Abanyarwanda barashishikarizwa kurya inyama z’ingurube n’iz’inkoko hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi. Mu gihe inkoko zo bisa n’aho abanyarwanda bazi akamaro kazo, ahubwo bakabangamirwa no kumva ko kuzirya bisaba amikoro, inyama z’ingurube zo zisa n’aho zibagiranye cyangwa zititabwaho mu muco nyarwanda.
N’ubwo mu Karere ka Gisagara hari inganda enye zenga inzoga mu bitoki, abahatuye bahinga ibyengwa bavuga ko kubona ababagurira umusaruro wose na n’ubu bitaragerwaho, bikaba byarahumiye ku mirari aho umusoro mu nganda zibyenga wazamuriwe.
Abafite inzu mu masantere y’ubucuruzi yo mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bahangayikishijwe n’itungurana rikabije bakomeje gukorerwa, ryo guhora bategekwa kuvugurura inyubako zabo bya hato na hato, bakemeza ko baterwa igihombo n’abakora nabi inyigo yabyo, aho mu myaka itatu basabwe kuzivugurura inshuro eshatu.
Mu mwaka wa 2017, Intara y’Amajyaruguru yihaye umuhigo wo kugera muri 2024, gahunda ya Girinka imaze koroza abatishoboye 68200, uwo muhigo urarenga hatangwa inka 89000, nyuma y’uko iyo gahunda itangijwe muri 2006.
Umuryango urwanya impanuka zibera mu muhanda witwa HPR, ufatanyije n’Urwego rw’Igihugu rutsura ubuziranenge (RSB) na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), barimo kwitegura gupima ubuziranenge bw’ingofero z’abamotari, nyuma yo kubona ko izo bafite inyinshi zitarinda abantu kwangirika umutwe.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Jeannot Ruhunga, aratangaza ko imikorere y’urwo rwego igiye kurushaho kunoga, nyuma y’uko umubare w’abakozi bari bakenewe wamaze kuzura.
Abayobozi baturutse mu bihugu bihuriye ku ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye EASF, bateraniye I Kigali mu nama y’iminsi ine igamije gusuzuma uburyo Ibihugu binyamuryango bihora byiteguye guhangana n’ingirane zirimo ibiza, guteza imbere ubufatanye, no kungurana ibitekerezo (...)
Malaria ni imwe mu ndwara zandura, ishobora kuvurwa igakira, kandi itwara ubuzima bwa benshi iyo utivurije ku gihe. N’ubwo hari gahunda zitandukanye zashyizweho mu nzego zose z’ubuzima kugeza no ku Bajyanama b’ubuzima zigamije guyihasha, uyu munsi hari abakicwa nayo, ariko RBC ivuga ko hari uburyo wayirindamo ugatandukana nayo.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (IBUKA), urasaba amahanga gutanga ubutabera ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ita muri yombi abagize uruhare mu Jenoside.
Abaturage bo mu ngo zisaga ibihumbi 13 bo mu Mirenge ya Rugera na Shyira, bamurikiwe umuyoboro w’amazi meza wa Rubindi-Vunga ureshya na Klometero 34, basezerera ingendo ndende bakoraga bajya gushaka amazi y’ibirohwa by’umugezi wa Mukungwa, aho bahoraga bahanganye n’indwara ziterwa n’umwanda.
Mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro, batangiye gahunda ngarukamwaka y’Icyumweru cy’Umujyanama, kuva tariki 23 Werurwe 2024 kugeza tariki 30 Werurwe 2024. Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti “Umujyanama mwiza, umuturage ku isonga.”
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababiciye ababo, baratangaza ko nyuma y’imyaka 30 aribwo babashije kubohoka, bakira ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba na bo bagiye kwigisha bagenzi babo kugira ngo bakire ibyo bikomere.
Abarezi n’ababyeyi barerera muri amwe mu marerero yo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, barashima ibikorwa bagezwaho n’umuryango One Acre Fund, ufatanyije na Tubura birimo ifu yitwa ‘Iyacu’ yongerewemo intungamubiri ikarinda abana igwingira.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwamuritse ibikorwa byatwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 42 byakorewe abaturage batishoboye batuye mu bice bitandukanye by’ako Karere.
Abanyeshuri barwaye ni abiga mu mashuri abanza y’icyiciro gihabwa amata muri gahunda yo kurwanya igwingira na bwaki.
Uwitwa Pasiteri Anastase Rugirangoga ati ‘Si impinduka z’ibiciro ahubwo ni impinduka z’ibihe, ntabwo ari twe twenyine, jyewe rwose nzi uko mu bindi bihugu bimeze, mbona mu Rwanda tugikanyakanya.’
Madamu Jeannette Kagame, yibukije urubyiruko rw’Inkubito z’Icyeza, gushishoza, bakigira ku bandi, ariko iteka bakareba ibibafitiye umumaro, ndetse anabibutsa kwirinda inzoga kuko atari iz’abato.
Mu Karere ka Gisagara, hari abahinga mu gishanga cya Duwane binubira kuba barategetswe guhinga urusenda ubu rukaba rwararumbye bagahomba, mu gihe bagenzi babo bo bemerewe guhinga ibigori ubu bo bafite ibyo kurya.
Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bose bakora ibikorwa by’ubujura butandukanye ariko cyane cyane abiba insinga z’amashanyarazi ko batazihanganirwa igihe bazaba bafatiwe muri iki cyaha.
Guhera tariki ya 01 Mutarama 2023 kugera tariki ya 01 Mutarama 2024, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, habaruwe abangavu 8,801 bari hagati y’imyaka 14 kugera kuri 19 basambanyijwe baterwa inda.
Imibare yavuye mu bushakashatsi bw’Ikigo cy’Ibarurishamibare ku rwego rw’Isi (World Data Lab), igaragagaza ko urubyiruko mu Rwanda ruziyongeraho abarenga ibihumbi 800 hagati ya 2021 na 2030, bazaba bafite amahirwe yo gukora indi mirimo itari iy’ubuhinzi.
Perezida wa Sena, Dr.Kalinda Francois Xavier yagaragaje uburyo ururimi rw’igifaransa ari ururimi rwakwifashishwa n’abatuye Isi bakagera ku bikorwa by’iterambere igihe barwifashishije bahanga udushya.
Abagore 300 bakora ubucuruzi buciriritse n’ibindi bikorwa bibateza imbere, bashyikirijwe igishoro cya Miliyoni 50 n’ibihumbi 700Frw azabafasha mu mirimo bakora.
Hirya no hino haracyagaragara abana ku mihanda babiterwa n’impamvu zitandukanye ziganjemo ibibazo biterwa n’imiryango. Ni ikibazo gihangayikishije kuko abo bana usanga babaho mu buzima bubi, bigatuma na bo bishora mu bikorwa bibi birimo ubujura, urugomo no kunywa ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Ubutabazi yatangaje ko ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 17 cy’impunzi 91 zivuye muri Libya, aho zari zimaze igihe zibayeho nabi zishaka kujya gushakira imibereho ku mugabane w’u Burayi.
Ubushakashatsi bwakoze n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), mu mwaka wa 2023 kuri serivisi y’isuku, bugaragaza ko Akarere ka Nyagatare kazamutseho amanota 13.6%, kava ku manota 68.6% kagera kuri 82.2% n’umwanya wa gatandatu mu Gihugu cyose.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro babiherewe ibyangombwa, kutagura amabuye acukurwa n’abiyita abahebyi babikora mu buryo butemewe n’amategeko, akabibutsa ko batayaguze ubwo bucukuzi butemewe bwahagarara.
Mu madini n’amatorero atandukanye bavuga ko ihame ry’ubunganire n’ubwuzuzanye ryatangiye kubahirizwa uretse ko bikorwa mu buryo butandukanye bishingiye ku myemerere.
Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 425, bagizwe n’abagera kuri 240 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), n’abandi 185 bakorera muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA).
Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere, BRD, yagiranye na Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) amasezerano y’ubufatanye mu kubaka amacumbi y’abanyeshuri arengera Ibidukikije (eco-friendly hostels).