Abakozi bakoraga mu ruganda rw’icyayi ruherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro baburiwe irengero nyuma yo gukomeretsa umuntu mu kabari bamaze gusinda mu masaha ya saa mbiri z’ijoro tariki 22/08/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibiyiranga RAB 467 G yataye umuhanda igonga abantu bane bari bicaye bategereje bagenzi babo, umwe muri bo yitaba Imana ageze ku bitaro bya Kaminuza bya Butare, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 22/8/2014.
Kuba uruhare rwa buri Munyarwanda rukenewe mu gukumira icuruzwa ry’abantu byagarutsweho n’umuyobozi wa polisi y’igihugu mu karere ka Huye, Chief Spt Tom Murangira kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/8/2014 ubwo yaganiriraga abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rw’ababyeyi rwa Butare (CEFOTEC).
Umugabo uzwi ku izina rya Kazungu utaramenyekana umwirondoro we yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 22/8/2014 azize ibuye yakubiswe n’uwo basangiraga mu kabari.
Uwitwa Niyonshuti Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umukobwa witwaga Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa mu mukwabu bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga itemewe ya kanyanga.
Abasore n’inkumi batandatu bafatiwe mu karere ka Kamonyi abandi babiri bafatirwa muri Ruhango, bagenda ku mazu yubatse ahazagurirwa umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza ku Kanyaru bakaka abaturage amafaranga bitaga ko ari ayo kugira ngo babakorere igenagaciro ry’imitungo ya bo izangizwa mu gukora umuhanda.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka 13 uvuka mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa gatatu tariki ya 20/08/2013 yagaruwe iwabo nyuma yo gufatirwa mu karere ka Rubavu agiye kwambuka umupaka agana muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umukobwa w’imyaka 20 uvuka mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi mu murenge wa Rusenge, ashinjwa kwiba umwana w’umuhungu w’uruhinja rw’amezi atatu yareraga mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Furaha Ndugu Aimable w’imyaka 24 y’amavuko usanzwe ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, wiyemerera icyaha cyo guhindura impapuro batangiraho amande ya polisi (contravention).
Umugabo witwa Nshimiyimana Jean Marie Vianney w’imyaka 34 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo rw’urukorano.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi umugabo ashinjwa gutesha abana amashuri akabajyana gukorera amafaranga, uyu mugabo akaba yafashwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 19/08/2014 ahagana mu masaha ya saa munani.
Umusaza witwa Rwemera Joseph w’imyaka 81 utuye mu mudugudu wa Kamushure, akagari ka Rukurura, mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi yatoraguwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe n’inzoga.
Umusore w’imyaka 24 wo mu murenge wa Mata ari mu maboko ya Polisi, akekwaho icyaha cyo gutema agakomeretsa mu gahanga mukase w’imyaka 93 bapfa amakimbirane ashingiye ku masambu.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro ashinjwa gufata umugore w’abandi amusanze mu nzu aryamye mu murenge wa Manihira, akagali ka Muyira tariki ya 15 kanama saa sita z’ijoro.
Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhango akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 icya rimwe mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Umunyarwanda witwa Ngabo avuga ko ubwo yari amaze kugurisha amashaza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yatangiriwe n’abantu bamusabye ibyangombwa bagahita bamujyana mu modoka idafite nomero ziyiranga bakamugirira nabi bakanamutwara amafaranga.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bagiye gucika ku bworozi bw’amatungo cyane cyane amagufi kubera abajura, ubuyobozi bukangurira abaturage gutanga imisanzu yo kwishyura inkeragutabara zigiye gushyirwaho kugira ngo zirinde umutekano.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Kubwimana Marcel wafatanywe n’abaturage udupfunyika 250 tw’urumogi atugemuye mu karere ka Nyabihu.
Kuva ku wa mbere tariki ya 18/08/2014, imodoka zose zitwara abagenzi mu buryo bwa “Express” mu Ntara y’Iburasirazuba ntizizongera gufata abagenzi ahantu hatagurishirizwa amatiki yazo, hagamijwe guca akajagari kakunze kugaragara muri izi modoka ndetse kakaba mu biteza impanuka zo mu muhanda.
Mu karere ka Ruhango, tariki 14/08/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja mu murenge wa Byimana watawe n’umuntu utaramenyekana naho mu murenge wa wa Ruhango, inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Ubusinzi n’umuvuduko ukabije biri kwisonga mubitera impanuka zo mu muhanda mu karere ka Gicumbi, nk’uko byatangajwe na bamwe mu batwara ibinyabiziga bya moto bo mu karere ka Gicumbi ubwo bakangurirwaga na Polisi kwirinda impanuka zo mu mihanda zimaze iminsi zihitana ubuzima bw’abantu.
Umugore wo mu mudugudu wa Rebero mu kagari ka Nyagatovu ko mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Mukarange, aho ari gukorwaho iperereza ku rupfu rw’umugabo we basanze ari mu mugozi mu gitondo cya tariki 14/08/2014 yashizemo umwuka ameze nk’uwiyahuye.
Umugabo w’imyaka 30 witwa Yohani (izina ryahinduwe) utuye mu Murenge wa Gahara, Akarere ka Kirehe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe kuva ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki 12/08/2014, akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 10.
Mu rwego rwo kurinda umutekano no guca ubujura bukorerwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi byaha bitandukanye, ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bwongereye ingufu mu guhashya abakora bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko.
Mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo (camion) ifite nomero ziyiranga CGO 9695 AA19 yagonze moto abantu babiri bari bayiriho barakomereka bikabije, umushoferi w’iyi modoka ahita acika.
Umugabo witwa Ntawunezuwe Jean Baptiste w’imyaka 50 y’amavuko yapfuye agwiriwe n’ikirombe ubwo yacukururaga umucanga. Ibi byabereye mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bufatanyije na polisi bwatwikiye imbere y’abaturage ibiti by’umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 60 ndetse hanamenwa Kanyanga n’urumogi nabyo bifite agaciro k’ibihumbi 810 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nkundakubana Vianney w’imyaka 71 y’amavuko, wari utuye mu mudugudu wa Rugarama akagari ka Rwinyana, umurenge wa Bweramana, yiyahuye akoresheje umuti witwa Simakombe ahita apfa.
Abakoresha amagare mu buzima bwabo bwa buri munsi barasaba kwigishwa amategeko y’umuhanda kugira ngo bajye babasha kwitwara neza aho bagenda hose ndetse birinde impanuka.