Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutasi bwa Gisirikare, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Urwego ngenzuramikorere (RURA), rwatanze amahirwe ku bantu bafite ibinyabiziga bifuza gukorera mu Ntara y’Amajyarugu, mu turere twa Musanze, Gicumbi na Gakenke.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) muri Mozambique, Antonino Maggiore, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique, ku cyicaro giherereye i Mocimboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abanyamabanga nshingwabikorwa bemerewe kugezwaho umuyoboro wa Interineti kugira ngo bajye batanga serivise nziza ku baturage.
Perezida Kagame yakiriye Prof. Dr Guillaume Marescaux washinze ndetse akaba na Perezida w’ Ikigo gikora ubushakashatsi kikanatanga amasomo mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga (IRCAD Africa) hamwe n’intumwa bari kumwe.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, batunga agatoki bamwe mu bahesha b’Inkiko b’Umwuga, babaka amafaranga ya ‘avance’ babizeza kubarangiriza imanza, bamara kuyabaha, bagategereza ko bazazirangiza bagaheba.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" na Bénin mu mukino wo gushaka itike ya CAN wabereye kuri Kigali PELE Stadium
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruravuga ko rukomeje iperereza rigamije kugaruza asaga Miliyoni 25Frw yibwe muri SACCO y’Umurenge wa Karangazi, igasaba uwaba afite amakuru yafasha mu iryo perereza kwegera Sitasiyo ya RIB imwegereye, cyangwa agahamagara umurongo utishyurwa wa 166.
Umuhango wo gusoza itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bahawe izina rya ba Rushingwangerero waranzwe n’ibiganiro ndetse n’impanuro zitandukanye zatanzwe na Perezida Paul Kagame ku bayobozi b’Utugari bari basoje Itorero ndetse n’izahawe abandi bayobozi bitabiriye uyu muhango wo gusoza Itorero.
Mu kiganiro cyatambutse kuri KT Radio ku mugoroba wo ku itariki ya 27 Werurwe 2023 cyagarutse kuri bimwe mu bigomba gukorwa kugira ngo hatangwe uburezi bufite ireme mu mashuri abanza hifashishijwe ikoranabuhanga, abarezi bagaragaje ko bakeneye guhugurwa kugira ngo babashe gutanga ubumenyi mu mashuri abanza bakoresheje (…)
Muri Amerika, abantu batandatu harimo abakuru batatu n’abana batatu, bishwe barashwe n’umugore winjiye mu ishuri.
Imiryango isaga ibihumbi bitanu yo mu mirenge itanu y’Akarere ka Muhanga itishoboye, imaze gubabwa ubufasha burimo n’amatungo magufi, ibiryamirwa n’ibyo kurya mu rwego rwo gufasha abana kwitabira ishuri.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa Madamu Louise Mushikiwabo yambitswe umudali w’ishimwe ku bw’uruhare yagize mu Iterambere rya OIF no mu kumenyekana kwayo.
Umuyobozi w’itsinda ry’abagore bo mu Karere ka Rwamagana rizwi ku izina rya Rwamagana Superwomen, Uwamahoro Rehema, avuga ko nyuma y’imyaka itatu umugore ukennye uri muri iri tsinda azaba afite aho akorera atabunza agataro cyangwa ngo akorere ku rubaraza rw’inzu.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka biganjemo abagore barishimira ko bafashijwe kubukora mu buryo bunoza maze bigatuma barushaho gusobanukirwa neza no kubahiriza amategeko, bitandukanye n’uko babukoraga mbere.
Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima utarahamagawe mu bakinnyi barahatana na Benin kuri uyu wa Gatatu ariko yayifurije amahirwe masa asaba Abanyarwanda kuyishyigikira.
Kubira ibyuya byinshi nijoro, cyangwa gututubikana birenze urugero mu gihe umuntu asinziriye, ngo bishobora guterwa n’impamvu zitandukanye harimo zimwe ziba ari iz’igihe gito kandi zitanakomeye, mu gihe izindi zo zisaba kujya kwa muganga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 2,43 bakaba barimo abahawe ipeti rya Captain na Lieutenant.
Polisi irashakisha imfungwa yahimbye urupfu rwayo, igatoroka Gereza, nyuma ibizamini bya DNA bikagaragaza ko umurambo wabonetse aho yari afungiye utari uwe.
Ubwo bagiranaga ikiganiro n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari twose two mu Rwanda bazwi nka ‘Rushingwangerero’ nk’izina ry’ubutore bahawe, yabashimiye uburyo bavuga neza Ikinyarwanda, abasaba gufasha bamwe mu bayobozi babakuriye kunoza urwo rurimi.
Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer avuga ko n’ubwo umukino bafitanye na Benin kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium ukomeye ariko bazakora ibishoboka byose.
Abayobozi ba Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, bahuye n’abakiriya b’iyo banki by’umwihariko abagore, batuye mu Karere ka Bugesera, mu rwego rwo kubashimira no gukomeza kwizihiza umunsi w’abagore wizihizwa muri uku kwezi kwa Werurwe.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera buvuga ko Intare zoherejwe muri Pariki mu 2015 ari zirindwi, zakomeje kwiyongera, ubu zikaba zigeze kuri 58.
Perezida Kagame yanenze umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro Umutesi Solange hamwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa kudakosora umwanda yabonye wari utwikirije inzu mu karere ka Kicukiro.
Abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Karangazi, barimo umucungamutungo wayo n’umwe mu bari bashinzwe umutekano wayo, batawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwiba arenga miliyoni makumyabiri n’eshanu (25,400,000 FRW).
Mu Karere ka Nyamagabe hari abagabo n’abagore bagera kuri 24 biyemeje kugira icyo bakora mu iterambere ry’Akarere kabo, maze bibumbira muri Rotary Club. Justin Nkundimana, Perezida wa Rotary Club Nyamagabe, avuga ko biyemeje kwishyira hamwe bakazajya begeranya ubushobozi buzahurizwa hamwe n’ubw’izindi club zo ku isi yose, (…)
Abarimu bavuga ko bafite ikibazo cyo kubura ibitabo bivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ayo mateka amaze imyaka umunani yigishwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye ariko abarimu bahura n’ibibazo byo kwigisha porogaramu kubera ikibazo cyo kubura ibitabo.
Urubyiruko rw’abasore n’abakobwa barangije amashuri yisumbuye rumaze guhabwa amahugurwa ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, rukaba rwizera kwiteza imbere no gukora ubucukuzi butangiza ibidukikije.
Mu gusoza itorero rya ba Rushingwangerero, ari bo Banyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari kuri uyu wa kabiri tariki ya 28 Werurwe 2023, Perezida Kagame yabasabye gusenyera umugozi umwe kandi bakagabanya umubare w’abana bata ishuri bakajya kuba inzererezi.
Umuntu wa kabiri yaguye mu myigaragambyo ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, inzego z’ubuzima zikavuga ko imyirondoro ye itaramenyekana.
Harerimana Eraste w’imyaka 20, yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, nyuma y’uko yari amaze kwiba ingurube ya Urimubabo Eric wo mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko, abaturage bakimugeza ku biro by’uwo Murenge, biba ngombwa ko nyiri ingurube atabwa muri yombi.
Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, rwibukijwe ko iterambere rirambye rigerwaho mu gihe abenegihugu bitaye ku kurangwa n’imitekerereze ndetse n’imikorere byagutse; ibi bikaba na bimwe mu by’ingenzi bikubiye mu mahame remezo y’uyu muryango.
Ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, hasojwe imikino yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho u Rwanda ari rwo rwihariye ibihembo.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, ku itariki ya 27 Werurwe 2023 yatoye itegeko rigena uburyo bw’isoresha, aho zimwe mu mpinduka zaryo hateganywa ko ibicuruzwa byajyaga bitezwa cyamunara ku mpamvu zo kutishyura imisoro, ari nyirabyo uzajya abyigurishiriza akawishyura.
Twajamahoro Alphonse wo mu Kagari ka Nyarurema, Umurenge wa Gatunda mu Krere ka Nyagatare, avuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, yatoranyijwe mu bagombaga guhabwa inka muri gahunda ya Girinka, yubaka ikiraro ku ideni birangira inka atayibonye, ariko akaba yahawe icyizere ko bagiye kuyimuha.
Perezida wa Sena, François Xavier Kalinda, ku Mbere tariki ya 27 Werurwe 2023 yakiriye mugenzi we Lukas Sinimbo Muha, Perezida w’Inama y’igihugu ya Namibia, bagirana ibiganiro ku mikorere ya Sena z’ibihugu byombi.
Umuhanda Kigali-Musanze-Rubavu wabaye nyabagendwa, nyuma yaho ikamyo ya rukururana ikoze impanuka ikawufunga, kuri uyu wa kabiri tariki 28 Werurwe 2023 mu rukerera.
Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe |Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapour no mu bindi bihugu birimo Australia, Jean de Dieu Uwihanganye, bagiranye ibiganiro n’abashoramari bo muri Australia, babashishikariza kwitabira gukorera ishoramari mu Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bahuriye mu Nteko rusange y’Umuryango tariki 26 Werurwe 2023, bishimira ibyagezweho, bagaragaza n’ibyo bagiye gukomeza kongeramo imbaraga.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino wa Handball, yisubije igikombe cy’imikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yaberaga mu Rwanda.
SACCO y’Umurenge wa Karangazi, SACCO Karangazi, yibwe hadaciwe urugi, idirishya cyangwa ngo batobore urukuta, batwara arenga 25,400,000Frw.
Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA), kiratangaza ko nta muturage wubatse nta cyangombwa nyuma y’umwaka wa 2019, uzajya ahabwa ingurane igihe aho yubatse hanyujijwe ibikorwa by’inyungu rusange.
Abimukira bagera kuri 29 baturuka mu bihugu bitandakanye byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, bapfuye barohamye.
Riziki Uwimana w’imyaka isaga gato 30, ni umubyeyi w’abana babiri utuye mu Murenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, utarigeze amenya inkomoko ye kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umusore w’imyaka 24 witwa Mustapha Nshimiyimana wiga mu ishuri rukuru IPRC-Tumba, arishimira ubumenyi amaze kugeraho mu ikoranabuhanga, aho amaze kuvumbura ikoranabuhanga rifasha abahinzi kurinda inyoni mu mirima yabo bibereye mu kandi kazi.
Sekamana Tharcisse uzwi ku izina rya Elias w’imyaka 40 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Kimaramu, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare, arakekwaho kwica umugore we amukubise inyundo mu mutwe, ahita ahunga ariko asiga urupapuro rw’irage ry’abana.
Muri gahunda y’Akarere ka Kicukiro y’ukwezi kwa Werurwe nk’ukwezi ngarukamwaka bahariye kurushaho kwegera umuturage, Umurenge wa Kicukiro ufatanyije n’ihuriro ry’amadini n’amatorero muri uwo Murenge, bateguye Igiterane cy’isanamitima, gitangirwamo ubutumwa bwo gushishikariza abaturage kurangwa n’imyitwarire myiza.
Bwa mbere mu Rwanda indege zitagira abapilote ‘Drones’, zigiye kujya zigeza ku baturage no ku bantu batandukanye ibicuruzwa ndetse n’imiti, zibibasangishije aho bakorera no mu ngo zabo.