Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo (Brazzaville) yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Leta ya Amerika yasohoye itangazo ryihanganisha Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka ariko uburyo ryanditswe byateye bamwe kwibaza impamvu batise Jenoside inyito yayo.
Uwitwa Nsengiyumva Francois afunzwe azira amagambo yavuze agaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside no kuba yaraguze umuhoro akigamba ko agomba gutema abaturage.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) urasaba ko hakwiye kubaho imitegurire yihariye y’abakoze Jenoside basoza ibihano, mbere y’uko basubizwa mu miryango.
Mu biganiro Komisiyo yo kurwanya Jenoside CNLG irimo guha abaturage, hatangajwe uburyo Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zitarwanyaga umuntu utazisagariye.
Abanyarwanda bibumbiye muri Diaspora ya Brisbaine muri Australia, bifatanyije n’abaserukiye u Rwanda mu mikino ya Commonwealth mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hashyirwa imbaraga cyane cyane mu bikorwa by’isanamutima, kuko bigaragara ko uruhare rwabo rukiri rukeya.
Hashize imyaka 24 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, ariko ingaruka zayo zikigaragara ziri mu bituma intimba y’ababuze ababo idashira uko imyaka ishira.
Polisi y’ u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yagaruje amagaziye 70 yari yibwe mu ruganda rwa SKOL, afite agaciro k’asaga 1.200.000 Frw.
Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka, kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bacanye urumuri rw’icyizere.
Perezida Kagame aratangiza ibikorwa byo Kwibuka ku Nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Bonhomme uririmba indirimbo zihumuriza benshi mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi zikabafasha kwibuka kandi biyubaka, yashyize hanze indirimbo ishimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside zigakura Abatutsi bicwaga mu kaga.
Mu mvura nyinshi Rayon Sports itsinze Costa Do Sol yo muri Mozambique ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Iyi nkuru ije ikurikira iyo duherutse kubagezaho muri iki cyumweru, aho umuyobozi w’Akarere ka Musanze Habyarimana Jean Damascene yatamaje bamwe mu bayobozi mu ruhame.
Intumwa Gitwaza kimwe n’abandi bavugabutumwa bo mu Rwanda, bakunze kuvugwaho guhanurira abakirisitu babagana, babaturiraho ibintu byiza runaka bigiye kubabaho.
Abayobozi b’Umuryango Global Health Corps uharanira kubaka abayobozi bafite ubushobozi buhamye mu rwego rw’ubuzima, baritegura kwerekeza mu Bwongereza kwakira igihembo bagenewe.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze afunzwe akurikiranyweho urupfu rw’umwana uherutse guhira mu nzu.
Hari abagabo bo mu Karere ka Rusizi bafite imyumvire itangaje, bakeka ko umugabo wifungishije akonwa nk’ihene bikamuviramo kutongera gutera akabariro.
Ikipe ya Rayon Sports irakira Costa do Sol yo muri Mozambique mu mikino ya CAF Confederation Cup, umukino ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu buzima bw’ishyamba, ntawinjira mu ndiri y’intare ngo ayicire ibyayo agende ari muzima, kereka iyo nayo ayambuye ubuzima.
Abenshi mu babyeyi b’iki gihe, bakunze kwinubira ko urubyiruko rw’ubu rudakozwa umurimo, rwumva ko rwakwicara rukagaburirwa rutakoze.
Aborozi b’ingurube bavuga ko hari abamamyi bakunze kwitambika hagati y’abaguzi b’ingurube na ba nyirazo bigatuma bagurisha kuri make bikabateza igihombo.
Urugaga rw’amakoperative 100 acukura amabuye y’agaciro rwari rwarasenyutse kuva muri 2014, rwongeye kwiyubaka rwiyemeza gufatanya n’abandi kubahiriza icyufuzo cya Leta.
Mu mukino wari wasubitswe kubera imvura, wasubukuwe kuri Stade Mumena, Bugesera yari yakiriwe inganya na Kiyovu Sports igitego 1-1
The Rock umukinnyi w’ikirangirire muri Hollywood yahawe ingagi azabera ‘Parrain’, nyuma y’uko filime aherutse gukina yatumye akunda ubuzima bw’ingagi akiyemeza kuba umuvugizi wazo.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane ufite umwana witwa Ndahiro Iranzi Isaac w’imyaka itanu y’amavuko, arasaba uwabishobora wese kumufasha kubona itike yo gusubiza umwana we mu Buhinde kugira ngo avurwe ahatarakira neza.
Umutoza Kayiranga Baptiste wamenyekanye cyane mu ikipe ya Rayon Sports, yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagore
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 3 Mata 2018, Ikigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa,RCS, kiratangaza ko ku bufatanye n’abaturage cyafashe Batambarije Theogene wari umaze amezi atandatu atorotse gereza ya Nyanza.
Ntamuhanga Yusufu ukomoka mu Karere ka Rubavu yashimiwe kuba yararokoye abantu benshi barimo na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango Nyirasafari Esperance.
Umutoza wa Real Madrid Zinedine Zidane yatangajwe n’igitego umukinnyi we Christiano Ronaldo yatsinze ikipe ya Juventus.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Kiyovu Sports na Bugesera ukaza gusubikwa kubera imvura yari yishe ikibuga urasubukurwa kuri uyu munsi
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoze amakosa anyuranye, bihanangirijwe mu ruhame ndetse basabwa kwisubiraho bitaba ibyo bagasezera akazi kagahabwa abandi.
Urubyiruko ruhurira mu matsinda yo gukiza no komora ibikomere akorana n’umuryango Never Again Rwanda (NAR) rwemeza ko abafasha gukira ihungabana rikomoka kuri Jenoside.
Mu mikino ya 1/8 ibanza mu gikombe cy’Amahoro, APR Fc yatsinze La Jeunesse naho Amagaju na Police zitsindirwa hanze
Umukuru w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, aranenga abayobozi basuzugura ubushobozi bw’abo bayobora, aho bibwira ko hari zimwe muri gahunda zibagenewe badashobora kugishwaho inama ngo kuko zirenze imyumvire yabo.
Umuryango Idea 4 Africa wakomeje gahunda yawo yo guha ubumenyi abanyeshuri, aho kuri iyi nshuro yahuguye abarimu uko bakwitwara mu gihe bari kwigisha urubyiruko kwihangira imirimo.
Bamwe mu bakuru b’imidugudu bavuga ko abayobora amatsinda y’ingo yiswe “amasibo”, babagabanirije imvune bagiraga mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bayobora umurenge wa Kinyinya biyemeje guhindura agace batuyemo k’Umujyi wa Kigali, babikomoye ku ishyaka ry’Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zagaragaje mu rugamba rwo kubohora igihugu.
Abantu bane bari bagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye ya Gasegereti giherereye mu Murenge wa Mwurire mu karere ka Rwamagana kuva ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, babashije gukurwamo ari bazima.
Boniface yahagaze imbere y’imbaga y’abitabirye misa asaba imbabazi abo yiciye abantu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Rwanda harakorwa ubukangurambaga bwiswe ‘Impuruza’ nyuma y’aho ku isi bigaragariye ko mu bana 10 bafite ubumuga umwe gusa ari we wiga.
Umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri n’igice yahiriye mu nzu bimuviramo urupfu, nyuma y’uko ababyeyi be bamufungiranye mu nzu bakajya mu kabare.
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports iciwe amande na CAF ndetse n’abayobozi bayo bane bagahagarikwa, Caleb nawe yahagaritswe imikino ibiri
Nyuma yo kuvugwaho gushaka gutanga ruswa ku basifuzi basifuye umukino na LLB wabereye i Burundi, abayobozi bane ba Rayon Sports bamaze guhagarikwa na CAF