujyi wa Rubavu yerekeza i Kigali ifashwe n’inkoni y’umuriro igeze muri Gakenke irakongoka ariko nta mugenzi ukomerekeyemo.
Baturage Jean Nepomscene wari umucungamutungo muri Sacco Isange Karama yo mu Karere ka Nyagatare yibye arenga miliyoni 3Frw ahungira Uganda.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara uri mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yerekwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Djihad Bizimana wakiniraga ikipe ya APR Fc, yahawe amasezera y’ imyaka itatu mu Ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi yitwa Waasland-Beveren, agurwa amafaranga ibihumbi 200 by’AmaEuro asaga miliyoni 209 z’Amanyarwanda
Uko iterambere mu ikoranabuhanga rirushaho gukataza ku isi, ni nako abarikoresha baba bagomba kugendana n’uwo muvuduko kugira ngo hatagira ikibacika.
Mu gace ka gatanu ka Tour du Senegal, Bonaventure Uwizeyimana yegukanye wa kabiri, ahita anaza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange
Sena y’u Rwanda yasabye inzego kugaruza za miliyari zimaze guhombera mu gukoreshwa nabi no kunyereza umutungo wa Leta.
Bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Gasinga, mu Murenge wa Rwempasha wo mu Karere ka Nyagatare, bahitamo kujyana abana babo ku ishuri babahetse mu mugongo, kubera ikibazo cy’umwuzure wuzuye mu nzira igana aho biga.
Abantu batanu bitabye Imana bazize inkangu yaridutse igasenyera umuryango umwe w’abana bane n’umubyeyi wabo.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko ibiciro bihanitse by’amashanyarazi n’inyungu nini amabanki asaba biri mu bibangamira ishoramari mu Rwanda.
Bamwe mu barokokeye mu cyahoze ari komine Gitesi, ubu ni mu Karere ka karongi, bavuga ko kuba batarabonye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside ngo babashyingure ngo bituma banga guheba bakibwira ko baba bakiriho.
Mu mukino w’ikirarane w’igikombe cy’Amahoro wa 1/8 wabereye i Rubavu, Etincelles yanganyije na Rayon Sports igitego 1-1
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Mata 2018 Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Umusirikare wo muri Amerika wari mu ntambara yo guhashya iterabwoba mu gihugu cya Afghanistan, yaturikanywe n’igisasu igitsina cye kirangirika, ndetse n’udusabo twe tw’intanga turangirika.
Igice kinini cy’ubuhinzi mu Rwanda no muri Afurika muri rusange kihariwe n’abagore ariko ibibazo bahura nabyo bidindiza umusaruro babukuramo.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irizeza ko ntawakongera koshya Abanyarwanda kwica abandi, ishingiye ku myumvire y’Abaturage n’uburyo bamaze kujijuka.
Ingabo z’igihugu ziyemeje gufasha abaturage batuye habi n’abandi bafite ibibazo bijyanye n’isuku nke, muri iki gihe ziri mu gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage.
Henshi na henshi mu Rwanda abantu bakenera serivise z’abanoteri, bakundaga kwinubira ko zikunze gutinda, bitewe cyane cyane n’umubare munini w’abazikeneraga udahwanye n’umubare w’abazitanga.
Umujyi wa Kigali wanyomoje amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko nta bisi izwi nka “Coaster” izongera gukandagira mu muhanda, zigasimbuzwa bisi nini zigezweho.
Perezida Kagame yongeye kwitabira umuhango wo kwerekana filime “The Royal Tour: Rwanda” ivuga ku Rwanda, bwa mbere mu Mujyi wa New York.
Mu mukino wabereye ku kibuga cyuzuyemo ibyondo, APR Hc yatsinze ikipe ya ADEGi Gituza ibitego 30 kuri 22
Filime ’ Rwanda Royal Tour’ ivuga ku Rwanda izerekanwa bwa mbere kuri Televiziyo y’u Rwanda (TVR) kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mata 2018.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, MIDIMAR, iratangaza ko hamaze kubarurwa abantu 19 bahitanywe n’imvura yaguye mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Mata 2018.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kuri uyu wa 24 Mata 2018 cyasheshe amasezerano aha Radio Amazing Grace uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.
Intumwa ziturutse mu ihuriro ry’ibigo bygisha abana umupira w’amaguru muri Oman, zageze mu Rwanda aho zije mu biganiro byo guteza imbere umupira w’abana mu Rwanda
Ikibazo k’ibihingwa by’imboga zidahagije ku masoko kiri mu byahagurukije ingabo z’igihugu muri aya mezi ziri mu bikorwa bigamije kugirira abaturage akamaro.
Ndikubwimana Augustin wari umupadiri muri Diyosezi ya Gikongoro yahagaritswe imyaka ibiri, ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi.
Perezida w’urukiko rw’Ikirenga Prof.Samu Rugege aravuga ko abanyamategeko bo mu Rwanda batangiye gukoresha uburyo bushingiye ku manza zaciwe mu gutanga ubutabera (Common law).
"Rwanda the Royal Tour" filime mbarankuru igaragaramo Perezida Paul Kagame yamuritswe bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mata 2018 mu Mujyi wa Chicago.
Kuri uyu wa mbere Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Chicago Rahm Emanuel.
Mu gace ka kabiri ka Tour du Senegal, isiganwa rizenguruka Senegal, umunyarwanda Munyaneza Didier yegukanye umwanya wa kane akoresheje ibihe bingana n’iby’uwa mbere
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komine Rwamatamu ubu ni mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bazinutswe urusengero rw’Abadivantisiti rwaguyemo imbaga y’Abatutsi, bagasaba ko rwaba ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside muri aka gace.
Batatu batuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi, Colonel Bahizi Théodomir yabahaye amashashi y’ihene ahaka kubera kumenya intwaro ikomeye u Rwanda rufite.
Umunyarwanda Kagere Meddie ukinira ikipe ya Gor Mahia, yamaze kugera i Kigali aho aje kurahirira ubwenegihugu yemerewe
Benshi bamumenyereye mu itangazamakuru kuri Televiziyo y’u Rwanda, avuga amakuru ndetse anakora ibiganiro bifasha abantu gususuruka.
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’uko Abanyarwanda batagana ibigo by’ubwishingizi, bikaba ari imwe mu mpamvu zahagurukije ibigo by’ubwishingizi kwegera Abanyarwanda.
Abakinnyi 11 barimo Kagere Meddy ufite inkomoko mu gihugu cy’Ubugande, bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, bubemerera gukinira mu Rwanda nk’Abanyarwanda.
Mu cyobo kizwi nka CND giherereye mu Gahoromani mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, hamaze gutaburwa imibiri irenga 120 ariko ngo ishobora kwikuba uko bakomeza gushakisha.
Abaturage n’abashinzwe gukora ibikorwa by’ubutabazi baratangaza ko bamaze gukura imibiri igera ku 120 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu cyobo cyari cyariswe CND.
Ikipe ya Kiyovu na Rayon Sports zaguye miswi mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiona, umukino wabereye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bahungiye mu Kigo cya Caraes, bashengurwa n’uko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bahisemo gukiza imbwa yabo bo bakabihorera.
Umuryango “Healthy People Rwanda” uvuga ko abana bashobora gukoreshwa mu kwirinda impanuka zihitana Abaturarwanda basaga 2,172 buri mwaka.
Imibiri myinshi y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imaze kuvumburwa i Kabuga ahitwa mu Gahoromani mu cyobo cyari cyariswe ’CND’ muri Jenoside.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 isezereye iya Kenya mu mukino wo kwsihyura wabereye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo
Muri Tombola y’amatsinda ya CAF Confederation Cup, Rayon Sports itomboye itsinda ririmo Gor Mahiana Yanga zikinamo abanyarwanda babiri