Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bayobora umurenge wa Kinyinya biyemeje guhindura agace batuyemo k’Umujyi wa Kigali, babikomoye ku ishyaka ry’Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zagaragaje mu rugamba rwo kubohora igihugu.
Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB kirizeza) abakunzi b’umuco nyarwanda ko kirimo gushakisha abashoramari bazubaka site zitandukanye zikorerwamo ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Intebe y’Inteko y’Ururimi n’Umuco yatangaje ingamba ifite zo kuzamura urwego rw’Ikinyarwanda ku buryo ruzaba ari rwo rukoreshwa cyane mu karere mu myaka 15 iri imbere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kiratangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi 2018 abagororwa bose bazaba bamaze gukurwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka “1930”, bakajyanwa mu ya Mageregere.
Ingoro y’amateka kamere iherereye ahazwi nko kwa Richard Kandt mu Mujyi wa Kigali, yamaze guhindurirwa inyito yitwa "Ingoro ya Richard Kandt" mu rwego rwo kurushaho kugaragaza amateka nyakuri y’Abanyarwanda mbere y’umwaduko w’Abadage no mu gihe cy’ubukoroni bwabo mu Rwanda.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside (Campaign Against Genocide Museum).
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Umwana witwa Cyusa Bryan wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza yiyemeje kwigisha abantu batandukanye kuvuga neza ikinyarwanda maze yandika igitabo.
Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) itangaza ko mu bushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, hari abatangaje ko bagumiwe kubera inkwano ihanitse.
Perezida Paul Kagame azambika impeta y’igihango abantu icyenda baranzwe n’ibikorwa byo kubanisha Abanyarwanda no kubanisha u Rwanda n’amahanga, mu muhango uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingo 2017.
Abakunzi b’imbyino n’indirimbo gakondo n’abanya-Musanze by’umwihariko ntibazicwa n’irungu kuko mu Karere ka Musanze hagiye kubera iserukiramuco ry’izo mbyino.
Abakobwa b’abangavu biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya bahurira hamwe mu matsinda bihuguriramo kandi bigiramo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye ibirori bise “Rwanda Cultural Day” byo kwerekana ibyiza by’umuco Nyarwanda ku banyamahanga.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Jean Ndorimana yemeza ko Jenoside zose ari zimwe ko itandukaniro ari abayikora, abayikorerwa, aho ikorerwa n’uburyo ikorwamo.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bahuriye n’abakora muri Ambasade y’u Rwanda mu igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura wa 2017.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko yasobanuye ko kutagaragara mu muhango wo kumusabira umugeni byatewe no kubahiriza umuco w’u Rwanda nyawo.
Nyuma yo kwerekwa filime “Miracle and the Family”, abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya "Saint André" riri i Nyamirambo batangaza ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Ba mutimawurugo b’i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi, Akarere ka Huye, bakoze igitaramo cyo kwitegura umugeni bazaba bafite tariki 4 Kanama 2017.
Ikigo cy’Ingoro ndangamurage cyagaragaje indaki nk’ubwihisho bwari bwizewe mu rugamba rwo kubohora igihugu; kinazishyira mu bimenyetso by’umurage w’u Rwanda.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda birahugurwa ku mikoreshereze inoze y’ururimi rw’Ikinyarwanda.
Mu Iserukiramuco ryitwa “International Cultural fiesta” ryabereye mu Ntara ya Liaoning mu Bushinwa, Abanyarwanda biga muri kaminuza yitwa Shenyang Aerospace, bamuritse Umuco Nyarwanda mu ndirimbo no mu mbyino, bisusurutsa imbaga yaryitabiriye.
Abaturage bo muri Kamonyi bifuza ko “Ku bitare bya Mpushi” aho umwami Ruganzu II Ndoli yanyuze hatunganywa hakaba ahantu ndangamateka.
Itorero Ndangamuco ry’Igihugu, URUKEREREZA, ritaramiye Abanyehuye ku nshuro ya mbere mu gitaramo cyiswe “Imihigo y’Intore”.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu atangaza ko guhera muri 2017 amashuri agiye kujya yigisha ibijyanye n’umuco Nyarwanda kugira ngo abana bakurane ubumenyi bufite umuco.
Ntihabose Ismael wari umuyobozi w’agateganyo w’Inama Nkuru y’Abahanzi (Rwanda Art Council) yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kuyiyobora imyaka itanu.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro IPRC Kigali barasaba ko hagira igikorwa kugira ngo ururimi rw’Ikinyarwanda rukomeze kuvugwa neza kandi rukomeze guhuza Abanyarwanda.
Ikigo Iriba ry’umurage ndangamateka, kirasaba Abanyarwanda kwandika no kwibikira amateka ubwabo kuko ngo hari menshi akibitswe n’abakoronije u Rwanda.