Batanu mu basirikare umunani b’Ingabo z’u Rwanda bakomeretse barashwe na mugenzi wabo ubwo bari mu butumwa bw’Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA), bajyanywe muri Uganda kugira ngo barusheho kwitabwaho n’abaganga.
U Rwanda rwatangije ishami ry’Umuryango Nyafurika Pan African Mouvement/PAM uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kivuga ko kitanyuzwe n’umubare w’abakoresha neza imashini zitanga inyemezabuguzi(EBM), aho abangana n’ibihumbi umunani mu bihumbi 16 by’abacuruzi, ari bo bonyine batanga inyemezabuguzi za EBM(Electronic Billing Machine).
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongeleza mu Rwanda William Gelling, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ari ugushaka umuti urambye wo kuyirwanya uzanafasha urubyiruko rw’ejo hazaza guhindura amateka mabi yaranze igihugu.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne, aratangaza ko umuganura utigeze uta agaciro mu mu muryango Nyarwanda, ahubwo hahindutse uburyo umuganura wa kera wizihizwaga, kuko ubutumwa wabaga ugamije gutanga ntacyahindutsemo.
Abaganga bagize ihuriro ry’abaganga batera ikinya “Rwanda Association of Anesthesiologist”, basanga bakwiye gusenyera umugozi umwe, kugira ngo umwuga wabo ukorwe neza kandi utunganire abawukora n’abawukorerwa.
Imiryango itandukanye ya Sosiyete Sivile yasabye abasenateri ko ingingo y’101 y’Itegeko nshinga igomba guhindurwa, kuko ngo ibona Perezida Kagame ari we ukwiriye gukomeza kuyobora Abanyarwanda nyuma 2017 aho ivuga ko kubaho kwayo ari we ibikesha.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije(REMA), kiratangaza ko filime yiswe “Isonga” cyamuritse, ari amahirwe abantu babonye yo kumenya uburyo babaho neza mu buryo burambye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.
Abayobozi b’Imitwe ya Politiki icyenda muri 11 ikorera mu Rwanda, ni bo bamaze kwemeza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa kugira ngo Perezida Kagame azabe mu biyamamariza kuyobora u Rwanda muri 2017, Green Party ikaba yarabyanze, naho PS-Imberakuri ngo iracyabyigaho.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi Avega Agahozo, wahaye Umunyamerikakazi Valerie Jerome uburenganzira bwo kuwubera umuvugizi muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 29 Nyakanga 2015.
Nyuma yo kuganira n’abaturage bo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga, abasenateri baravuga ko bimaze kugaragara ko nta muturage wategetswe gusaba ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora abanyarwanda nyuma y’umwaka wa 2017.
Umuryango ushinzwe kongerera imbaraga n’ubumenyi abagore New Faces/New Voices (NF/NV) watrangiye ibikorwa byawo byo guhugura abagore mu micungire y’umutungo no kugera kuri serivise z’imari, nyuma y’igihe gito utangiye gukorera mu Rwanda.
Yezu Kristu ngo yahaye abatuye isi kuba umwe bitwa abakristo, azi abantu mu mazina yabo nk’uko na Perezida Kagame ngo yagize abaturage ubwoko bumwe (Umunyarwanda), kandi ngo arabazi mu mazina yabo n’ibibazo bafite, nk’uko uwitwa Batamuliza Jennifer Cyakwita abisobanura.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Karate Nkoranyabahizi Noel, aratangaza ko ikipe abereye umutoza yakajije imyiteguro y’ amarushanwa y’ibihugu byo mu Karere ka Gatanu ( Zone 5), ateganyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2015.
Abaturage benshi barimo gusaba ko Umukuru w’Igihugu yajya agira manda y’imyaka irindwi bakagena n’umubare, ariko bikaba urujijo aho basaba ko Perezida Kagame ari we wenyine wayobora kugeza igihe ubwe azemera ko atagishoboye. Abahanga barimo abadepite n’abasenateri babona byateza ikibazo, bakajya inama yo gushyiraho manda (...)
Gymtonic ya BE FIT ikorera muri Stade Amahoro ifitiye gahunda abakozi batabona umwanya wo gukora siporo, ibagenera ahantu ho gukorera siporo hagezweho kandi hujuje ubuziranenge kugira ngo umuntu abeho neza.
Mu murenge wa Kimihurura(akarere ka Gasabo) hari abavuga ko abadepite barimo kubarondogoza no gupfusha ubusa umwanya mu biganiro barimo, kuko ngo bamaze kwemeza ko ari we uzabayobora, nta wundi.
Polisi y’igihugu yatangiye ubukangurambaga bwo kwigisha abapolisi uburyo bwo gukumira ibikoresho by’ibyiganano, kubera impungenge ifite z’uko bishobora kuzaba byinhsi bigatangira guteza ibibazo mu baturage.
Abahinzi barakangurirwa kongera ikoreshwa ry’ifumbire mva ruganda, nyuma y’uko bigaragariye ko umusaruro ukomoka ku bihingwa wagabanutse, nk’uko bitangazwa na Henry Gitau, umuyobozi w’ikigo gikwirakwiza ifumbire mva ruganda mu Rwanda Balton Rwanda.
Bamwe mu batuye umurenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo baratangaza ko kubera ibyo Perezida Kagame yakoreye igihugu n’Abanyarwanda akwiye manda zitagira umupaka ariko igiye yazaba atakiri ku buyobozi hagasubiraho amatora ya kamarampaka ku bazamusimbura.
Umwana uri mu kigero k’imyaka 17 wakinaga na bagenzi imbere y’ikiyaga giherereye mu murenge wa Kacyiru mu kagali ka Kamatamu, yarohamyemo ahita apfa ubwo yageregazaga kujyamo koga.
Umurage Ndahiro Claude, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya INILAC/ Ishami ryaryo rya Kigali, yatangaje ko, binyuze mu rugerero, bateganya kwitura igihugu ibyo cyabakoreye byose.
Tariki 11 na 12 Nyakanga 2015, Itorero Mashirika ryateguye iserukiramuco mpuzamahanga ryiswe “Ubumuntu Arts Festival”,rigamije kwimakaza umuco w’amahoro n’ubumuntu mu batuye isi.
Ibigo by’imari bikorera mu Rwanda biri mu gihombo cya miliyari zirenga 10 z’amafaranga y’u Rwanda biturutse ku nguzanyo byagiye bitanga ku bakiriya babyo ariko nibishyure. Aya mafaranga angana 7% y’imari y’ibi bigo yagiye yamburwa n’abakorana nabyo batandukanye.
Ministiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arizeza ingabo zabohoye igihugu ko urubyiruko ayoboye rwiteguye kurwana urugamba urwo ari rwo rwose, kugira ngo umutekano w’igihugu n’ibyagezweho bikomeze kubungabungwa.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu ituye mu kagari ka Ruhanga mu karere ka Gasabo, yashimiye bamwe mu rubyiruko n’ubuyobozi bw’ako karere igikorwa k’isuku no kubaremera babakoreye muri iki gihe hategurwa isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 21.
Mukezangabo Augustin Umuyobozi wa La Palisse Hotel ikorera Nyandungu na Golden Tulip ikorera Nyamata mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko abahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari inkozi z’ibibi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba abaturage gufatanya nawe no kongera imbaraga mu byo bakora, kugira ngo iterambere ry’igihugu ryagezweho mu myaka 20 ishize rikomeze kwiyongera aho gusubira inyuma cyangwa kuguma aho riri.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije ikigega bise Ishema ryacu, kigamije gufasha Umunyarwanda wese ushobora guhura n’ikibazo nk’icyo Lt. Gen. Karenzi Karake yahuriye nacyo mu gihugu cy’u Bwongekeza aho yaciwe miliyari irenga kugira ngo arekurwe by’agateganyo.
Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, irangajwe imbere na IBUKA, AERG, GAERG, AVEGA yakoze urugendo rwo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 inakora urugeno rwo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake.