Gahunda y’iyubakwa ry’umujyi wa Rusumo mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi bukorerwa ku mipaka yishimiwe na benshi mu bikorera, bakavuga ko bagiye kuyigira iyabo baharanira kuyishyira mu bikorwa.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, arasaba abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru n’abayobozi baho guhuza imbaraga kugira ngo bafatanye kuzamura ubukungu bw’akarere n’ubw’igihugu muri rusange.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko mu gihe cyose hatabayeho ubufatanye bizagorana kugera ku iterambere na gahunda z’imbaturabukungu, bityo iki kibazo kikazavugutirwa umuti mu itorero ry’abikorera benda kwitabira.
Nyuma y’imyaka ibiri isoko rya Kijyambere rya Gisenyi risubitswe kubaka, Akarere ka Rubavu gatangaza ko ryamaze kwegurirwa abikorera bagomba kuryubaka mu mezi atandatu rigakorerwamo.
Abafite inganda zinyuranye mu Karere ka Bugesera baratangaza ko babangamiwe no kutabona ibyo gupfunyikamo ibikorwa byabo bihendutse, kuko ibyo bapfunyikamo bituma ibicuruzwa bihenda.
Ubuyobozi bwa polisi ikorera mu Karere ka Bugesera buratangaza ko bumaze kwakira ikirego cy’abarega umushoramari Uwineza Jean de Dieu bakundaga kwita Majoro wambuye abaturage n’amabanki amafaranga angana na miliyari imwe na miliyoni 600 by’amafaranga y’u Rwanda.
Ihuriro rya Leta y’u Rwanda n’abashoramari (baba abo mu gihugu ndetse n’ibigo mpuzamahanga) “SIF” ryasoje inama y’iminsi ibiri kuva tariki 01-02/12/2014 bamwe mu bashoramari bayitabiriye biyemeje gukorera mu Rwanda, banasinyanye amasezerano y’imikoranire na Leta.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abakiriya bayo ko yungutse miliyari 14.1 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka wa 2014, ndetse ko mu gihembwe cya gatatu cyawo nacyo cyavuyemo inyungu ya miliyari 4.2 RwF; mu gihe izindi banki zikorera mu Rwanda ngo zitabonye inyungu nk’iyo.
Umuryango mpuzamahanga w’abaholandi ushinzwe iterambere (SNV), umenyesha abashoramari ko bafite amahirwe mu gushora imari mu ngufu zivugururwa, kandi ko izo ngufu zihendukiye abaturage, ndetse zikaba n’ibisubizo bitandukanye ku buzima n’imibereho ya buri munsi.
Ibiganiro hagati ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Ministiri w’igihugu cy’u Buholandi ushinzwe iterambere n’ubucuruzi mpuzamahanga, Lilianne Ploumen, byashojwe impande zombi zemeranyijwe kwagura umubano no kuzana ishoramari ry’u Buholandi mu Rwanda.
Mu gihe kitarenze amezi atanu imirimo yo kwagura uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruri mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza iraba ishojwe. Gahunda yo kwagura uruganda rwa Cimerwa igamije kurwongerera ubushobozi ku buryo ruzajya rukora sima igera kuri toni ibihumbi 600 mu gihe rwakoraga toni ibihumbi 100 gusa mu mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne arasaba abarebwa no kubaka ikigo abagenzi bategeramo imodoka (Gare) cya Muhanga ko batagomba kudindiza iki gikorwa nyuma y’igihe bashaka kugitangira.
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri koperative Hirwa Musanze (KOHIMU) bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 rutanga akazi ku bantu 10.
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri “koperative Hirwa Musanze (KOHIMU)” bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 runatanga akazi ku bantu 10.
Abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) bibumbiye mu muryango wa AERG bafunguye ku mugaragaro ikigega kizatera inkunga imishinga yabo ibyara inyungu.
Ikigo cy’imari cyitwa Letshego cy’abanya Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho ngo kigiye kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari, kandi bafatwa nk’abasuzuguritse.
Nyuma y’amezi arindwi gusa uruganda Star Leather Products Company Ltd rukora inkweto mu ruhu rutangije ibikorwa byarwo mu Karere ka Gatsibo, hari ibyo rumaze kugeraho n’ubwo hakiri n’imbogamizi zikigaragara mu mikorere yarwo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’ubukungu mu bihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL), Joseph Lititiyo avuga ko amahoro n’iterambere mu karere bigomba kuzuzanya kuko nta cyabaho ikindi kidahari.
Nyuma y’aho leta ifatiye icyemezo cyo kugabanya ikoreshwa ry’amashyamba mu gutwika amatafari maze hakajya hifashishwa gasenyi, amwe mu makoperative afite amatanura avuga ko bihendutse kandi bitanga amatafari meza.
Umusore witwa Habumuremyi prosper wo mu murenge wa Kabaya yegukanye umwanya wa “rwiyemezamirimo w’urubyiruko” mu mwaka wa 2013-2014, kubera umushinga w’ubworozi bw’inkoko zitera amagi akorera mu mujyi wa Kabaya.
Kuva kuwa 03 kugera kuwa 13/10/2014, mu mujyi wa Muhanga habereye imurikagurisha ryahuje abaguzi n’abacuruzi hamwe n’abatanga serivisi zitandukanye, imurikagurisha ryahawe insanganyamatsiko igira iti “ubusabane bw’abacuruzi n’abaguzi, ibanga ry’iterambere”.
Abahinzi b’ibirayi bemeza ko uruganda runini rutunganya umusaruro uva ku birayi rugiye kubakwa mu karere ka Musanze ruzaba igisubizo ku musaruro w’ibirayi wabo kuko bawuboneye isoko rihoraho.
Isoko mpuzamipaka rizubakwa ahitwa Rugari ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu karere ka Nyamasheke rishobora kuba ryuzuye bitarenze umwaka mu gihe ibikenewe byose byaba bimaze gukorwa.
Umusore witwa Bimenyimana Jean Paul wo mu murenge wa Bwira, mu karere ka Ngororero avuga ko atunzwe no gusharija za terefoni ndetse n’amabatiri abika umuriro yifashishwa n’abantu biganjemo urubyiruko mu gucuranga amaradiyo.
Nyuma y’igihe kirekire inyubako ya hoteli izajya yakira abashyitsi batandukanye bagenderera Akarere ka Gatsibo ituzura, mu gihe gito yaba igiye gutangira imirimo yayo bityo ikibazo cy’amacumbi ku bagenderera aka karere kikaba gikemutse, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo.
Mu karere ka Rwamagana hatangijwe imurikagurisha rya 6 ry’intara y’Iburasirazuba ku gicamunsi cyo kuwa 21/09/2014, rihuje abamurikabikorwa 131 baturutse mu bihugu bitanu by’Afurika ndetse no ku mugabane wa Aziya.
Banki ya Ecobank iri mu gikorwa cy’amezi atandatu cyo gukangurira Abanyarwanda kwizigamira, aho iri gutanga ibihembo bitandukanye ku banyamahirwe barushije abandi kwizigamira amafaranga menshi ku ma konti yabo aheereye muri iyi banki.
Abakozi b’akarere ka Rutsiro kuva ku kagali kugeza ku karere bibumbiye muri koperative COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion Cooperative), biyemeje kubaka inzu y’ubucuruzi bazajya bakodesha.
Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye uruganda rutunganya ifu y’ibigori rwakozwe n’umugore witwa Uwimana Mediatrice uvuka mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ari naho urwo ruganda rukorera.
Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere tudafite ibikorwaremezo ariko ubuyobozi buri gushakisha uburyo bwakemura iki kibazo. Ni muri urwo rwego akarere kagiye kubaka amahoteri atandukanye ariko iyabimburiye izindi yatinze kuzura kubera ikibazo cy’amafaranga.