I Huro mu Murenge wa Muhondo, mu karere ka Gakenke, ni ahantu habumbatiye amateka y’umuganura mu Rwanda, aho ibiribwa byaganuzwaga Umwami byose byahingwaga bikanakusanyirizwaga muri ako gace bakabyigemurira i bwami.
Buri mwaka, u Rwanda rwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura, aho Abanyarwanda bishimira umusaruro wabonetse, bakaboneraho no kureba ibitaragenze neza, bityo bagafata ingamba zo kurushaho gukora neza mu mwaka ukurikiyeho.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente aravuga ko kwizihiza umunsi w’Umuganura bikwiye kujyana no gufata ingamba zo kwita ku bitaragenze neza kugira ngo Abanyarwanda bakomeze inzira y’iterambere.
Mbere y’umwaduko w’abazungu umuganura ni kimwe mu byatumye u Rwanda ruba igihugu gikomeye kitavogerwa kuko watumaga Abanyarwanda bunga ubumwe.
Indagagaciro na kirazira ni imigirire n’imvugo z’umuco nyarwanda, zibuza abantu imigire,ingeso cyangwa se imyitwrire runaka, kuko nk’uko zibivuga uzirenzeho bishobora guteza umuntu, umuryango cyangwa igihugu ibyago by’uburyo butandukanye.
Abanditsi babiri aribo Prof Tharcisse Gatwa na Prof Deo Mbonyinkebe, bamuritse igitabo gikubiyemo uko Abanyarwanda bishakiye ibisubizo kugira ngo igihugu gitere imbere, ngo bikaba byabera urugero abandi.
Bamwe mu banditsi b’Abanyarwanda baravuga ko kubera umuco wo kudasoma n’iterambere ry’ikoranabuhanga abantu bahitamo kwirebera imyidagaduro kuri za murandasi cyangwa bakareba televiziyo ntibasome ibitabo.
Imigani y’imigenurano ni ingeri y’ubuvanganzo nyarwanda,ivuga ku muco, ku mateka no ku mitekerereze y’Abanyarwanda. Ibyo rero bigenda uko ibihe bisimburana, bishatse kuvuga ko n’agaciro k’imigani kagenda gahinduka.
Iterambere ry’ikoranabuhanga hamwe n’amamashini, bikomeje guteza bimwe mu bikoresho byari bisanzweho kuburirwa irengero, ndetse hari n’ababikoreshaga bavuga ko nabo bari mu basigajwe inyuma n’amateka.
Mu muco nyarwanda no mu gitabo cy’amategeko mbonezamubano y’u Rwanda, inkwano zifatwa nk’ishimwe rihabwa ababyeyi b’umukobwa kuko bareze neza.
Nyirahabimana Solina, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ubwo yasuraga intara y’Amajyaruguru, yatunguwe no gusanga gahunda y’umugoroba w’ababyeyi idakora, aho yabwiwe ko abayobozi batayibonera umwanya bitewe n’akazi kanyuranye bakora.
Pasiteri Dr. Antoine Rutayisire avuga ko umuyobozi usenga yuzuza inshingano kurusha udasenga kuko yirinda imigenzereze mibi kubera gutinya Imana, kuko iyo umuntu adafite Imana imugenzura buri gihe, yigenzura akishyiriraho umurongo agenderaho.
Abasizi n’abakunda ubusizi nyarwanda bifuza ko i Kiruri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye hashyirwa urugo rw’abasizi, rwazaba intebe y’ubusizi ndetse n’igicumbi cy’umuhamirizo nyarwanda.
Inzu yitwa ‘Rwanda My Heart’ yashyizweho mu Karere ka Rubavu kugira ngo ifashe abanyabugeni kugaragaza ibihangano byabo.
Abakora ubuhanzi mberajisho (ubugeni) basanga gushushanya ibijyanye n’umuco wabo ari byo bizawumenyekanisha ku isi yose, kuko bizagurwa na buri wese ushaka gusobanukirwa n’umuco w’u Rwanda, yaba umunyamahanga cyangwa umunyarwanda.
Iserukiramuco FESPACO rigamije guteza imbere sinema nyafurika, ry’uyu mwaka wa 2019 ryaberaga i Ouagadougou muri Burkina Faso ryasojwe mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 03 Werurwe 2019.
Mu iserukiramuco nyafurika riri kubera Ouagadougou muri Burikina Faso, ku nshuro yaryo rya 26, iserukiramuco ryahuriranye no kwizihiza imyaka 50 iri serukiramuco rimaze ribayeho, rifite insanganyamatsiko igira iti “ Dushingire sinema nyafurika ku mateka yacu, mu mwihariko w’ubukungu n’uruhurirane rw’abayituye”
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Mu itangizwa ry’imurikabikorwa MICA (Marché International du Cinéma et de l’Audiovisuel Africains) ryabereye i Ouagadougou muri Burkina Faso kuri uyu wa 24 Gashyantare 2019, u Rwanda rwitwaye neza rubona n’ibihembo.
Ubwo hamurikwaga ku mugaragaro igitabo ku mateka n’imibanire mu Rwanda rwo hambere cyiswe “Les enfants d’Imana” cyanditswe na Jean Luc Galabert, uyu mwanditsi yavuze ko yacyanditse ashaka gucukumbura umuzi n’uburyo abantu bari babanye neza baje kubibwamo urwango kugeza bamwe bakoreye abandi Jenoside.
Belise Kariza umuyobozi mukuru ushinzwe ubukerarugendo mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) avuga ko mu ntara y’iburasirazuba hagiye kurebwa uko ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka bwatezwa imbere kuko hari byinshi bihatse amateka y’igihugu.
Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco atangaza ko mu 2019 inganda ndangamuco, ari zo bikorwa by’ ubwenge birimo ubugeni n’ubuhanzi bibarizwa mu Rwanda, zigiye kugezwa mu turere mu gufasha abahanzi guhanga imirimo.
Pasiteri Gasare Michael ushinzwe itumanaho no kumenyekanisha ibikorwa by’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda avuga ko ijambo ryose ryanditse muri Bibiliya rigira ibisobanuro byo mu buryo bw’umwuka n’uburyo bw’Umubiri.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Straton Nsanzabaganwa, inararibonye mu muco nyarwanda, akaba n’umujyanama mu Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, yabwiye Kigali Today ko kuba isugi bitavuze gusa kuba umukobwa atarakora imibonano mpuzabitsina, ahubwo bivuze kuba agifite ababyeyi bombi.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare ari umunsi w’Intwari, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yanditse avugako ubutwari n’ubwitange bwaranze intwari z’u Rwanda bitabaye iby’ubusa.
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Ubwo zasuraga igicumbi cy’Intwari z’Imena i Nyange mu karere ka Ngororero, inkeragutabara zo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke zavuze ko ubutwari budakwiye guharanirwa mu ntambara gusa.
Tariki 8 Ukwakira 1990, Elie Nduwayesu arimo yigisha ku ishuri ribanza rya Rwankeri, mucyahoze ari komine Nkuri, abapolisi baje kumuta muri yombi.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO) rwatangiye ubukangurambaga bushakisha abiyemeza kuzaba intwari bagendeye ku zababanjirije.