Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 11/08/2014 ku isaha ya saa yine z’ijoro, umusore w’imyaka 20 witwa Aloys Ndagijimana wakoraga umwuga wo gusudira yahitanywe n’inkuba ubwo yari aryamye mu rugo aho acumbitse.
Gukumira impanuka zo mu muhanda hubahirizwa amategeko yagenwe nibyo bizatuma impanuka zihitana ubuzima bw’abantu zishira. Ubu ni bumwe mu butumwa bwatanzwe na Komiseri mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana ubwo hatangizwaga ukwezi kwahariwe ibikorwa byo kurwanya no gukumira impanuka zo mu muhanda zikomeje gutwara ubuzima (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko muri uku kwezi kwa Nyakanga gushyira ukwezi kwa Kanama, ibyaha byo gukubita no gukomeretsa aribyo byakozwe cyane ugereranyije n’ibindi byaha biboneka mu karere kose.
Ku cyumweru tariki ya 10/08/2014, umwana uri mu kigero cy’imyaka 15 witwa Férdinand Dushimimana yarohamye mu kivu ubwo yogaga akaba ataraboneka kubera ko habuze ibikoresho byo kuvanamo umurambo we.
Muvunandinda Emmanuel utuye mu kagari ka Teba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arakekwaho gutema inka y’umuturage ayiziza ko nyirayo yamubangamiye akamutesha umugore yendaga gufata ku ngufu.
Imodoka y’uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol, ku isaha ya saa munani z’igitondo taliki ya 10/8/2014, yagonze ibitaro bya Rubavu ubwo yarimo yinjira mu mujyi wa Gisenyi batatu bahasiga ubuzima naho umwe arakomereka bikomeye.
Umurambo w’umugabo witwa Ndagijimana Ananias w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu cyuzi cya Nyamagana kiri mu mudugudu wa Nyamagana A mu Kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 10/08/2014 ahagana saa tatu za mu gitondo.
Imirima y’inanasi y’abaturage babiri n’agace gato k’ishyamba biherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro byibasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 09/08/2014 mu ma saa tanu z’amanywa, bikaba bikekwa ko uwo muriro waturutse ku makara yatwikirwaga hepfo gato y’iyo mirima y’inanasi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Helix ifite purake RAA 911 W, yari itwawe na Tuyisenge Jean Claude, yataye umuhanda wa kaburimbo igonga abantu babiri umwe ahita apfa ako kanya undi arakomereka bikabije.
Abasore babiri bombi bakomoka mu karere ka Gisagara ku isaha ya saa tanu z’ijoro tariki 08/08/2014 barwaniye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barakomeretsanya bikomeye bapfa umukobwa ukora ingeso y’uburaya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 08/08/2014 mu mudugudu wa Buranga akagari ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo imodoka y’ivatiri yari ivuye Kigali yerekeza gisenyi yasanze abantu mu muhanda ihitana barindwi abandi barindwi barakomereka bakaba bahise bajyanwa ku bitaro bya Ruhengeri.
Abasore batatu bari mu kigero cy’imyaka hagati 20 na 30 bafungiye kuri Stasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuvakuwa kane tariki 7/8/2014 bakurikiranweho icyaha cyo kugurisha uruhushya mpimbano rwo gutwara imodoka.
Nsabimana Emmanuel wo mu Kagali ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze acumbikiwe kuri Stasiyo ya Polisi ya Muhoza kuva tariki 07/08/2014 akurikiranweho kwica umusore witwa Sagahutu Enock wari wamuhaye akazi ko kwica nyina umubyara kugira ngo abashe kugurisha amasambu.
Abagabo bane bagwiriwe n’ibirombe barapfa kuri uyu wa gatanu tariki 08/08/2014 ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa colta mu mudugudu wa Rusekera mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Nsekeye Martin w’imyaka 44 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yuko kuri uyu wa 07/08/2014 afatiwe mu cyuho aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda.
Inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Iburasirazuba yateranye tariki ya 6/08/2014, yasabye ko inzego zose n’abantu ubwabo bagira uruhare rukomeye mu kubungabunga umutekano wo mu muhanda kuko mu mihanda yo muri iyi Ntara hakunze kubera impanuka zihitana ubuzima bw’abaturage benshi.
Baziramwabo John w’imyaka 30 y’amavuko ukomoka mu karere ka Muhanga na Musabyimana Theogene w’imyaka 29 wo mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 05/08/2014 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakurikiranyweho gukora amafaranga y’amahimbano.
Umugore witwa Mukasingirankabo Odile utuye mu mudugudu wa Kivugiza, akagari ka Kivugiza mu murenge wa Byumba arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma y’uko bimenyekanye ko yataye umwana yari yarabyaye mu ishyamba.
Umunyarwanda Murenzi Bahati ufite imyaka 21 ngo taliki 2/8/2014 ku masaha ya saa munani z’amanywa yakubiswe n’abapolisi ba Kongo bamushakaho amafaranga bamuta muri zone neutre ku mupaka muto wa Gisenyi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.
Ndibanje Jean Baptiste w’imyaka 28 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe arapfa ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro rwihishwa mu kirombe kiri mu mudugudu wa Muyoboro mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu murenge wa Kagogo, batuye ndetse n’abaturiye santere ya Gitare batangaza ko kuva aho bashyiriyeho gahunda yo gufunga utubari mu masaha y’akazi ngo muri iyo santere hasigaye hari ituze.
Umugabo witwa Shingiro Charles wo mu Mudugudu wa Gihira mu Kagari ka Ryaruhanga mu Murenge wa Mubuga ari mu maboko y’inzego z’umutekano ashinjwa gutema bikomeye umugore we n’abana babiri b’abaturanyi barimo umwe w’amezi umunani n’undi w’imyaka irindwi.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Fumbwe mu Kagari ka Rugobagoba ho mu Murenge wa Gashali mu Karere ka Karongi, bagwiriwe n’ikirombe cy’ingwa ahagana saa saba z’amanywa tariki 04/08/2014 maze ubwo abaturage bari bahageze baje gutabara basanga bitabye Imana.
Abantu icyenda bari mu maboko ya police station ya Kibungo bakurikiranweho urupfu rw’umusore witwa Ntirushwamaboko Charles, uri mu kigero cy’imyaka 33 wasanzwe ku muhanda yishwe kuri uyu wa 03/08/2014 mu mudugudu w’Isangano akagali ka Karenge umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma.
Gasaza Alexis w’imyaka 30 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Kagarama yagwiriwe n’ikirombe tariki 03/08/2014 ahita yitaba Imana ubwo yari ari gucukura igitaka cyo guhoma inzu. Icyobo yakuragamo igitaka cyari kirekire kandi kimaze gusaza gihita kimugwaho habura n’uwamutabara dore ko yari wenyine.
Nyabyenda Jean Baptiste uzwiho gukora imirimo y’ubupfumu mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yateye undi inkota aramukomeretsa bikomeye mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 04/08/2014 arangije amusiga mu ishyamba aratoroka.
Iyo nkongi y’umuriro yagaragaye kuwa 02/08/2014, ubwo abacunga umutekano w’inshyamba n’inyamaswa babonaga umwotsi uri kuzamuka warenze ibiti by’iryo shyamba mu bice biherereye mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi.
Umuryango w’abantu 6 wishwe tariki ya 31/07/2014 bikamenyekana nyuma y’iminsi ibiri, kuri icyi cyumweru tariki 03/08/2014, nibwo waherekejwe mu cyumahiro mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Umugabo witwa Gakuru Aloys atuye mu murenge wa Kanjongo, avuga ko yari amaze kuba umukire ukomeye mu myaka itatu ishize ariko ngo asigaye ari mayibobo ku buryo ahora muri gereza yafashwe ari mu byaha cyangwa se yafatanywe urumogi.
Nyuma y’uko mu Gasentere ka Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze hagaragaye abasore bakina mukino uzwi nka “kazungunarara” ucuza abaturage utwabo, n’urusimbi rukinirwa ku mugaragaro.