Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafunze Medi Motel iherereye mu murenge wa Kimironko, nyuma yo kuyigenderera bitunguranye bagasanga isuku iharangwa idakwiye kugaburira abantu.
Masozera Pierre niwe watorewe kuba umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gasabo mu matora yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28/11/2014.
Bamwe mu batuye umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo barokotse Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 n’abayikoze cyangwa abasahuye imitungo y’abandi baremeza ko ubwiyunge bushoboka bagendeye ku buryo babashije kongera kuvugana batabitekerezaga.
Bamwe mu batuye mu karere ka Gasabo barasaba ko ibyangombwa byose bijyanye n’ubutaka nko kubaka no guhindura ibyangombwa by’ubutaka bidakwiye kuba bishakirwa ku karere, kuko bibarushya kubibona kandi bagatakaza n’umwanya babyirukaho.
Minisitiri w’Umuco na Siporo arasanga harabayeho amakosa yo kwemeza no gutangaza amabwiriza hatabayeho kubanza kubaza Abanyarwanda. Asabira imbabazi abakoze aya mabwiriza akavuga ko yakomeza kugibwaho impaka byaba na ngombwa akarekwa hagakomeza imyandikire isanzwe.
Perezida wa Senay’u Rwanda, Bernard Makuza, yasabye abari bitabiriye inama yari ihuje abadepite b’Inteko mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ub’umuryango wa bagize EALA n’abandi bafatanyabikorwa, ko hafatirwamo n’ingamba zo kurwanya Jenoside.
Abagabo babiri bataramenyekana bari bitwaje imbunda, bateye ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco( RCHC) mu mpera z’icyumweru gishize, babaririza umuyobozi wacyo Dr Rutangarwamaboko Nzayisenga Modeste, bagamije kumugirira nabi, ku mpamvu zitaramenyekana.
Isosiyete ikora ubucuruzi bwa sima “Kilimanjaro Cement” yiyemeje gufasha abaturage b’umurenge wa Ndera mu karere ka Gasabo kububakira isoko rya Kijyambere risimbura iryari ritangiye kubakwa mu buryo butajyanye n’igihe.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24/10/2014 yasenyeye benshi mu baturage batuye mu kagari ka Musezero, mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo.
Jua kali/Nguvu kazi ni imurikabikorwa ngarukamwaka ry’abanyabukorikori baturuka mu bihugu bitanu bigize Afurika y’uburasirazuba, aho bahura berekana ndetse banasangira ubunararibonye ku bihangano byabo by’ubukorikori.
Ikigega Nyarwanda gishinzwe gutera inkunga imishinga igamije gurengera ibidukikije (Green Fund), gifite intego yo gufasha u Rwanda kuba igihugu cybahiriza amahame y’ibidukikije gifasha abaturage gukora imishinga irengera ibidukikije iakanabafasha kwiteza imbere.
Ikigo nyarwanda cy’urubyiruko cyitwa Creative for Africa n’akarere ka Gasabo, bafatanyije umushinga wo kujya bakoresha amarushanwa y’abahanzi bakiri bato mu mwuga, mu rwego rwo guteza imbere impano y’urubyiruko kugira ngo umwuga w’ubuhanzi ubashe gutunga nyirawo.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Abagore bo mu murenge wa Ndera 500 bakora akazi ko gutunganya ikawa, bishyize hamwe batera inkunga ingabo z’igihugu zamugariye ku rugamba bagura imipira 500, umwe bawugura ibihumbi bitanu.
Akarere ka Gasabo kizeye ko imibereho y’abaturage izarushaho kwiyongera biturutse ku mikoranire myiza gafitanye n’abafatanyabikorwa bahakorera mu bijyane no kuzamura ubuzima bw’abaturage.
Bamwe mu baganga bafite amavuriro yunganira ibigo by’ubuzima mu mirenge itandukanye mu karere ka Gasabo bikorana n’umuryango One Family Health Center, bafunze imiryango bitewe n’uko batakibona amafaranga yo gukomeza ubuvuzi uyu muryango nterankunga wari warabemereye.
Mu murenge wa Nduba wo mu karere ka Gasabo hatashywe ikiraro cyambukiranya umugezi wa Nyabarongo wari uzwiho kutaba mwiza mu gihe cy’imvura, kuko mu gihe cy’imyaka ibiri gusa wari umaze guhita abantu bagera kuri 25 barohemyemo bagerageza kwambuka.
Ikigo cy’ikoranabuhanga Victory Technologies cyahaye impamyabushobozi abakozi 33 cyahuguraga mu gihe cy’amezi atatu muri porogaramu z’ikoranabuhanga, zidasanzwe zigirwa mu Rwanda. Aba bakozi bakemeza ko bibafunguriye imiryango yo guhangana n’abanyamahanga bihariye isoko mu Rwanda.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba Abanyarwanda gushyira hamwe bagakorana imbaraga mu kwishakamo ibisubizo by’iterambere bakanafatanya kurinda ibyagezweho, aho kumva ko ahazaza habo hagomba kugenwa n’undi wabasindagiza.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Umurunge wa Nduba waje ku mwanya wa mbere mu karere ka Gasabo mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2013/2014, mu gikorwa cy’igenzura cyateguwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo.
Itsinda ry’abadepite b’abayapani basuye ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa 23/8/2014, bavuze ko bazabwira amahanga ko Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yagombye kuba isomo ku bihugu birimo kuberamo ubwicanyi; bakaba kandi bijeje kongera ibikorwa bitezwa imbere n’inkunga (...)
Ministeri y’uburezi(MINEDUC) ifatanije n’umushinga w’Ababiligi wubaka ubushobozi bw’abashinzwe uburezi(vvob), batangije gahunda yo gushaka abayobozi bashoboye iby’imicungire n’imitegekere y’amashuri abanza, mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’ishuli rya Green Hills Academy, rimwe mu mashuli akomeye mu Rwanda, ryakoze ibirori by ’ubusabane na bamwe mu banyeshuli baryizemo mu myaka yashize bagize icyo bita “Alumni”, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 14/8/2014.
Umuyobozi w’akarere Ndizeye Willy atangaza ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa, akarere kabashije kwesa imihigo ku kigereranyo cya 96%, mu bikorwa byose aka karere kashoyemo amafaranga agera kuri miliyoni 24.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo wo gutahura utubari tugurisha inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18, aho mu rucyerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 1/8/2014, akabari kari gasanzwe kazwi nka “Lebanese Restaurant” kakuwemo abagera kuri 25 biganjemo abakobwa.
Umuhango w’umuganura washyizwe muri gahunda za Leta zo kwishakamo ibisubizo no kwigira; aho ngo uzajya wizihizwa buri mwaka abantu basabana, ariko bakaboneraho n’igihe cyo kwisuzuma, kwesa imihigo no gufata ingamba zo gukoresha neza ibyo bafite; nk’uko inzego zishinzwe gutegura umuganura zabitangaje.
Umuryango wa gikirisitu ukora ibijyanye no gufasha abaturage batishoboye, World Vision, urishimira ko hari byonshi wafatanyije n’u Rwanda mu rugendo rwo kwibohora, aho mu myaka 20 washoboye gufasha abaturage benshi kuva mu bukene no mu bujiji.
Urugaga rw’abafundi mu Rwanda rwateguye ukwezi kwahariwe umufundi mu Rwanda. Uku kwezi kugamije kugaragaza akamaro k’umufundi mu iterambere ry’igihugu kuzatangira tariki 26/7/2014 kugeza tariki 30/8/2014.