Ikomyo ipakiye umucanga izwi nka Howo, ikoze impanuka mu Karere ka Kamonyi, umanuka ahitwa Gihinga hazwi nko mu Rwabashyashya, igonga imodoka nyinshi, ariko ngo ntiharamenyekana niba hari abo iyo mpanuka yahitanye.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Murambi (ubu ni mu Karere ka Gatsibo) yagaragaje umwihariko w’uko yakozwe mu gihe gito hicwa benshi, hakaba hari n’abagore bari baribumbiye mu cyo bise Interamwete bagamije gutera akanyabugabo basaza babo ngo badacika intege mu kwica.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Mata 2022, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye isinywa ry’amasezerano yo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umubyeyi witwa Nyitamu wo mu Karere ka Ruhango warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aratangaza ko n’ubwo abana n’ibikomere yatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, agerageza gukora agamije kwiyubaka kugira ngo abamuhemukiye batamusuzugura.
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko hari iperereza ririmo gukorwa kuri Gerenade yatewe mu rugo rw’umuturage ruri mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 07 Mata 2022 ahagana saa munani n’iminota 50.
Nk’uko byagenze mu gihugu hose, no mu turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa kane tariki 07 Mata 2022, hatangijwe icyumweru cy’icyunamo cyo kwibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Akarere ka Kicukiro kamuritse ibikorwa bitandukanye byagizwemo uruhare n’abaturage byiswe Werurwe:Ukwezi k’Umuturage, byarimo n’imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bikoresha ururimi rw’Icyongereza(CHOGM) iteganyijwe kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena k’uyu mwaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 7 Mata 2022 mu Rwanda habonetse uwanduye Covid-19 umwe, akaba yabonetse mu bipimo 4,922. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM), irasaba uturere dufite amasoko yambukiranya imipaka, korohereza abayakoreramo bahuye n’ibihombo mu bihe bya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo hamwe n’Umuryango IBUKA bafite ibimenyetso byemeza ko hakiri imibiri myinshi itarashyingurwa mu cyubahiro yajugunywe ahantu hatandukanye, bagasaba abantu bose bazi aho iherereye gutinyuka kuherekana.
Mu gihe mu Rwanda no ku Isi muri rusange hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo, Perezida Paul Kagana na Madamu we, Jeanette Kagame, bunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, banacana urumuri rw’icyizere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko iyo hatabaho ubutabazi bwihuse n’umuvuduko udasanzwe w’Inkotanyi, nta mututsi uba wararokotse muri Ngoma, kuko bicwaga n’abaturage bahagarikiwe n’abayobozi harimo ab’Ingabo.
Umugore witwa Mukamana Florence washakishwaga kubera icyaha akekwaho cyo guhohotera umwana we, aho yamuhambiriye amaboko yombi akoresheje imigozi, yafashwe ku wa Gatatu tariki 6 Mata 2022.
Perezida Paul Kagame yanenze abakomeje gufata u Rwanda nk’Igihugu kitarimo Demokarasi haba mu buyobozi, mu butabera no kudatanga urubuga rwo gutanga ibitekerezo, asaba Abanyarwanda kwirinda abo babayobya babangisha ubuyobozi, banabavana mu ngamba nziza bafashe ziganisha ku bumwe n’ubwiyunge.
Kwanga Abatutsi mu Rwanda byafashe intera mu myaka ya za 1960, urwango rurushaho kwiyongera muri Repubulika ya mbere n’iya kabiri. Amagambo bamwe mu banyapolitiki bo muri icyo gihe bavugiraga mu ruhame ndetse n’ibikorwa byajyanaga na yo, biri mu byatije umurindi urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ikipe ya Arsenal yifatanyije n’abanyarwanda muri ibi bihe
Abantu 117 biganjemo abakiri mu myaka y’urubyiruko baravuga ko ubumenyi bungukiye mu mahugurwa bahawe n’ikigo Nziza Training Academy buzabafasha mu gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere imyubakire igezweho ikomeje kugaragara mu Rwanda no mu mahanga.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi bifite akamaro kenshi ku babyiruka, kuko ari byo bishingirwaho hakorwa imfashanyigisho n’inyandiko, byigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku bufatanye na Polisi, Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) na Rwanda Space Agency, Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), gikomeje ubukangurambaga mu Ntara zose z’Igihugu n’umujyi wa Kigali, mu rwego rwo gukumira imyuka ihumanya ikirere isohorwa n’ibinyabiziga, igatera ingaruka ku buzima bw’abantu.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hatangiye gukorwa inyigo ku hazandikwa amateka, ahazashyirwa ibimenyetso n’ibizashyirwamo bigaragaza amateka y’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri Komini zahujwe zikabyara Akarere ka Gatsibo.
Abaturage bo mu Kagari ka Rungu, Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, barashimira abagize Umuryango Ireme Education for Social Impact (IESI), ku bikorwa by’iterambere bakomeje kugeza mu gace k’iwabo, cyane cyane ku kigo cy’amashuri abanza bizeho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 6 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abantu bane (4) banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 6,082. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (...)
Ku bufatanye na AIDS Healthcare Foundation Rwanda n’irerero ry’abana ryigisha umupira w’amaguru rya Umuri Foundaton ryashinzwe n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Mulisa, bahuguye abatoza basaga 20 b’amarerero atandukanye, ku buzima bw’imyororokere, nka bamwe mu babana n’abangavu n’ingimbi igihe kirekire.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye ibicuruzwa bitemewe byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri, birimo ibiribwa, ibinyobwa ndetse n’imiti, bifite agaciro ka 39.891.473 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatangaje ko imibiri y’abishwe muri Jenoside yabonetse mu byobo biri ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), izashyingurwa mu cyubahiro ku itariki 8 Mata 2022 ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro.
Perezida Paul Kagame, mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Mata 2022, yakiriye mu biro bye (Village Urugwiro), impapuro zemerera ba Ambasaderi ba Tanzania na Libya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry ,avuga ko kuva mu mwaka wa 2019 kugera muri aya mezi atatu ya 2022, urwo rwego rwakiriye dosiye 1,215 zijyanye n’ibyaha by’Ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, ndetse ababifatiwemo bashyikirizwa ubutabera.
Umuryango Rwanda Lagacy of Hope usanzwe ufite ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo ibyo gufasha abatishoboye, kuzana abaganga bakavura abantu indwara zananiranye ku buntu, winjiye no mu kurwanya ubuzererezi n’ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ubinyujije mu mikino n’amasengesho.
Nyuma y’uko hashyizweho itegeko rivuga ko umubyeyi ashobora kuraga ibye uwo yishakiye mu bana be cyangwa mu bo atabyaye, hari urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko iryo tegeko ririmo guteza amakimbirane, rikaba ryari rikwiye kuvugururwa.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP), ryakiranye icyubahiro Nizeyimana Janvier, Ndayishimiye André na Irimaso David bavuye mu gihugu cya Namibia, aho bari bagiye mu marushanwa nyafurika y’imyuga n’ubumenyingiro, yitabiriwe n’ibihugu 21 byo kuri uyu Mugabane.
Mu gihe mu Rwanda bitegura gutangira kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC), buratangaza ko abagera ku bihumbi 80 aribo bazafasha abashobora kugaragaraho ihungabana.
Umugore witwa Mukamana, ufite imyaka 30, ari gushakishwa nyuma y’uko basanze umwana we akingiranwe mu nzu, ahambiriye amaboko yombi n’imigozi, ibifatwa nk’ihohoterwa rikorerwa umubiri kikaba n’igihano cy’indengakamere.
Akenshi ibyaha bikunze kuboneka bitera impfu, n’ibindi bibazo bidindiza iterambere mu muryango nyarwanda, byagaragaye ko bikururwa cyane cyane n’amakimbirane mu muryango, by’umwihariko hagati y’abashakanye.
Ikipe y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ikina umukino wa Volleyball (REG VC), yamaze gutandukana bidasubirwaho n’uwari umutoza wayo mukuru, Bavuga Benon, wayigiyemo mu kwezi k’Uwakira 2018.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 5 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya babiri, bakaba babonetse mu bipimo 7,150. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (...)
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro yabaye kuri uyu wa Kabiri, amakipe ya APR FC na Mukura VS zakuye amanota hanze, mu gihe AS Kigali itabashije kwivana i Rubavu
Perezida Paul Kagame uri ku munsi wa kabiri w’uruzinduko agirira muri Zambia, aherekejwe na mugenzi we Hakainde Hichilema na Madamu we Mrs Hichilema, bateye ibiti ku mupaka wa Kazungula, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022.
Ikipe y’Igihugu y’abagore mu mukino wa Cricket yaraye isesekaye i Kigali yakirwa gitwari, nyuma yo kwegukana igikombe itsinze ikipe ya Nigeria.
Umurambo w’umugabo kugeza ubu utaramenyekana imyirondoro ye, wasanzwe mu mugezi wa Mukungwa, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 5 Mata 2022. Uwo murambo wabonywe n’abakozi b’urugomero rwa Mukungwa ya II rutunganya amashanyarazi, mu gice cyegereye urwo rugomero, ruherereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Bikara, Umurenge (...)
Irushanwa ry’umupira w’amaguru rihuza Utugari tugize Umurenge wa Karama ku bagabo n’abagore, ryitwaga Benshobeza Cup ryari rimaze igihe ridakinwa, rigiye kugaruka ryitwa ‘Ubumwe bwacu’ ndetse n’imiryango itishoboye yishyurirwe ubwisungane mu kwivuza.
Abatuye santere ya Gasange mu Murenge wa Gasange muri Gatsibo, barishimira ko guhabwa umuriro w’amashanyarazi, amazi meza na kaburimbo byatumye santere yabo iba umujyi, nyamara mbere haritwaga ku Ishyamba.
Umushinjacyaha Ruberwa Bonaventure yagiranye ikiganiro na Kigali Today nyuma y’isomwa ry’umwanzuro n’urukiko rw’ubujurire mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be 20 baregwa ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba. Yavuze ko hari aho batanyuzwe.
Nk’uko byamaze kuba umuco mu Ntara y’Amajyaruguru, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu ngaga zinyuranye, bakomeje ubufatanye mu rugamba rwo gukura abaturage mu bwigunge.
Abahembwe ubwo hasozwaga Ukwezi kwahariwe umuturage mu Murengewa Kigarama muri Kicukiro, bavuze ko ari ingirakamaro kuko uko kwezi kubereka ko Leta ibitayeho kandi ibatekereza, ibyo bikabongerera imbaraga zo gukora cyane.
Ishuri ry’abana ry’umukino wa Karate rimaze kumenyerwa mu gutoza no guteza imbere uwo umukino, The Champions Academy, ryongeye gutegura imikino mu biruhuko nyuma y’uko abana bavuye ku mashuri, banazamura intera y’abagera kuri 34 muribo.
Ku wa Mbere tariki 4 Mata 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Prof Nshuti Manasseh, yakiriye Ambasaderi Jo Lomas, intumwa idasanzwe ishinzwe CHOGM muri Guverinoma y’u Bwongereza.