Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwatangiye gufata abakekwaho ibikorwa by’urugomo mu mujyi wa Gisenyi, harimo n’uzwi ku mazina ya Zidane, ibi bikorwa bikaba bigerwaho bahereye ku gukora urutonde rw’abakekwaho ubugizi bwa nabi.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Nyiramageni barifuza ko cyatunganywa, kugira ngo na bo bajye bahinga beze, nta biza bibangiriza.
Bamwe mu banyeshuri biga mu bigo by’amashuri bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu, baravuga ko bahangayikishijwe no kutarya ngo bahage, kubera ubucye bw’amafunguro bahabwa ku ishuri.
Mu butumwa Minisitiri January Makamba yanyujije kuri X nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko mu byo baganiriye, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko hari byinshi ibihugu byombi bisangiye birimo amateka n’umuco, ndetse n’aho biherere byagakwiye gutuma bifatanya mu gukemura ibibazo bimwe mu bibangamiye abaturage.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Ibizamini n’Impushya zo gutwara ibinyabiziga, mu minsi iri imbere irafungura Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gitwara ibinyabiziga, hifashishijwe Ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko umubyeyi witwa Mukamana Elevania bivugwa ko yajyanywe mu kigo cy’inzererezi cya Nyabushongo mu Karere ka Rubavu azira inzu yarimo akurikirana atari byo kuko atigeze ahabwa inzu mu Mudugudu wa Muhira mu Murenge wa Rugerero, kandi ngo kuba yarajyanywe mu kigo cya Nyabushongo (...)
Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) buratangaza ko bwatangiye kuvugurura ikoranabuhanga ryifashishwa mu kugurisha umuriro w’amashanyarazi. REG ivuga ko iri vugurura rireba abafatabuguzi bayo bose bakoresha mubazi z’amashanyarazi zizwi nka Kashipawa, kandi rigakorwa inshuro imwe gusa.
Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania ushinzwe n’Ubutwererane bw’Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, n’itsinda ryaje rimuherekeje.
Abagororewe mu bigo ngororamuco bazwi ku izina ry’Imboni z’Impinduka, bibumbiye muri Koperative zitandukanye mu gihugu bamaze guterwa inkunga ingana na 311,647,100Frw na Polisi y’u Rwanda, ndetse na Minisiteri y’Umutekano, bagahamya ko arimo kubafasha kwiteza imbere binyuze mu myuga bakora.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Leta zunze Ubumwe z’Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Nebraska National Guard (NENG), zatangiye ibikorwa by’ubuvuzi ku baturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye mugenzi we wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, January Yussuf Makamba, hamwe n’itsinda yaje ayoboye mu biganiro byize ku butwererane n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Umushinjacyaha Mukuru ushinzwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Bufaransa, Jean-François Ricard, yatunguwe ndetse anababazwa n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari mu rwibutso rwa Murambi, mu Karere ka Nyamagabe.
Mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Mururu, Akagari ka Tara mu Mudugudu wa Mutongo, inkangu yatwaye umusozi ibitaka byiroha mu mugezi wa Rusizi, bituma amazi adatemba biteza umwuzure watwaye imyaka y’abaturage n’inzu z’abaturage ku ruhande rwa Congo.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bikazatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, yataye muri yombi abasore icyenda bo mu Murenge wa Kinigi, aho bakekwaho icyaha cyo kubuza abaturage umudendezo.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, yamaze kwakira ibaruwa yanditswe n’Inama Njyanama y’aka Karere imusaba gutanga ibisobanuro biri mu ibaruwa yandikiye abarokotse Jenoside agashyiramo amagambo adasigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko ibiciro bishya by’ingendo, bizatangirana n’ibyerekezo na Kompanyi nshya, zizajya zitwara abantu mu Mujyi wa Kigali, aho Kompanyi zisanzwe zitwara abantu zavuye kuri eshatu zikagera kuri 18.
Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’intebe, rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo ya 111 n’iya 112, none ku wa 12 Werurwe 2024, yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira:
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ku mpungenge abatuye Akarere ka Burera bakomeje kugaragaza ku nyubako y’ibiro byako yakomeje kudindira, abizeza ko muri Kamena 2024, inyubako nshya y’ibiro by’Akarere ka Burera izaba yamaze kuzura.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bavuze ko ari ngombwa gushyira hamwe imbaraga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi, hagamijwe kurengera inyungu z’abaturage mu Muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari Miliyari 16.355Frw uvuye kuri Miliyari 13.720Frw mu 2022, ukaba warazamutseho 8,2% mu gihe byari biteganyijwe ko uziyongera ku gipimo cya 6.2%.
Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (Rwanda Forensic Institute), tariki 11 Werurwe 2024, cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, aho iki kigo kigiye kujya gihugura Abavoka, ndetse bakajya basura iki kigo.
Ubwato bwavaga i Goma bujya i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwagize ikibazo uwari ubutwaye ananirwa kubuyobora neza bwisanga bugeze ku nkombe mu gice cy’u Rwanda mu Mudugu wa Nyawenya, Akagari ka Bigoga, Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, ndetse bukora impanuka aho bwagonze ubundi bwato buto (...)
Abanyamuryango 130 ba Koperative Ubumwe n’Imbaraga, bakorera ubucuruzi bw’ibihangano by’indirimbo na film by’abahanzi mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zaho barashinja bamwe mu bahoze bayobora iyi Koperative, kunyereza Miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda, kugeza ubu bakaba bakomeje kuba mu gihirahiro bibaza iterambere (...)
Umunyekongo witwa Alain Tshenke ucukura ukanatunganya amabuye y’agaciro y’amabengeza mu Karere ka Muhanga, avuga ko yiyemeje gutera ikirenge mu cya Perezida Kagame mu guteza imbere abagore bakinjira mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije abifuza gushora imari mu gutwara abantu, ko bubafitiye bisi nshya zigurishwa zo mu bwoko bwa Yutong ZK6106HG.
Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda ugiye kwinjira mu kwezi kw’igisibo gitagatifu cya Ramadhan, gifatwa nk’umwanya wo kurushaho gusenga, gufasha abatishoboye no kwegera Allah (Imana) cyane mu isengeho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abatuye Umurenge wa Nyamyumba, wegereye ikiyaga cya Kivu ndetse ukaba umwe mu yifite amahoteli menshi muri ako karere, kugira isuku, bagatandukanya umwanda n’isuku nkeya, kuko ngo iyo atari isuku ni umwanda.
Abanyamuryango b’Urugaga nyarwanda rw’abafite Virusi itera SIDA (RRP+) mu Karere ka Rubavu, barasaba ko ahatangirwa udukingirizo hongerwa kuko aho dutangirwa ari hamwe, hakaba igihe dushira cyangwa n’abantu ntibabashe kuhagera kubera ari kure.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore wizihizwaga ku nshuro ya 49 tariki 08 Werurwe 2024, ntabwo Banki ya Kigali (BK) yasigaye inyuma, kubera ko ku mugoroba w’iyo tariki yifatanyije n’abakiriya bayo kuwizihiza.