Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa kwitondera abantu biyita abashoramari babasaba gukorana imishinga ibyara inyungu ariko ntibagirane amasezerano kuko bishobora kubateza igihombo kandi ntibabone uko barenganurwa igihe hatabayeho amasezerano ku mpande zombi.
Itsinda ry’abadepite bo mu birwa bya Seychelles ryasuye abahinzi b’inanasi bo mu karere ka Ngoma, bavuga ko bashaka gutangira kubona inanasi z’u Rwanda ku masoko y’iwabo, aho inanasi imwe igurwa amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 21.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma bikomeje kuvugwa ko kasigaye inyuma mu migi yindi , abikorera bo muri aka karere bari gukusanya imigabane ngo bashore imari mu karere kabo.
Akoresheje imashini zigera ku 9 zabugenewe yatumije mu Bushinwa, Uwizeyimana Jean Bosco ukorera mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, yiyemeje gukora kirida bihaganyuza mu menyo n’imishito botsaho burusheti (cure-dent et broches) mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko hari imishinga bakora yamara kwemerwa amabanki akayihera abandi bantu. Barabivuga nyuma y’ubukangurambaga ku kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga ihabwa inguzanyo ku ngwate y’ikigega BDF (Business Development Fund).
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) na Banki nkuru y’igihugu (BNR), baratanngaza ko umubare w’abamaze kuguriza Leta amafaranga mu buryo bwo guhabwa impapuro z’agaciro (Treasury Bond) igeze ku kigereranyo gishimishije.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gishinzwe guteza imbere ishoramari mpuzamahanga aricyo ‘Overseas Private Investment Corporation (OPIC), Madam Elizabeth L. Littlefield, aratangaza ko icyo kigo kigiye gukorana n’abashoramari ndetse n’abikorera mu gushora imari mu Rwanda.
Kuba u Rwanda rukomeje kuba mu bihugu bya mbere ku isi mu korohereza ishoramari no kuzamuka mu bukungu, ngo byatumye ikigo mpuzamahanga gitanga ubujyanama ku mikorere, Deloitte, cyifuza guherekeza abashoramari baza gukorera mu Rwanda, kugirango bunguke kandi bateze imbere igihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aremeza ko aka karere gafite amahirwe menshi mu ishoramari kubera imiterere yako n’uburyo nta bandi bakahashore imari.
Hashize imyaka igera kuri itanu uruganda rwahoze rukora ibibiriti ruzwi ku izina rya SORWAL rufunzwe kubera kutabasha kwishyura imisoro rwasabwaga.
Minisiteri w’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko yamaze gufata icyemezo cyo kubaka uruganda rucicicitse rutunganya amabuye y’agaciro mu karere ka Rutsiro mu rwego rwo kongerera agaciro umusaruro w’amabuye aboneka muri ako karere no mu nkengero zako.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) ifatanyije n’akarere ka Burera ndetse n’aborozi b’inka zitanga umukamo igiye kubaka uruganda rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu karere ka Burera.
Abagize koperative “HANGUMURIMO” yo mu murenge wa Kazo, akarere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyuko bafashe inguzanyo ngo bubake uruganda rutunganya ibigori, maze nyuma yo kururangiza bakabuzwa gutangira gukora kubera ikibazo cy’umuturage uturiye uru ruganda wavuze ko imashini zimusakuriza.
Uruganda rwa Maiserie Mukamira rutunganya bigori rukabikuramo akawunga n’amavuta nyuma yo kumara igihe rufunze kubera guhomba ubu rweguriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amajyambere (RDB).
Nyuma y’imyaka itandatu Kiliziya Gatulika yarananiwe kuzuza hoteri y’inyenyeri eshanu mu karere ka Rusizi kubera ubushobozi buke, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’abandi bashoramari biyemeje kugura imigabane muri iyi hoteri kugirango izamure iterambere ry’akarere.
Minisitiri w’Imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu wari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yongey gutangaza ko yishimiye ibihe byiza yahagiriye, cyane cyane ko yahakuye ubumenyi ku buryo ibihugu byacunga imari yabo mu miyoborere myiza.
Ministiri w’imari w’igihugu cya Niger, Gilles Baillet waje ayoboye itsinda ryo kwigira ku Rwanda uburyo ingengo y’imari ya Leta ikoreshwa, yahaye ikaze Abanyarwanda bifuza gushora imari mu gihugu cye, haba mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubucuruzi bwa peterori cyangwa gushora ibiribwa muri Niger.
Urubyiruko rugera kuri 50 rwo mu karere ka Kayonza rwahuguwe ku bijyanye no kwihangira imirimo mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza, rwahawe impamyabushobozi nyuma y’amezi atatu rwari rumaze ruhugurirwa muri icyo kigo.
Mu mujyi wa Karongi hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa igorofa y’amazu ane rizaba rifite agaciro ka miliyoni zirenga 950 z’amafaranga y’u Rwanda. rikazubakwa ahahoze inyubako y’urukiko rw’umurenge wa Bwishyura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika, riri ku mupaka wa Cyanika muri ako karere, izatangirana n’umwaka wa 2014 aho gutangira mu mpera z’umwaka wa 2013 nk’uko byari byarateganyijwe.
Nshimyumuremyi Cephas, umwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Kabaya mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze yihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga akoresheje ibimera biboneka mu karere akoreramo, none nyuma y’amezi arindwi atangije umushahara we ubu amaze kugira umushinga ubarirwa agaciro k’amafaranga agera kuri (...)
Abaturage 302 babaga muri gahunda yitwa VUP isanzwe ifasha abatishoboye mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bagiye kubaka uruganda rutunganya ibigori rukoramo kawunga kugira ngo ruzabafashe gukomeza kwiteza imbere kuko bemeza ko batagikeneye gufashwa ahubwo bahagurukiye iterambere rirambye.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 10.8 yabonye mu mezi icyenda y’uyu mwaka, itanga icyizere kuri iyo banki ko ngo mu gihe gito izaba yabaye ikigo cya mbere mu Rwanda cyunguka kurusha ibindi.
Ikigo gishinzwe iterambere (RDB) kirasaba abashinzwe guteza imbere ishoramari bahagariye u Rwanda mu mahanga, gufasha kongera umusaruro w’ishoramari rituruka ku biva cyangwa byoherezwa mu mahanga, ndetse n’amadevise atangwa na bamukerarugendo basura u Rwanda.
Niyibizi Emmanuel ukora umwuga w’ububaji muri santire ya Mukamira mu Karere ka Nyabihu ngo yatangiye akora akazi k’ubuyede mu mwakwa wa 2000, nyuma y’imyaka itatu abona amafaranga 6000 ayakoramo umushinga ubu umaze kubyara miliyoni zisaga zirindwi.
Hari tariki ya 16/04/2012 ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, yizezaga abaturage imbere ya Perezida wa Repubulika ko mu mpera y’umwaka wa 2012 mu karere ka Ruhango hazaba huzuye hoteli y’inyenyeri eshatu nyamara kugeza ubu ntiruzura ndetse kuyubaka byarahagaze.
Sosiyete y’ubwishingizi y’Abanyakenya yongereye u Rwanda mu bihugu ikoreramo, ikaba yemeza ko izishingira imitungo, ibikorwa n’ubuzima by’abantu hafi mu byiciro byose bijyanye n’imibereho yabo, nk’uko abayobozi b’iyo sosiyete babitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 19/11/2013.
Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubucuruzi ariko ntabashe guhita abona akazi, Habumugisha Michel yatangiye umwuga wo kudoda inkweto (kuzisana) ariko ubu ageze ku rwego rwo gukora ibintu bitandukanye mu ruhu ndetse afite abakozi ahemba.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 16/11/2013, abantu 50 baturuka mu mirenge ya Gasaka, Cyanika, Tare, Kibilizi na Kamegeri basoje amahugurwa y’iminsi itanu kuri hanga umurimo, aho bigishwaga gutegura imishinga bagamije kwihangira imirimo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda, bizaba bigeze ku kigero cya 30% mu mwaka wa 2014.