Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Werurwe 2018, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène wari Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, yitabye Imana azize uburwayi bwa kanseri yo mu maraso yari amaze igihe arwaye
Perezida Paul Kagame yemeza ko nubwo isi iri kugenda ishyuha uko iminsi ishira, abantu bakwiye gutekereza uko ubwo bukana bwagira akamaro, bukanifashishwa mu kurinda abantu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ku bufatanye n’umuryango ‘Rwanda Legacy of Hope’ bagiye kuzana abaganga b’inzobere mu kubaga mu mutwe hagamijwe kuvura indwara z’ubwonko.
Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Nyabimata, inkuba yakubise abantu basaga 40 barimo basenga, 15 muri bo bahita bashiramo umwuka.
Mu kiganiro cy’Iyobokamana cyitwa Inspiration on Sunday kiba buri cyumweru guhera Saa mbiri z’amanywa kugera Saa yine n’igice kuri KT RADIO, Pasiteri Mpyisi ukomoka mu idini y’Abadivantisiti, azaganiriza abantu Ku ifungwa ry’insengero zitujuje ubuziranenge rimaze iminsi rikorwa.
Ubushakashatsi bwakozwe na TI - Rwanda bwamuritswe kuri uyu wa gatanu tariki 09 Werurwe 2018 bugaragaza ko hirya no hino mu gihugu hari ibikorwa bya Biogaz, amashyiga ya rondereza na cana rumwe ndetse ningufu zikomoka ku mirasire yizuba byubakiwe abaturage ariko ntibyatanga umusaruro byari byitezweho.
U Rwanda na Tanzania byiyemeje gutangira kubaka inzira ya gari ya moshi Isaka-Kigali mu kwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka wa 2018.
Akanama gashinzwe amatora y’Umuyobozi wa FERWAFA ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi, kemeje Kandidatire ya Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene, wiyongereye mu bifuza kuyobora iri shyirahamwe.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yihanangirije abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Common Wealth), kudahirahira gutoroka.
Mu minsi ya vuba ibicuruzwa bituruka ku cyambu cya Dar Es Salaam bishobora guhenduka, nyuma y’uko serivisi zatangirwaga kuri iki cyambu zazanywe i Kigali.
Mu myaka isaga 15 ishize, The Ben yari wa muhanzi wari witeguye gukora ibishoboka byose ku rubyiniro, kugira ngo abe yakwishimirwa n’abamureba.
Umuryango Imbuto Foundation wongeye guhemba abakobwa bitwaye neza muri gahunda yayo yise “Ba Inkubito z’Icyeza n’Ishema ry’abakobwa” yabereye mu Karere ka Muhanga.
TMC wo mu itsinda rya Dream Boys yaturitse ararira, ubwo yavugaga ku ndirimbo bise "Wagiye Kare", indirimbo avuga ko imwibutsa se witabye Imana TMC afite imyaka 10, ntabashe no kugira amahirwe yo kumushyingura.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’Amagare igiye kugaruka mu Rwanda, nyuma yo kugera muri Cameroun bakakirizwa inkuru y’uko irushanwa rya Tour du Cameroun bari bitabiriye ritakibaye.
Abagore 70 bo mu Karere ka Rubavu bashyikirijwe inkunga igera kuri miliyoni 3Frw, izabafasha mu mishinga ituma batongera gusiga abana ku mupaka.
Abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe bateraniye i Kigali, bumvikanye ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ubucuruzi muri Africa (Continental Free Trade Area).
Uwahoze ari umuvugizi w’ubushinjacyaha akaba yarabaye n’umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, yamuritse igitabo yise "Qui Manipule qui " kivuga uko urubanza rwagenze, nyuma y’uko hari benshi bahoraga babimubaza ndetse bamwe bakabivugana uburakari bavuga ko rwabayemo uburiganya no gutekinika.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabagenewe, avuga ko u Rwanda rwishimiye kuba rwaratanze umusanzu warwo mu kubateza imbere.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ku burenganzira bw’abagore, wahuriranye no kwisukiranya kw’ibirego by’abagore bagaragaza ko bagiye bahohoterwa, cyangwa bagafatwa ku ngufu hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba atangaza ko nk’u Rwanda kwirinda malariya ibihugu bituranye ntibigire icyo bikora ntacyo bimaze kuko imibu ikomeza kuzenguruka.
Mugwiza Antoine wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’Akarere ka Nyabihu yeguye ku mirimo.
Ibitabo bya Tom Close bije gusubiza ibibazo abantu bajyaga bibaza ku bijyanye n’uko abana b’iki gihe basigaye bakurana imico ihabanye n’indangagaciro za Kinyarwanda.
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo 0-0, mu mukino wa mbere wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’abaganga bake kuko umuganga umwe yita ku bantu 8.500 yakagombye kwita ku bantu 1000 nk’uko bisabwa na WHO.
Nyuma y’amezi atatu Anastasie Kanakuze abyaye abana babiri bafatanye, hari icyizere ko abaganga bazabatandukanya bagakomeza bakabaho.
Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.
Abagore bagororerwa muri Gereza ya Nyamagabe bahingiye umugore utishoboye ubutaka bungana na hegitari ebyiri, mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi w’abagore.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018, Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango, yirukanye ku kazi Komite Nyobozi y’aka karere, ibahora ubwumvikane bucye mu kazi ndetse n’imicungire mibi y’imari y’Akarere.
Banki y’Isi yateye u Rwanda inkunga ingana na miliyari 46Frw azifashishwa mu bikorwa byo kurwanya indwara yo kugwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abanyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Banda ruherereye mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko batabasha kwiga neza, kubera ikibazo cyo kubura intebe zihagije zo kwicaraho bakiga bacucitse mu ishuri.
Mu Karere ka Musanze ntibarafata umwanzuro ku kibazo cy’imibiri isaga 800 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikomeje kwangizwa n’amazi mu rwibutso rwa Muhoza.
Umwana w’imyaka 13 yavunitse akina na bagenzi be bimuviramo indwara ya Kanseri yamuteye ikibyimba cyananiranye kukivura kandi n’umuryango we ntiwishoboye.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko umuryango mpuzamahanga w’abaganga bavura umutima (Team Heart) wagabanyirije u Rwanda miliyoni 22.5Frw ku murwayi wabazwe umutima.
Umuryango Imbuto Foundation wasinyanye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya Mount Kenya University, yo kurihira abana 100 batishoboye bafashwa n’uyu muryango, amashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwugarijwe n’ikibazo cy’imodoka zitwara abarwayi zizwi ku izina ry’imbangukiragutabara zidahagije.
Valens Ndayisenga na Claude Uwizeye, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda b’umukino w’amagare bamaze kubona ikipe mu Bufaransa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Werurwe, Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasezereye Uwimana Jeaninne uherutse kubagwa ikibyimba kinini yari afite ku gahanga.
Bamwe mu baturage basanga gusabiriza biri mu bituma abantu batagishaka kwitabira umurimo, bakifuza ko hajyaho itegeko rihana abasabiriza ndetse n’ababafasha.
Umuryango utabara imbabare mu Rwanda Croix Rouge washyikirije ubutabazi bw’ibanze burimo ibikoresho by’isuku, imyambaro n’ibiryamirwa imiryango 300 yahuye yasenyewe na Sebeya ubwo yuzuraga.
Hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ba Rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakabambura, bitwaje ngo Leta yatinze kubishyura.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yageneye ubufasha bw’ibanze abanyeshuri bo ku ishuri rya Nyundo baherutse kwibasirwa n’umuvu waturutse ku kuzura k’umugezi wa Sebeya.
Umukinnyi wa filime muri Amerika Lupita Nyong’o yagaragaje ko atewe ishema no gusokoza amasunzu akomoka mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ibirori bikomeye byo gutanga ibihembo bya “Oscars.”
Muri iki gitondo , mu muhanda Rugunga- Nyamirambo habereye Impanuka ikomeye aho Imodoka Suzuki Grand Vitara ifite Purake RAD543Q, igonze Scropion RAC452A, inakomeretsa bikomeye abanyeshuri babiri bajyaga kwiga.
Uwitwa Niyonteze Felix afungiwe kuri sitasiyo ya Bukure mu Karere ka Gicumbi, akurikiranyweho gutera icyuma umumotari wari umutwaye, ariko akaza gufatwa n’abaturage.
Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.
Iradukunda Liliane wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2018 aravuga ko atabona icyo avuga ku manota yagize mu bizami bya leta yazengurukijwe ku mbuga nkoranyambanga amaze kwambikwa ikamba.