Hagenimana Saidi, ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto (umumotari) kuri santeri ya Rukoma mu karere ka kamonyi yabuze moto tariki 31/7/2014, ayibwe n’umugenzi wamuhaye umutobe urimo ibisinziriza. Iyi moto yabonetse tariki 2/9/2014, ifashwe n’abapolisi bakorera mu murenge wa Kayenzi akarere ka Kamonyi.
Nyuma y’icyumweru kirenga aburiwe irengero, umurambo w’umwana w’imyaka 7 witwa Nayituriki Emmanuel wabonetse mu gishanga cya Gitinda mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi.
Umuryango wa Karangwa Alon utuye mu mudugudu wa Rwezamenyo mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, uratabaza inzego zitandukanye kuwutabara kubera ikibazo cy’ibitero bimaze iminsi bishaka guhita umuryango we.
Umwana w’imyaka 17 wo mu Kagali ka kabilizi, Umurenge wa Gacaca arakekwaho kwica umuvandimwe we w’imyaka 14 amukubise imigeri bapfuye avoka zo kurya kuwa mbere tariki 01/09/2014 .
Kurangwa n’indangagaciro zikwiriye umuyobozi, kwirinda ibikorwa bibangamiye umudendezo w’umunyarwanda no kurwanya ibiyobyabwenge, ni byo byasabwe abagize urwego rushinzwe gufasha akarere mu gucunga umutekano (DASSO) mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/09/2014 ubwo batangiraga inshingano zabo ku mugaragaro.
Inkuba yakubise abana 10 biga ku ishuri ribanza Umucyo riherereye mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro, umunani bajyanywa kwa muganga, babiri muri bo bahita bitaba Imana.
Abagabo n’abagore 600 bahoze mu rwego rushinzwe umutekano mu baturage ruzwi nka “local defense” bo mu karere ka Ngoma basezerewe ku mugaragaro maze hakirwa urundi rwego rushya DASSO rugizwe n’abantu 98 bazajya bakorera mu baturage.
Abarwanyi babiri bo mu mutwe witwara gisirikare urwanya Leta y’u Rwanda witwa FPP (Force pour la Protection du Peuple) ukorera muri Kongo bitandukanyije n’uwo mutwe ngo kuko ufite umugambi wo kuzica Abanyarwanda.
Ahitwa i Gihindamuyaga, hafi y’umuhanda wa kaburimbo, hari ikamyo yataye umuhanda igana mu kabande. Ngo iyi mpanuka yangije iyi modoka mu buryo budakabije yatewe n’abanyamaguru barwaniraga mu muhanda.
Umusore witwa Ntakirutimana Jean Bosco bakunda kwita Nyamunywamazi ari mu maboko ya Polisi akurikiranweho kwiba ibiro 30 by’ibishyimbo igihe abandi bari mu muganda.
Umushoferi witwa Ntakirukimana Jean w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa atwaye imodoka ikapiye ibiti by’imishikiri (kabaruka) abijyanye kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bagashwiragira hirya no hino mu mijyi yo mu karere ka Rusizi bakomeje kugwira ni ikibazo cyagaragajwe kuri uyu wa 29/08/2014, mu nama y’umutekano y’akarere ka Rusizi aho mu mirenge hafi ya yose y’aka karere haboneka abana abataye amashuri bakajya kwirirwa bazerera.
Abakora ubucuruzi bw’amahoteri mu karere ka Rusizi baragaragaza impungenge z’abana b’abakobwa baza kuryamana n’abantu bakuru mu mahoteri, ibintu bikunze kugaragara cyane mu gihe cy’ibiruhuko aho usanga abagabo bakuru basohokana abo bana mu buryo bwo kubashukisha ibintu kugira ngo babasambanye.
Umugabo witwa Karemera Théobard w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Karenge mu kagari ka Muhororo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bamusanze imbere y’inzu ye yapfuye mu gitondo cyo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014.
Umugande Osbert Nuwahereza w’imyaka 24 y’amavuko na mugenzi we Joseph Balikuddembe w’imyaka 44 y’amavuko bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho baha umupolisi ruswa y’ibihumbi 90 kugira ngo areke kubakoraho iperereza.
Umunyonzi witwa Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 19 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 29/8/2014, ubwo yagongaga imodoka ya Fuso nyuma yo kubura uko ayikatira kubera umuvuduko mwinshi yari afite.
Umugabo witwa Nzimurinda Felecien n’umugore we Cyabuga Josephine bari batuye mu mudugudu wa Mugurano mu kagari ka Ngange mu murenge wa Byumba ho mu karere ka Gicumbi babonetse barapfiriye mu nzu.
Umugore w’imyaka 47 witwa Usabyimbabazi Pélagie yabuze ubuzima akubiswe n’inkuba ubwo yajyaga gucyura amatungo kuri uyu wa kane tariki ya 28/08/2014 mu masaha ya saa moya z’umugoroba.
Umushoferi witwa Mushimba Jean Bosco w’imyaka 40 y’amavuko na Kigingi we witwa Habiyaremye Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko bakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka yagonze umukingo, ku buryo kubakuramo babanje gutemagura igice cy’imbere cy’imodoka.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutsiro aho umwe ashinja mugenzi we kwica umuntu akamusaba kumufasha bakamujugunya mu mugezi, ariko ushinjwa ntabyemera.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyaruguru irasaba urubyiruko gutanga amakuru ku igurishwa ry’abana b’abakobwa, ndetse no ku mpanuka zo mu muhanda, hagamijwe kubikumira bitaraba.
Aborozi bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’inka muri iyi minsi aho batunga agatoki bamwe mu bakora umwuga wo kubaga inka ahantu hatandukanye muri aka karere, bakaba basaba inzego zibishinzwe ko hakwiye kugira igikorwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, kuri uyu wa 26 Kanama 2014, bwagiranye inama n’abikorera barimo abanyamahoteli, abanyatubari n’abakora akazi ko gutwara abantu bakoresheje ibinyabiziga maze bubakangurira gufata iya mbere mu kugira uruhara mu ikumirwa ry’icyaha cyo gucuruza abantu.
Umugabo w’imyaka 47 witwa Ndagijimana Aléxis yafashwe yibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana ubwo yayavanaga mu ishakoshi y’umubitsi wa koperative Girubuzima y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 mu masaha ya saa moya z’ijoro, akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.
Umugabo witwa Ngurinzira Théodore ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo guha abapolisi ruswa y’ibihumbi bine.
Ku mazi ashyushye bita amashyuza aherereye mu kagari ka Mashyuza, umurenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 20-25 y’amavuko ariko ba nyira we ntibaramenyekana.
Polisi y’igihugu yagaragaje umugore w’Umugandekazi witwa Dungu Hasifa yafatanye ikilo cy’ikiyobyabwenge cya Cocaine ivuga ko ifite agaciro gasaga miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda. Yamufatiye ku Kibuga cy’Indege cya Kigali kuwa gatandatu ushize tariki 23/8/2014.
Umushoferi witwa Rwiyamira Gilbert w’imyaka 45 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo kugerageza guha ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda.
Nk’uko biherutse gutangazwa na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, bimaze kugaragara ko ngo hari Abanyarwanda binjiye muri busness yo gushora abana b’abakobwa mu buraya ndetse no kubacuruza hanze y’igihugu, ubucuruzi avuga ko bugayitse kandi butesha agaciro Ubunyarwanda.
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe kiri mu mudugudu wa Gitega akagari ka Mpanda, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, tariki ya 23/08/2014, bagwiriwe n’ikirombe babiri bararokoka gihitana uwitwa Ngirababyeyi Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko.