Ku mugoroba wo ku itariki ya 09 Weryurwe 2023, Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Jean Pierre Karabaranga yasuye abakinnyi b’ikipe ya Basketball, REG BBC, bari muri Senegal aho bitabiriye imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League /BAL (Sahara Conference), ribaye ku nshuro yaryo ya gatatu.
Umukozi w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Ubworozi, Nsengimana Emmanuel, avuga ko inka 17 mu Murenge wa Nyamugari arizo zimaze gukurwa mu bworozi, kubera zagaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), cyatangarije imwe mu mirenge igize Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Kamonyi, igiye kubura amazi, bitewe n’uko ingano y’ayo uruganda rwa Nzove rutunganya yagabanutse cyane.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), tariki ya 10 Werurwe 2023 rwatangaje ko rwafunze Twambajimana Eric, umucamanza mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, akurikiranyweho impapuro mpimbano.
Kuri uyu wa 10 Werurwe 2023, Papa Francis yakiriye Abepiskopi bo mu Rwanda, bari mu ruzinduko rw’akazi i Roma, bagirana ibiganiro ku mikorere ya Kiliziya yo mu Rwanda.
U Rwanda rwungutse televiziyo nshya ya ‘Ishusho TV’ izajya igaragara ku bafatabuguzi ba StarTimes, kuri shene 109 y’ifatabuguzi rya NOVA.
Banki ya Kigali (BK Plc) yorohereje abakiriya mu kuba bashobora kugura cyangwa guhererekanya amafaranga hagati ya BK n’ibindi bigo hakoreshejwe USSD (*334#) ivuguruye, ndetse yongeramo n’ibindi bigo byishyurwa binyuze muri iyo serivisi.
Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo kwagura no kongera serivisi zitangirwa ahantu hamwe hazwi nka ‘One Stop Centre’ ku cyicaro cya RDB, ibyo bikaba byakozwe mu rwego rwo kuvugurura itangwa rya serivisi ku bakiriya no guha abashoramari serivisi zitandukanye bakenera kandi baziboneye ahantu hamwe.
Kuri uyu wa gatanu tariki 10 Werurwe 2023 nibwo i Kigali hasinyiwe amasezerano ya nyuma yemeza icyicaro cy’ikigega cy’isoko rusange rya Afurika mu Rwanda (AfCFTA).
Impunzi z’Abanyekongo zahunze intambara muri Teritwari ya Rutshuru, Masisi na Nyiragongo, zikomeje kugaragaza ko imibereho yazo itameze neza, zigasaba kwitabwaho cyane cyane mu bijyanye no kubona ibizitunga.
N’ubwo umuntu aba yabonye ibimenyetso bisanzwe bijyana na gutwita, harimo kuba ibisubizo byo kwa muganga byerekanye ko umuntu atwite (test positif), kubara igihe inda ifite bahereye ku gihe aherukira mu mihango, ariko hari ubwo bibaho, bareba mu nda y’umubyeyi bakoresheje ibyuma byabugenewe bagasanga nta rusoro rwigeze rwirema.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Rwanyindo Fanfan asanga igihe kigeze ngo inzego zirimo n’iz’abikorera zo mu Ntara y’Amajyaruguru, zitahirize umugozi umwe mu gushyira mu bikorwa ingamba zatuma ibipimo ku iyubahirizwa ry’amategeko y’umurimo mu bigo by’abikorera birushaho kuzamuka, kuko ari nabwo uburenganzira bw’abakozi (…)
Abaturage bafite imirima ku misozi yatunganyijweho amaterasi, ku gice cyegereye Igishanga cy’Urugezi, mu Kagari ka Rwambogo, mu Murenge wa Gatebe, mu Karere ka Burera, bariruhutsa igihombo cyaturukaga ku kuba mbere ayo materasi atarakorwa, bahingaga, imyaka n’ubutaka bigatembanwa n’amazi y’imvura, bikiroha muri icyo gishanga.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru taliki ya 11 na 12 mu karere ka Gicumbi ho mu majyaruguru y’urwanda harabera shampiyona ya volleyball y’abafite ubumuga (Sitting Volleyball) agace ka gatatu (Phase 3).
Abaturage bo mu Mirenge ya Rongi mu Karere ka Muhanga mu Majyepfo, hamwe na Coko mu Karere ka Gakenke mu Majyaruguru, baraye bangirijwe imitungo bitewe n’imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 9 Werurwe 2023.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, avuga ko ashishikakajwe no kubona ikawa y’u Rwanda ikunzwe cyane ku isoko ry’iwabo, kuko bakunda kawa cyane kandi iyo mu Rwanda ifite uburyohe buhebuje kurusha izindi.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Aissa Kirabo Kakira, yasezeye kuri Perezida Nana Akufo Addo, amushimira ubufatanye yamugaragarije mu mirimo ye.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Carlos Alos Ferrer yatangaje urutonde rw’abakinnyi 30 bategura imikino ibiri izabahuza na Bénin muri uku kwezi
Ikipe ya Etincelles FC isanzwe ikina mu kiciro cya mbere muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, yamaze kubona umufatanyabikorwa mushya, basinyanye amasezerano y’igihe kirekire.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ibiganiro yagiranye na FERWAFA bitumye yemera kugaruka mu gikombe cy’Amahoro
Mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Werurwe 2023, u Rwanda rwakiriye abimukira 150 baturutse muri Libya.
NCBA Bank imaze imyaka itanu ikorera mu Rwanda, yafunguye ishami mu mujyi wa Musanze, mu rwego rwo kwegera abakiriya bayo, hatezwa imbere cyane cyane serivise zayo zishingiye ku ikoranabuhanga rigezweho.
Abantu batatu baguye mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo, ifite Plaque RAF 339A, undi umwe arakomereka bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busoro, Akagari ka Masangano mu Mudugudu wa Shinga mu Ntara y’Amajyepfo, kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2023.
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe kurengera ibidukike muri Afurika (EPA) hamwe n’abayobozi muri urwo rwego, batoreye u Rwanda kuyobora ibikorwa by’iryo huriro muri Afurika.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) ivuga ko amatsinda y’Ubumwe n’Ubwiyunge yitwa ‘Mvura Nkuvure’ afasha abaturage b’Akarere ka Bugesera gukira ibikomere by’amacakubiri n’ubukene, azagezwa hose mu Gihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mbonera Gihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, arasaba Abanyarwanda kutarebera abasebya Igihugu n’Ubuyobozi bwacyo ngo bicecekere, ahubwo bakwiye kubarwanya bivuye inyuma.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko hari igihe Akarere ka Huye kari kuba aka mbere mu mihigo, iyo kataba inyuma mu bwisungane mu kwivuza.
Igare ni kimwe mu bikoresho bikunze kwifashishwa mu mirimo itandukanye yerekeranye n’ubwikorezi. Ahenshi usanga rikoreshwa n’abagabo n’abasore. Icyakora mu bice byiganjemo ibyo mu Burasirazuba bw’u Rwanda, usanga iki gikoresho cyifashishwa n’uwo ari we wese, yaba umugabo, umugore umukobwa n’umusore ubishoboye, dore ko ari (…)
Iyo uvuze Ibere rya Bigogwe abantu benshi bahita bumva ahantu nyaburanga hasigaye hakurura ba Mukerarugendo mu kureba ibikorwa bikorerwa muri aka gace birimo n’ubworozi bw’inka.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Emmanuel Hategeka yagaragaje inyugu n’amahirwe u Rwanda rufite mu ishoramari mu bijyanye n’ingufu.
Urubanza rwa Ishimwe Dieudonne uzwi ku izina rya Prince Kid rwagombaga kuba tariki ya 10 Werurwe 2023 rwimuriwe tariki 31 Werurwe 2023 kubera ko kuri uwo munsi hateganyijwe Inama y’Urukiko.
Ikipe ya Sunrise kuva tariki 7 Werurwe 2023 iri mu karere ka Huye aho izamara iminsi hafi ine mbere yuko ikina umukino wa shampiyona na Mukura VS kuri uyu wa gatandatu.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023, yakiriye mu biro bye umuyobozi Mukuru w’umuryango GiveDirectly Rory Stewart.
Nyinawurugo Rose, umwe mu bagore biteje imbere avuga ko agaya cyane bagenzi be birirwa bicaye, bategereje byose ku bagabo, kuko uwo muco wari uwakera kandi n’abawuhozemo bawuvuyemo basigaye bakora bagahuriza hamwe n’abagabo.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose mu kwizihiza umunsi w’umugore ku nshuro ya 42, Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yatangiye gahunda yo kugeza ikoranabuhanga kuri buri mugore yiswe LiftHerUp (Umugore ku ruhembe), hagamijwe kwihutisha iterambere.
Imikino ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro isize APR FC izahura na Marine FC muri 1/4. APR FC yageze muri 1/4 nyuma yo gusezerera ikipe ya Ivoire Olympique muri 1/8 cy’irangiza iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri sitade ya Bugesera. Ni igitego cyatsinzwe na Bizimana Yannick mu gihe mu mukino ubanza amakipe (…)
Sylvie Uwitonze ukuriye inama y’igihugu y’abagore mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko mu bibangamiye abagore b’i Kibeho harimo ubukene n’ubujiji, kutaboneza urubyaro n’amakimbirane mu ngo.
Abanyarwanda bacana umuriro w’amashanyarazi bikubye inshuro zirenga 12 mu myaka 20 ishize, nk’uko bikubiye mu cyegeranyo cy’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera za 2022.
Tariki 08 Werurwe ni itariki ngarukamwaka y’umunsi mpuzamahanga w’umugore, aho muri uyu mwaka wa 2023 u Rwanda rwahisemo insanganyamatsiko igira iti “Ntawe uhejwe, guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire”.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko ubushyuhe bukabije bumazeho iminsi cyane cyane i Kigali, bwatewe n’uko hashize iminsi haka izuba ryinshi kandi nta mvura igwa.
Umuryango Mpuzamahanga wa gikirisitu, World Vision ishami ry’u Rwanda, ku bufatanye n’ikigega cy’Abanyakoreya, Koica, bubatse amasoko abiri mu Karere ka Rutsiro azafasha abagore gucuruza baticwa n’izuba.
Imiryango 442 ibarizwa mu Mirenge igize Akarere ka Burera, yari imaze igihe ibana mu buryo butemewe, yasezeranye imbere y’amategeko, ihita iniyemeza kuba imbarutso yo kurandura amakimbirane no kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Perezida wa Sena mu Bwami bwa Eswatini, Pastor Lindiwe Dlamini, uri mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, mu biganiro yagiranye na Hon. Donatille Mukabalisa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yishimiye ko u Rwanda ruhagarariwe n’abagore benshi mu Nteko.
Ku Gatatu tariki 8 Werurwe 2023, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabiye Yvonne Idamange Iryamugwiza kongererwa igihano yakatiwe muri 2021, kuva ku myaka 15 kugera kuri 21 bitewe n’ibyaha akurikiranyweho.
Umubare w’abagore batwite n’abonsa bahuye n’imirire mibi, wazamutseho 25% mu bihugu 12 byo muri Afurika no muri Aziya, guhera mu 2020, nk’uko byagaragajwe muri raporo ya UNICEF.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, avuga ko hagiye kujyaho uburyo bworohereza abagore gutunga telefone zigendanwa, hagamijwe kuzamura umubare w’abazikoresha no kubafasha gukoresha ikoranabuhanga.
Musenyeri Jean Marie Vianney Twagirayezu, watorewe na Nyirubutungane Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, azimikwa ku itariki ya 01 Mata 2023.
Nyuma y’igihe kinini cyari gishize bamwe mu bahinga igishanga cya Gatuna bataka igihombo baterwaga n’amazi y’imvura yateraga imyuzure muri icyo gishanga imyaka babaga bahinze ikahatikirira; kuri ubu icyo kibazo cyamaze kubonerwa igisubizo biturutse ku mushinga wo kugitunganya mu buryo bugezweho ugiye gushyirwa mu bikorwa mu (…)
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abagore bo mu Rwanda no ku Isi yose, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.