Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje i Maputo muri Mozambique, aho ijyanye intego yo gusezerera Costa do Sol, ikandika amateka yo kugera mu matsinda bwa mbere ku ikipe y’u Rwanda
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Dr Sendegeya Augustin uyobora ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, avuga ko bibabaje kuba abaganga barahiriye kwita ku magara y’abantu baravuyemo abicanyi.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth Games) yaberaga muri Australia, iraza gusozwa nta munyarwanda n’umwe ugize igihembo na kimwe yegukana.
Never Again ni indirimbo yaririmbwe n’abahanzi bo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, yafashaga Ababyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 15.
Mgr Servelien Nzakamwita uyobora diyoseze ya Byumba avuga ko yamaze kubabarira abamwiciye umuryango, ariko akababazwa no kuba abo yababariye ntawutera intambwe ngo yicuze ibyo yamukoreye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze ko muri rusange umutekano mu gihugu wari wifashe neza mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yandikiye abayobozi b’uburere bose ibamenyesha ko itazongera kwihanganira imikoreshereze n’imicungire itanoze y’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu mashuri.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) Muhire Louis-Antoine, asanga umuntu utaratabaye Abatutsi bicwaga yari ari mu Rwanda, afite uruhare rutaziguye mu iyicwa ryabo.
Bamwe mu bafatanyabikorwa b’iterambere ry’Akarere ka Rusizi JADF Isonga, bavuga ko batagira uruhare mu igenamigambi ry’ibikorerwa mu karere kabo.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi si abarimu gusa bagiraga uruhare mu guhagurutsa abanyeshuri ngo bivuge ubwoko, kuko hari n’abanyeshuri babigiragamo uruhare.
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yise “Amateka ni ayacu”, umuhanzi Semukanya Aimable uzwi ku mazina ya Sema Jackson atangaza ko abahanzi bakomeye bakwiye kugira umukoro wo kutibanda gusa ku rukundo, ahubwo bakwiye gutekereza n’ibindi byubaka sosiyete.
Abarokeye jenoside ku kiliziya ya Mukarange barifuza ko igihe cyo kwibuka bajya bemererwa misa bibuka umupadiri wanze kwitandukanya n’abatutsi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda Bernard Makuza yavuze ko ubuyobozi bubi ari bwo bwagejeje u Rwanda kuri Jenoside, ariko akishimira ko ubundi buyobozi bwiza ari bwo bwongeye kubaka igihugu.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Inzu 32 zifite agaciro ka miliyoni 704 z’amafaranga y’u Rwanda zizubakirwa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatsi mu karere ka Rubavu.
Abaturage basanze Umukobwa witwa Nirere Clementine n’umuhungu witwa Rwabukamba Emmanuel mu nzu bapfuye, bakeka ko bishwe n’imbabura yabahejeje umwuka.
Minisitiri Amb. Gatete yatangiye kubona ibimenyetso bya mbere by’imikoreshereze mibi y’amafaranga muri MININFRA.
Niyonziza Felicien Perezida wa Ibuka mu karere ka Gatsibo avuga ko imiryango y’Abatutsi barenga 400 bishwe mu byitso itarabona ubutabera.
Karerangabo Stanislas wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera afunzwe nyuma yo gutema inka ebyiri z’umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’abadepite, Hon Mukabalisa Donatilla, yemeza ko gutereranwa no kwibasirwa n’amahanga ari byo byahaye Abanyarwanda imbaraga zo kwigira.
Abakozi b’ikigo cya Zipline gicunga ikoreshwa ry’utudege tutagira abapilote (Drones) cyo muri Muhanga baremeye bamwe mu batishoboye barokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Abayobozi mu nzego zose n’abaturage bo mu Karere ka Rusizi basabwe kurushaho gucunga umutekano mirenge ikora ku mipaka y’ibihugu bya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.
Nyirabanze Clemence ni umubyeyi w’imyaka 56, wo mu Murenge wa Rambura, Akarere ka Nyabihu. Iyo akubwira ibyamubayeho mu myaka 24 ishize ugirango byabaye ejo hashize.
Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko cyababajwe n’umusirikare w’u Rwanda wapfiriye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, aho yari mu Mujyi wa Bangui mu gikorwa cy’ubutabazi.
Harerimana Blaise, ushinzwe igenamigambi mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi aho akurikiranyweho kurigisa mudasobwa enye zibika amakuru y’igenamigambi ry’akarere n’imihigo.
Pascal Nyamulinda wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yamaze kwegura ku buyobozi bw’umujyi, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa ku mpamvu yatumye yegura.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu IBUKA uratangaza ko uri hafi gutangira gukoresha ibizami byo kureba uturemangingo tw’imibiri yabonywe kugira ngo hemezwe uwishwe.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, bahangayikishijwe no kubona ba ruharwa bidegembya.
Imbuto za Pomme n’imizabibu ziva muri Afurika y’epfo zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miriyoni, zangijwe nyuma yo guhabwa akato aho bigaragariye ko zikomeje gutera indwara zidasanze zikomeje gutwara abantu ubuzima.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko cardinal Giuseppe Bertello wari intumwa ya Papa mu Rwanda yahaye umugisha imihoro yatemye abanyarwanda atabizi.
Rwasamirera Jean Damascene wigeze kuba umudepite akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, avuga ko u Bubiligi bukwiye kuzaryozwa uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo kuko ari bwo bwigishije amatwara yayo abayikoze.
Perezida Paul Kagame yemeza ko amateka y’u Rwanda atemerera abayobozi gukora batarasa ku ntego, kuko ibyo bakora bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Umuryango nyarwanda uba mu Bushinwa n’inshuti zabo bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya kane Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urugaga rwabikorera(PSF) rwatangaje ko rugiye kubakira no kuremera ingo zirenga 100 mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingabo za RDF aho ziri hirya no hino mu butumwa bw’amahoro muri Afurika zifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Musanze, buremeza ko Musanze yahoze yitwa Ruhengeri ariyo yabaye indiri yo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside m’u Rwanda.
Murangwa Eugene, yari umuzamu w’Ikipe ya Rayons Sport izwiho kuba yaragize abafana benshi kuva mu bihe bya kera, ndetse no mu bihe by’ubu bikaba bikiri uko.
Polisi irimo gukora iperereza ku rupfu rwa Budesiyana Mukampfizi wo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo wari wararokotse Jenoside akaba yarishwe mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 2018.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangayikishijwe n’uko umubare munini w’Abarundi bakoze ubwicanyi ndengakamere barangiza bakitahira bazagezwa imbere y’ubutabera.
Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo (Brazzaville) yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.