Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 10/10/2014, umugabo uri mu kigero cy’imyaka 34 wari utuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yimanitse mu mugozi yamaze gushiramo umwuka.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo witwa Habiyaremye François.
Mu kagari ka Mahoko, umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 34 witwa Munyarukumbuzi Godfrey yishe nyina Nyirabakwiye Marie Gorette hamwe n’umwishwa we witwa Iradukunda abatemaguye.
Abantu 10 bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barashakishwa bakurikiranweho guteza ubushyamirane hagati y’abaturage n’abashinzwe kurinda ikivu muri iki gihe gifunzwe.
Ikigo cy’Imari iciriritse cyitwa RIM ishami rya Rubavu cyibwe amafaranga 6971320 mu ijoro rishyira kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko abajura bagiteye bakaboha umuzamu usanzwe akirinda.
Umugore witwa Mukandayisenga Solange w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho kwica umuwana w’imyaka ine n’amezi atandatu yari abereye mukase.
Ngirumukunzi Tharcisse utuye mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke ahitwa ku i Yove, avuga ko yagiye akora ibikorwa byinshi byo kwiteza imbere ariko ubuyobozi bukamubangamira bufatanyije na bamwe mu baturage bafite ishyari ry’uko hari byinshi yamaze kugeraho kandi abikuye mu mutwe we.
Umukobwa witwa Mukamusoni Séraphine w’imyaka 19 wo mu kagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yaraye yiyahuye kuri uyu wa mbere tariki ya 06/10/2014 nyuma yo kubonwa na musaza we asambana.
Mu mezi 9 ashize, impanuka 38 zahitanye abantu 9 abandi 29 barakomereka mu karere ka Gicumbi akaba ari nayo mpamvu kuri uyu wa 06/10/2014 Polisi ishinzwe umutekano mu muhanda (Traffic Police) yatangirije icyumweru cyo gukangurira abakoresha umuhanda kwirinda impanuka.
Ikibazo cy’abantu bagwa mu kiyaga cya Kivu ntikirabonerwa igisubizo nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hari abantu bashinzwe kurinda ikivu n’ubusitani bakabuza n’abana kujya mu kivu ngo batagwamo.
Umusore witwa Hitayezu Aphrodice uri mu kigero cy’imyaka 27 y’amavuko acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rulindo mu Karere ka Rulindo akurikiranweho kwivugana bene se babiri batavukanaga kuri nyina.
Muri uku kwezi kwa 9/2014 mu karere ka Nyanza mu murenge wa Ntyazo habaruwe abantu 29 bashyirwa mu rwego rwabo bita “ibihazi”. Abantu abantu bananiranye bakabishinjwa n’abaturage ubwabo ko aribo babahungabanyiriza umutekano binyuze mu bikorwa by’urugomo biba ahanini byaturutse ku businzi bw’inzoga z’inkorano zitemewe (…)
Uwamariya Liliae wakoraga akazi ko mu rugo i Kagugu , mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yatwaye uruhinja rw’umugore wamucumbikiye amaze kumwirukana, arugejeje iwabo mu kagari ka Jenda, mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, abaturage bibaza aho avanye uwo mwana; niko kumushyikiriza inzego z’umutekano barangisha (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko buhangayikishijwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse kubica burundu ari urugamba rukomeye mu mirenge imwe n’imwe y’aka karere, ariko ngo bwizeye kuzarutsinda nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye yabaye ku wa kane tariki 2/10/2014.
Mu rugo rwa Twambaziyumva Antoine uyobora umudugudu wa Rwamanyoni mu kagari ka Kabugugu mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera witwa hafatiwe amasiteri y’ibiti bita Kabaruka cyangwa Imishikiri bitemewe gucuruzwa mu Rwanda.
Umwe mu bagabo batatu batawe muri yombi bacyekwaho kwica umugore nyuma yo kumusambanya aremera ko bagize uruhare mu kwica uwo mugore bamunigishije igitenge n’umwenda we w’imbere bamushize mu kanywa kugirango atavuza induru.
Jeanette Uwineza w’imyaka 29 ari mu maboko ya Police akekwaho ubufatanyacyaha n’umusore witwa Augustin Garuka w’imyaka 30 ushinjwa gutema bikabije umugabo witwa Jean D’Amour Rucamumihayo usanzwe ari umugabo w’uwo Jeanette bapfa imyifatire mibi yo gucana inyuma.
Amaduka atanu ari mu nzu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Rwamagana, ahazwi ku izina ryo “Kwa Murenzi”, yibasiwe n’inkongi y’umuriro, ahagana saa moya n’iminota 40 zo ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 1/10/2014; ibicuruzwa byinshi bitarabarurirwa agaciro birakongoka.
Umusore witwa Gratien Habimana yatawe muri yombi ubwo yari yihambiriyeho udupfunyika 700 tw’urumogi adukuye mu karere ka Kirehe atugemuye i Kigali aho asanzwe akorera ubwo bucuruzi.
Umugabo witwa Iyamuremye Daniel utuye mu mudugudu wa Rushubi mu kagari ka Ngeri, umurenge wa Munini ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera icyuma umukobwa we Florence Yankurije w’imyaka 18 akamukomeretsa ku itama.
Ndahimana Francois yafatiwe mu mudugudu wa Cyunyu akagari ka Rwoga umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, ashinjwa kwiba inka mu murenge wa Kinihira akaza kuyibagira iwe, yakwikanga abayobozi inyama akazijugunya mu musarane.
Umugabo witwa Nemeyimana Damascene utuye mu kagari ka Kabere, umurenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru, arashakiswa nyuma yuko kuri uyu wa mbere tariki 29/09/2014 atemye Ayirwanda Julienne amukomeretsa ku kaboko, agahita aburirwa irengero.
Nzabandora Dominiko w’imyaka 27 y’amavuko uvuga ko atuye ahitwa mu Mugonzi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yiyise Inkeragutabara yiba umukecuru telefoni ye igendanwa nyuma y’uko yari amwitabaje.
Umugore witwa Uwizeyimana Donatile w’imyaka 26 y’amavuko yatonganye n’umugabo we witwa Nsengimana Servelien w’imyaka 38 y’amavuko maze ahitamo kumwihimuraho atwika ibikoresho byo mu nzu birimo moto na televiziyo.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko, Dushime Ernest ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, mu karere ka Nyamasheke azira kugafatanwa impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.
Sinamenye Alphonse w’imyaka 35 wo mu Kagari ka Ryaruhanga, mu Mugenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi nyuma yo gufatanwa litiro 95 za mazutu bivugwa ko zibwe mu Bashinwa bakora umuhanda Rusizi-Karongi.
Abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro mu karere ka Ruhango babifitiye uburenganzira ndetse n’ubunararibonye, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’impanuka zikomeje kubera mu birombe baba baremerewe gukoreramo.
Umwana witwa Izabayo Claude w’imyaka umunani yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha yepfo ahita yitaba Imana ubwo yari yagiye kuvoma amazi maze akajya mu kiyaga koga akurikiye abo bari kumwe.
Abagabo babiri batuye mu murenge wa Nyabitekeri, akagari ka Muyange mu mudugudu wa Tumba bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amajerekani 15 yuzuye mazutu afite agaciro k’amafaranga asaga ibihumbi 300.
Polisi y’u Rwanda/Sitasiyo ya Gishyita mu Karere ka Karongi irasaba abamotari bibumbiye muri COTAMOKAMU (Cooperative Taxis-Moto Karongi Mubuga) kurinda no gucunga umutekano by’umwihariko bagakumira ubujura bwa mazutu bugaragara mu mirimo yo gukora umuhanda Rusizi-Karongi.