Mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, abashoramari bibumbiye mucyo bise Banana Paper Industry Ltd baraba batangiye kubaka uruganda ruzajya rukora impapuro mu mivovo n’imitumba y’insina zeraho ibitoki, rukazubakwa ahitwa Munyiginya mu karere ka Rwamagana.
Binyuze muri gahunda ya Hanga Umuriro, Nkiko Jean De Dieu utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu hamwe n’umugore we babashije kubaka Hotel ntoya cyangwa se “Moteli”.
Ku mugoroba wo kuwa 07/06/2013 mu mujyi wa Karongi hatashywe ku mugaragaro hoteli nshya yitwa Best Western Eco Hotel ifite n’inzu yo kubyiniramo yitwa Boom Boom Nights.
Hashize imyaka isaga itanu ikibanza cy’ahahoze Guest House gishyizwe ku isoko kugira ngo abashoramari mu by’ubukeraruhendo bahashyire hotel yo mu rwego rwo hejuru, ariko kugeza n’ubu nta mukiriya uraboneka ngo atangire ahubake.
Umugore witwa Sinzamuhara Sabine utuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, ni rwiyemezamirimo wihangiye umurimo, ashinga uruganda rutunganya umusaruro w’ibigori abibyaza mo “umuceri w’ibigori”.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, avuga ko hari amahirwe Abanyarwanda batarabasha kubyaza inyungu mu gihe biri mu buryo bwo kongera imikorere itanga inyungu nko kubaka ibikorwa remezo ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yamurikiye abikorera bo mu karere ka Burera umushinga w’isoko mpuzamahanga rizubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Senateri Bizimana Evariste, umuyobozi wungirije wa komisiyo y’iterambere ry’ubukungu muri Sena y’u Rwanda arasaba ko ibigo byashyizweho hirya no hino mu turere ngo gifashe abaturage muri gahunda zitandukanye harimo no kwiga imishinga bitaba umwihariko w’abajijutse gusa.
Abaturage 10 bo mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro bishyize hamwe bakora koperative yenga inzoga mu bisheke mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy’umusaruro mwinshi w’ibisheke wabonekaga muri ako gace nyamara abahinzi bakabura isoko.
Kampani Imanzi Investment Group igizwe n’abarimu ndetse n’abakozi ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Mituweri y’iyi Kaminuza mu rwego rwo guteza imbere abanyamuryango b’ibyo bigo byombi ndetse no guteza imbere akarere batuyemo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, arashishikariza abaturage kugira ibitekerezo bibyara imishinga y’iterambere kuko Leta ibishingira mu kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa iyo mishinga yo kubateza imbere.
Urubyiruko 25 rwarangije Kaminuza rutarabona akazi ruvuye mu bice bitandukanye by’igihugu ruri mu karere ka Rubavu mu kigo cya CCSME, rwigishwa kwihangira imirimo no kwiga imishinga aho kwicara rugategerez ako abandi bayihanga bakaruha akazi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu n’Imibereho myiza y’abaturage, James Musoni, arahamagarira abashoramari b’akarere ka Ruhango gukomeza kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihu rikomeje gukataza.
Uzabakiriho Agnès utuye mu Murenge wa Kinazi mu karere ka Huye yabashije gushinga uruganda rutunganya ifu y’ibigori, Rusatira Maize Flour Company, abifashijwemo na gahunda ya Hanga umurimo. Kawunga akora yitwa Isoko.
Abashoramari bo mukarere ka Nyagatare barasabwa kubyaza umusaruro ubwiza nyaburanga bw’urugomero rwubatse k’umugezi w’umuvumba mumurenge wa Tabagwe.
Umuyobozi wa karere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, arakangurira abashoramari kuza gushora imari zabo muri aka karere kuko kajyanye n’ishoramari iryi ari ryo ryose cyane cyane mu bijyanye n’ubucuruzi, amahoteri n’ibindi.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arashimira abagize urugaga rw’abikorera mu ntara y’amajyepfo umusanzu batanga mu kubaka igihugu, akabasaba gukomeza gushyiramo ingufu kugira ngo u Rwanda ruzabashe kugera ku cyerekezo cy’iterambere no kuzamura ubukungu ruganamo.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, araburira abatubahiriza amabwiriza yo gusaba no gutanga ibyangombwa byo kubaka mu mujyi wa Kigali mu gihe cya vuba, ko bagiye kujya bafatirwa ibihano, nyuma y’impinduka zo kwihutisha ishoramari ry’imyubakire.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko ikigereranyo cy’ubukungu ku Munyarwadna (GDP) cyageze ku madolari ya Amerika 644 ku mwaka, bitewe n’ishoramri ryakomeje kwiyongera, n’ubwo u Rwanda rwari mu bihe byo guhagarikirwa inkunga.
Ari abahinzi n’abafite imigabane mu ruganda rutunganya umuceri (Bugesera Rice Mill) barishimira amasezerano yo kujya bagemura umuceri ku ruganda ku gihe kandi umusaruro umeze neza.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO-HEZA Kamonyi, barasaba ko hakurikizwa inyungu z’imishinga mu kugena inyungu ku nguzanyo, kuko imishinga yose itunguka kimwe.
Chairman w’umuryango PFR Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru aravuga ko sosiyete y’ishoramari y’abanyamuryango ba FPR muri iyo ntara “North Multi-business Company LTD” (NMC) yatekerejwe nk’umusemburo w’iterambere muri iyo ntara.
Abashoramari bakomoka mu gihugu cya Oman bagize itsinda “MB Holding Company” bakiriwe na Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cya tariki 10/02/2013 bamutangariza ko bifuza gushora imari mu Rwanda mu biijyanye na gaz metane na peteroli.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangije urubuga rwa internet rukubiyeho amakuru yose ku mahirwe ari mu Rwanda umuntu ushaka gushora imari mu Rwanda yakwifashisha. Urubuga ruzaba rugaragaza n’andi makuru atandukanye ya serivisi zitangirwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuva gahunda ya Hanga Umurimo yatangira imishinga ine gusa muri 20 yemewe ariyo imaze guhabwa inguzanyo n’amabanki.
Minisitiri w’umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba, Mukaruriza Monique, asanga amahirwe akarere ka Bugesera gafite cyangwa kagenda kabona adakwiye kunyura mu myanya y’intoki abikorera, ahubwo ko bakwiye guhuza imbaraga bakabyaza umusaruro ayo mahirwe.
Mu biganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, tariki 16/01/2013, Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yasabye Guverinoma y’u Rwanda gushaka ibyiciro by’ubukungu bikenewe gushorwamo imari, kugirango ajye kuzana abashoramari b’Abadage.
Rwanda Inspiration Backup yashimiye BK kubera inkunga ikomeye yabateye mu gikorwa The National young entrepreneur’s debate championship bakoze mu mwaka ushize cyo gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Ubuyobozi bwa sosiyete y’ishoramari yitwa Multisector investment Group (MIG) burizeza ko bitarenze ukwezi kwa Mata uruganda rw’icyayi rwa Mushubi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe ruzaba rwatangiye gukora.
Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.