Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije moto yo mu bwoko bwa TVS uwitwa Havugimana Manassé w’imyaka 34 y’amavuko yari yaribiwe mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera maze ijyanwa kugurishwa mu gihugu cy’u Burundi.
Nyuma yuko bigaragaye ko abatuye umurenge wa Kibungo batararaga amarondo maze abaturage bagasaba ko abagize Community Policing Committees (CPCs) zajya zirara irondo maze bakazihembera, uyu murenge umaze ukwezi nta byaha by’umutekano muke biharangwa.
Nyuma y’aho umurambo w’umwana witwa Nayituriki Emmanuel w’imyaka 7 y’amavuko ubonetse mu gishanga, abanyeshuri bo ku kigo cy’ishuri ribanza cya Muhari uwo mwana yigagaho hamwe n’abayobozi b’iryo shuri kuri uyu wa 10/09/2014 bakoze urugendo rwo kwamagana iyicwa rubozo ryakorewe mugenzi wabo n’ihohoterwa rikorerwa abana muri (…)
Umugabo witwa Ntihabose Venant w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icyenda nyuma yaho umupolisi yari amufatanye inzoga za Amstel bock zikorerwa mu Burundi azijyanye mu mujyi wa Kigali.
Gashikazi Neliya w’imyaka 65 utuye mu mudugudu wa Kagarama, akagali ka Bugina mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro akaba umupfakazi wa Jenoside yatwikishije inzu y’inyuma abayitwitse bakaba bataramenyekana na n’ubu.
Abagize umutwe wa DASSO (District Seculity Support Organ) barahiriye kuzuza inshingano bahawe mu karere ka Kirehe banizeza Abanyarwanda gukorera igihugu batizigama kandi bagarura isura yangijwe n’abo basimbuye bazwi ku izina rya Local Defense Forces.
Umukobwa witwa Mushimiyimana Sarume w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa yonsa abana babiri yareraga nk’umukozi kandi afite ubwandu bw’agakoko ka SIDA.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko afungiye kuri polisi y’umurenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina umwana w’umuhungu w’imyaka ine yari ashinzwe kurera.
Nkundanyirazo Landouard w’imyaka 55, wari utuye mu mudugudu wa Rubona, akagari ka Muganza ho mu murenge wa Runda, bamusanze yapfiriye mu nzu yabanagamo n’umuryango we. Mu bakekwaho kumwica harimo umugore we bahoraga bashyamirana.
Urwego rwunganira gucunga umutekano mu karere District Security Support Organ (DASSO) mu karere ka Rutsiro rwarahiriye ku mugaragaro kuzuzuza inshingano bahawe bakaba basabwe kwirinda ababashuka babakoresha mu nyungu zitari iz’igihugu.
Abantu bane bari mu maboko ya police station ya Kibungo, nyuma y’urupfu rw’umusore w’umurundi wakoraga akazi ko mu rugo witwa Mbonyimana Fideli w’imyaka 26.
Umuntu utaramenyekana yataye umwana uri mu kigero cy’amezi atatu mu bwiherero bw’ikigo nderabuzima cy’umurenge Kamabuye mu karere ka Bugesera.
Abantu bataramenyekana bibasiye inka z’abaturage barazitemagura, kuko ibyo bimaze gukorwa mu murenge wa Kamabuye ndetse n’uwa Ngeruka yose yo mu karere ka Bugesera.
Umugore utaramenyekana yataye umwana w’uruhinja ufite hagati y’amezi atanu n’atandatu, mu rusengero rwa ADEPR ruri mu murenge wa Kamabuye mu kagari ka Mpeka mu mudugudu wa Byimana mu karere ka Bugesera.
Kumenya no kwandika imwirondoro y’abakozi bakoresha mu ngo nibyo bikangurirwa abaturage muri rusange ni nyuma y’aho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 06 Nzeli umusaza Bihayiga Augustin w’imyaka 83 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Cyenjojo akagali ka Cyenjojo umurenge wa Rwempasha akarere ka Nyagatare yishwe n’umushumba (…)
Abanyonzi bakorera mu karere ka Ruhango, barishimira ko nta muntu ukibahutaza mu muhanda ababuza gukora akazi kabo ndetse ngo nabo bafashe ingamba zo kugabanya umuvuduko ku muhanda bagamije kwirinda impanuka.
Ubu butumwa bwagarutsweho n’abayobozi baganiriye abanyeshuri biganjemo abiga mu bigo by’amashuri yisumbuye byo mu Karere ka Huye, tariki 05/09/2014, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, by’umwihariko b’abakobwa, mu Ntara y’amajyepfo.
Abagize urwego rushya ruzaba rushinzwe gucunga umutekano basabwe kuzaba inyangamugayo no kuzaba ijisho rya rubanda mu kazi kabo, bagatandukana n’urwego basimbuye rwari rutangiye gutakaza icyizere mu baturage.
Kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014 mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, imodoka itarwa abagenzi ya Kigali coach yo mubwoko bwa Coater yagonganye n’ikamyo ya hakomerekamo abantu 17.
Mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa Kane tariki ya 04/09/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore w’imyaka 21, wari warohamye ari koga.
Abantu babiri bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana kuri uyu wa 04 Nzeli ahagana saa kumi n’iminota 10 mu mudugudu wa Byimana akagali ka Mimuli umurenge wa Mimuli akarere ka Nyagatare.
Umurambo w’umuntu utaramenyekana wabonetse mu bwongero bwo mu rugo rw’umuturage mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa gatanu taliki 05/9/2014.
Umusore w’imyaka 22 ukomoka mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisiya Byumba akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya mushiki we w’imyaka 16.
Nsanande Athanase w’imyaka 51 utuye mu mudugudu wa Kaburiro mu kagari ka Karengera mu murenge wa Kirimbi, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo nyuma yo gushinjwa kuruma umukobwa yibyariye umukondo, ndetse agahita yifungirana mu nzu akica ihene eshatu indi akayivunagura.
Umusore witwa Mbarubukeye Félix ukora akazi ko gucunga umutekano mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru mu mutwe ushinzwe umutekano wa DASSO, afungiye kuri poste ya polisi ya Mutovu mu murenge wa Muganza ashinjwa kwiba televiziyo, dekoderi n’icyuma cya firigo mu kabari.
Mu rukerera rwo kuwa 3/9/2014, abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda mu karere ka Bugesera bafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina ipakiye amakaziye 17 y’inzoga za Amastel bock zinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Ngabonziza Jean Claude, Umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu kagari ka Kigembe, yatemwe n’umuturage tariki 2/9/2014, amutemera imbere y’inzu yari amaze gusenya. Uwamutemye yahise atoroka ariko abandi baturage bavuga ko yamujijije ko yahawe amafaranga mu kubakwa kw’iyo nzu none akaba ayisenye.
Umugabo witwa Hakizayezu Gratien bahimbaga Gatekasi uri mu kigero cy’imyaka 25 wakoraga akazi ko gucuruza inka, yasanzwe mu ruzi rwa Bitare yapfuye mu ma saa tatu za mu gitondo mu mudugudu wa Ryanyagahangara, mu kagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke.
Ku rukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge hatwikiwe urumogi, kanyanga n’ibiti bya kabaruka bakunze kwita umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 752 by’amafaranga y’u Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 3/9/2014.
Nyuma yuko umugabo asambanyije ku ngufu umukobwa yibyariye akavuga ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye harimo na suruduwiri (African Gin) bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba ababishinzwe ko yafatirwa imyanzuro.