Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.
Iradukunda Liliane wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2018 aravuga ko atabona icyo avuga ku manota yagize mu bizami bya leta yazengurukijwe ku mbuga nkoranyambanga amaze kwambikwa ikamba.
Utuwekigeli Victoire yemeza ko yakize indwara ya kanseri y’ibere kubera ko yamenye ko ayirwaye hakiri kare ahita atangira kuyivuza none ubu ameze neza.
Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria Davido yaraye akoreye igitaramo kitabiriwe n’abantu benshi, bitandukanye n’ibyari byitezwe ko kitari bwitabire kubera imvura yari yabanje kugwa.
Niyitanga Kevin na Hanani Uwineza nibo begukanye umunsi wa shampiyona mu irushanwa rya Triathlon.
Amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu mu mirenge itandukanye y’akarere ka Rusizi, yashinjaga abayobora umushinga “Projet Peche” gushaka kwiharira isoko ry’umusaruro w’amafi n’isambaza biva mu kiyaga.
Ingabo, abapolisi n’abasivile 36 basoje amahugurwa yo kurinda abasivile mu gihe cy’intambara, akazabafasha kwigisha abajya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu biberamo intambara.
Perezida Paul Kagame yagaragaje agahinda yatewe n’igitero k’iterabwoba cyagabwe kuri ambasade y’Abafaransa muri Burkina Faso, kigahitana abantu umunani.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Abantu bane barimo umukecuru bo mu kagari ka Musheri mu Karere ka Nyagatare, bariwe n’imbwa yasaze bajyanywe mu bitaro bya Nyagatare kuvurwa habura urukingo rwo kubatera.
Sergent Major Malanga Bombole umusirikare wa Congo wari umaze iminsi itatu afatiwe mu Rwanda, nyuma yo gutorongera akabura inzira akisanga ku butaka bw’u Rwanda.
Ababyeyi barera abana bahoze barererwa mu bigo by’impfubyi barasaba ko abana bafite babandikwaho mu bitabo by’irangamimerere, bakababera ababyeyi babo mu buryo bwa burundu.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bagaruye icyizere cy’iterambere kubera ibikorwaremezo nyuma y’igihe bugarijwe n’ubwigunge.
Perezida Paul Kagame yatinyuye abatuye Intara y’Iburasirazuba ko EPIC Hotel ari bo yashyiriweho, abasaba kuyigana bakayiteza imbere.
Mu mikino yo ku munsi wa 13 wa Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, Rayons Sport itsinze Gicumbi igitego 1 ku busa, ihita ishyikira mu manota ikipe ya APR Fc iherutse kuyitsinda igitego kimwe ku busa.
Ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa rigiye kuzajya rikoreshwa mu Rwanda rizatuma umurwayi wabazwe atarenza iminsi ibiri mu bitaro kuko nta bisebe azaba afite.
Asoza inama ya 15 y’Umwiherero Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu gucika ku muco wo kwiremereza, abasaba kwiyoroshya bagashyira umutima ku kazi bagamije kugirira akamaro abo bayobora.
Umunyeshuri w’Umunyarwanda uri kwiga icyiciro cya kane cya kaminuza mu buvuzi, yashyize hanze ubushakatsi bushobora kuzagira uruhare mu kuvura abarwayi b’indwara ya Diabete ku isi.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Mimuli Mucungurampfizi Andre arakekwaho gukubita umuntu bikamuviramo urupfu, afatanyije n’umucuruzi w’akabari.
Ahari hazwi nka Dobandi mu Murenge wa Muhima muri Nyarugenge kubera urugomo rwaharangaga, ubu habaye Dojanti (De Gentil) nyuma y’umutekano wahagaruwe.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside(CNLG), yatangaje ko umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi utagomba kurenza amasaha atatu mu rwego rwo korohereza abawitabiriye barindwa umunariro ukabije.
Abaturage bakoresha umupaka wa Rusizi yambere uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko ikiraro gihuza imbibi z’ibihugu byombi gishobora kuzateza ibibazo nikidasanwa vuba.
Hadi Janver yagarutse mu ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare nyuma y’igihe kinini atayikinamo aho ajyanye na bagenzi be gusiganwa mu irushanwa rizenguruka igihugu cya Cameroun rizwi nka Tour du Cameroun rizaba kuva tariki ya 10-18 Werurwe 2018.
Iserukiramuco mpuzamahanga rya Sinema nyafurika rigiye kubera mu Rwanda guhera tariki ya 25 Werurwe 2018.
Ikigo cy’Abafaransa gikora ubushakashatsi n’ubuvuzi bwa kanseri (IRCAD) kigiye kubaka ishami ryacyo mu Rwanda rizaba ari irya mbere kuri uyu mugabane wa Afurika.
Mutesi Jolly, Iradukunda Elsa na Iradukunda Liliane bose ni abakobwa begukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda bikurikiranya, kandi bose bariyamamarije mu karere ka Rubavu gaherereye mu Ntara y’Uburengerazuba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abafite amazu ataruzura kumenya abayacumbikamo kuko ashobora kuba indiri y’abajura n’abandi bagizi ba nabi.
Ikipe ya AS Kigali ntibashije kubona amahirwe yo kuyobora urutonde rwa Shampiona nyuma yo kwishyurwa mu minota ya nyuma na Police Fc
Nyuma y’Umukino wahuje Rayons Sport na APR FC mu mpera z’iki cyumweru, ugasoza APR FC iyitsinze igitego kimwe ku busa, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ukinira APR yatunguwe n’abafana ba APR bamukorera isabukuru y’imyaka 27 bavuga ko amaze ku isi.
Depite Théogène Munyangeyo, visi perezida wa mbere w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, avuga ko ishyaka ryabo ryahagurukiye guhashya ubukene mu banyamuryango baryo.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Uruganda nyarwanda rukora sima rutangaza ko rufite gahunda yo kuba u rwa mberre abantu betekereza nibajya gukora ibikorwa byo kubaka, kandi rukizeza ko ruzabanza gushyira ingufu mu isoko ry’u Rwanda.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Polisi yamuritse abapolisi 125 basoje amahugurwa yisumbuye mu kurwanya no gukumira iterabwoba, binyuza mu myitozo yo kwimenyereza kurirwanya.
Sibomana Aimable yakoze Imbabura yise Canarimwe ikoresha umufuka w’amakara mu gihe cy’amezi atanu, ikazakemura ikibazo cy’abo yahendaga hanarengerwa ibidukikije.
Abanyamuryango ba AERG ishami rya Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye UR Huye, ubwo bizihizaga isabukuru y’Imyaka 21 uyu muryango umaze ushinzwe, batangaje ko hari urwego bamaze kugeraho mu nzira yo kwigirira akamaro batiringiye akazi ka Leta.
Perezida Paul Kagame yatangije umwiherero abaza abayobozi b’uturere impamvu bamaze imyaka 15 bagaruka ku bibazo bimwe birimo “isuku” ariko ntacyo babikoraho.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza uburyo kutumvikana muri bamwe mu bagize guverinoma ari imbogamizi ku iterambere ry’u Rwanda, ikibazo agarutseho ku nshuro ya kabiri mu gihe kitageze ku mwaka.
Urwego rw’Igihugu rw’ Imiyoborere (RGB) ruratangaza ko ababwiriza butumwa mu nsengero batabyigiye bazigwaho kugira ngo batayobya abayoboke babo.
Ikipe ya Rayon Sports ntiyabashije kwihimura kuri APR Fc yaherukaga kuyitsinda mu gikombe cy’intwari , aho yongeye kuyitsinda 1-0
Abayobozi bakuru b’igihugu bazitabira Umwiherero wa 15, uzabera mu Ishuri rya Gisirikare riherereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.