• Nyamasheke: Nyuma yo gushinjwa kwica umwana yibyariye agiye kugezwa imbere y’ubutabera

    Umugabo witwa Ntakibagira Léopord wo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo mu Kagari ka Kibogora agiye kugezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gushinjwa kugira uruhare rwo kwica umwana yibyariye wari ufite amezi 6 amuhaye aside.



  • Inzu yakira abahuye n

    Nyaruguru: Hashyizweho inzu yakira abahohotewe

    Mu murenge wa Nyagisozi ho mu karere ka Nyaruguru hashyizweho inzu yakira abahuye n’ihohoterwa mu rwego rwo kuharuhukira kugirango bitabweho.



  • AIP Ndayisaba yerekanye urumogi mu gusobanura ububi bwarwo.

    Ngoma:Abahoze bakoresha ibiyobyabwenge bakanguriwe kubyirinda no kubikumira

    Polisi y’igihugu ifatanyije n’ubuyobozi bw’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East), bashishikarije abahoze bakoresha ibiyobyabwenge(ba mayibobo) ndetse n’abanyonzi biga umwuga kwirinda ibiyobyabwenge.



  • Abaturage bari benshi baje gushyingura umukuru w

    Gatunda: Umukuru w’umudugudu yishwe agiye gukemura ibibazo

    Nyirasekuye Daphrose n’umuhungu we Jean Claude Ruserurande bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Gatunda bakekwaho gukubita bikabije umukuru w’Umudugudu wa Gikunyu, Akagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda witwa Gasinde Evariste w’imyaka 50 y’amavuko bikamuviramo urupfu.



  • Tariki ya 27/10/2014 nibwo umuyobozi w

    Rutsiro: Arashakishwa kubera kunyereza imisanzu ya MUSA

    Umucungamutungo w’ishami ry’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) rya Nyabirasi mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro yaburiwe irengero ubwo yatahurwaga ho kunyereza imisanzu ya MUSA none akomeje gushakishwa.



  • Uyu mugore ufite uburwayi bwo mu mutwe wirirwa azererana uyu mwana kandi ntamenya kumwitaho.

    Ntyazo: Hari impungenge ku mugore ufite uburwayi bwo mu mutwe wirirwa ahetse umwana

    Bamwe mu baturage bo mu gasantere ka Katarara gaherereye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batewe impungenge n’umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ugaragara ahetse umwana we kandi nta bushobozi afite bwo kumwitaho mu buryo bwa kibyeyi.



  • Abacuruza Bodaboda bashakaga kwirukana abacuruza caguwa aho basanzwe bakorera.

    Ruhango: Kwimurwa kwa gare kwateje imirwano mu bacuruzi

    Mu gitondo cyo kuwa 21/11/2014, mu isoko rya Ruhango ryo mu Karere ka Ruhango hazindukiye imirwano hagati y’abacuruzi ba caguwa n’aba bodaboda, yatewe n’impinduka zo kuba gare y’Akarere ka Ruhango yarimuriwe muri isoko kuko aho yakoreraga hari hato.



  • Iyi gerenade yabonetse iyi nzu imaze gusenyuka.

    Gicumbi: Imvura yasenye urukuta rw’inzu basangamo gerenade

    Mu gitondo cyo kuwa 20/11/2014, imvura idasanzwe yasenye urukuta rw’inzu y’uwitwa Nkuranga Athanase utuye mu Mudugudu wa Ruyaga, Akagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Byumba wo mu Karere ka Gicumbi, mu byondo byasenyutse kuri urwo rukuta basangamo igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade.



  • Tuyishimire yagize ubushye bukomeye.

    Kirehe: Yamutwitse n’amazi ashyushye amuziza terefoni

    Umukobwa witwa Gaudence Tuyishimire arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kumenwaho amazi ashyushye na mugenzi we witwa Muhoza Clarisse basanzwe bakorana muri “Self service Restaurant” ikorera i Kirehe kuri uyu wa gatatu tariki 19/11/2014.



  • Rusizi: Mu gihe basabwa kwishyura Inka y’umuturage yibwe indi yaburiwe irengero

    Nyuma y’aho umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, mu nama y’umutekano yaguye yabaye mu byumweru bibiri bishize, yasabye ubuyobozi bw’Umurenge wa Giheke gushaka uburyo bwishyura inka y’umuturage yari yibwe mu gihe kitarenze ukwezi, kuwa 17/11/2014 inka y’undi muturage witwa Akimana Jean Pierre nayo yibwe n’abantu (…)



  • Akagari ka Kigenge kamaze kwibwa amabendera inshuro enye.

    Rusizi: Ibendera rya kane ryibwe n’abantu bataramenyekana mu Kagari ka Kigenge

    Mu Kagari ka Kigenge ko mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, mu ijoro ryo ku wa 17/11/2014, hongeye kwibwa Ibendera n’abantu bataramenyekana. Ni ku nshuro ya kane ako kagari kibwa ibendera ry’igihugu ababikora bakaburirwa irengero.



  • Ruhango: Nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yitabye Imana

    Jean Pierre Kwitonda w’imyaka 22 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Rwinyana, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, yitabye Imana kuri uyu wa 18/11/2014 nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse.



  • Nyamasheke: Yatawe muri yombi acuragura

    Umugabo witwa Rukeribuga Jean utuye mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Kanjongo ho mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi n’irondo, kuwa 17/11/2014 ari gucuragura ku nzu y’umuturanyi we witwa Murakaza Etienne.



  • Hari gushakwa uburyo ibyangijwe byasanwa binyuze mu bwishingizi bw

    Nyabihu: Nyuma yo gukora impanuka hari byinshi bagitegereje ngo babashe kuva aho bayikoreye

    Kuva ku itariki ya 10/11/2014, ikamyo yo muri Tanzaniya ifite puraki T 760 BAE iracyagaramye aho yakoreye impanuka itegereje imashini yo kuyegura no kureba uburyo ubwishingizi bwayo bwakwishyura ibyo yangije.



  • Nyamasheke: Umukobwa yarohamye mu kivu yitaba Imana

    Umukobwa witwa Ingabire Assia w’imyaka 17 yarohamye mu kiyaga cya Kivu ahita yitaba Imana ubwo yari yagiye koga hamwe n’abandi bana.



  • Abunzi bemeje ko umuzungu atigeze agabanyamo kabiri ikibanza cyubatsemo inzu yahawe Nyirahabimana.

    Kamonyi: Abagore babiri ntibumvikana ku mitungo basigiwe n’umuzungu

    Nyirahabimana Claire na Ufitwenayo Veneranda, umuyobozi w’Ishyirahamwe “Urumuli” ryafashwaga n’umuzungu w’umusuwisi witwa Steiner Anne bitaga “Ana Mariya” wasubiye i Burayi mu mwaka wa 2002, ntibumvikana ku mitungo irimo inzu, ibiraro n’imirima biherereye mu kagari ka Nkingo, mu murenge wa Gacurabwenge, yabasigiye.



  • Rulindo: Umwana yafashwe n’amashanyarazi atashya inkwi ahita yitaba Imana

    Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 17/11/2014, umwana w’imyaka 13 witwa Umuhoza Sandrine ukomoka mu Murenge wa Ntarabana ho mu Karere ka Rulindo yitabye Imana afashwe n’insinga z’amashanyarazi aho yatashayaga inkwi mu gihuru kiri hafi y’ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye muri uyu murenge.



  • Rutsiro: Afunzwe akekwaho gusambanya umunyeshuri ku ngufu

    Kuva tariki ya 13/11/2014, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rugasa mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Rutsiro witwa Theophile Niyitegeka w’imyaka 36 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umunyeshuri ku ngufu.



  • Habuze ihene 2 ariko imwe niyo bafashe yabazwe ijyanywe ku mucuruzi w

    Rutsiro: Aracyashakishwa ashinjwa kwiba ihene akazibaga ngo agurishe inyama

    Mu kagali ka Tangabo ho mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro hafatiwe inyama z’ihene zijyanywe kugurishwa ukekwa akaba yahise aburirwa irengero ubu akaba agishakishwa n’inzego zishinzwe umutekano.



  • Kirehe: Ntibaramenya icyateye umukambwe w’imyaka 81 kwiyahura

    Umusaza Cyakoki Bernard wo mu kagari ka Bwiyorere mu murenge wa Mpanga akarere ka Kirehe nyuma yo kwiyahura kuri uyu wa kane tariki 13/11/2014 abaturage bakomeje guterwa urujijo n’impamvu yamuteye kwiyahura.



  • Karongi : Babiri bakatiwe amezi umunani y’igifungo kubera gucuruza ibiyobyabwenge

    Urukiko rw’Ibanze rwa Bwsihyura mu karere ka Karongi rwahamije Munyemanzi Albert na Nzakamayimana Charles icyaha cyo gucuruza ibiyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, bahita bakatirwa amezi umunani y’igifungo, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.



  • Bugesera: Umuforomo afunzwe akekwaho gushaka gusambanya umurwayi

    Umuforomo witwa Barayavuga Jean de Dieu w’imyaka 42 y’amavuko wo mukigo nderabuzima cya Nyamata, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gushaka gusambanya umurwayi yararimo kuvura.



  • Nyamasheke: Abana barashinjwa gusambanya undi mwana w’umwaka umwe

    Abana bagera kuri batatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke barashinjwa gusambanya mugenzi wabo uri mu kigero cy’umwaka umwe.



  • Gicumbi: Batanu bagwiriwe n’ikirombe k’ingwa bane bahasiga ubuzima

    Abantu batanu bari bagiye gukura ingwa yo gusiga kunzu bagwiriwe n’ikirombe giherereye mu kagari ka Rukumba, umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi, bane muri bo bahita bapfa undi umwe arakomereka bikabije.



  • Ntezimana ngo ateka Kanyanga yashakaga amafaranga yo kujya kwivuza.

    Kirehe: Yatetse kanyanga ashaka amafaranga yo kwivuza

    Ntezimana Clément utuye mu Kagari ka Kazizi mu Murenge wa Nyamugali mu Karere ka Kirehe afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe, nyuma yo gufatwa n’urwego rushinzwe kunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ari iwe mu rugo atetse kanyanga.



  • Rusizi: Umuturage yagwiriwe n’ikirombe yitaba Imana

    Umugabo witwa Nsengamungu w’imyaka 43 wo mu Kagari ka Kabakobwa mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi yagwiriwe n’ikirombe kuwa 11/11/2014 ari gucukura amabuye yo kubaka amazu mu isambu ye ahita yitaba Imana.



  • Sendegeya na Ishimwe bataye mu munigo uwo bakekagaho kurya telephone yabo mu rusimbi.

    Nyanza: Umusore yariwe telefoni akina urusimbi biteza impagarara

    Ishimwe Honoré w’imyaka 19 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyabihu, yakinnye umukino w’urusimbi asheta telefoni ye igendanwa yo mu bwoko bwa SmartPhone barayimurya maze intambara irarota, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 12/11/2014.



  • Kayumba yakomerekejwe mu mutwe na Remy amusekuje ku gikuta.

    Yari yivuganywe na mugenzi we bubakana muri sitade Huye

    Alexandre Kayumba, umufundi wubaka muri sitade Huye, kuri uyu wa gatatu tariki ya 12/11/2014 yari yivuganywe na mugenzi we bakorana mu mirimo y’ubwubatsi muri sitade Huye bita Remy, bapfa ibibazo byo kudahembwa.



  • Kamonyi: Umugore yishe umugabo amuta mu musarani

    Nyiransabimana Elevanie wo mu Mudugudu wa Ruramba, Akagari ka Masaka mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi yishe umugabo we Hakuziyaremye Félix amushyira mu musarani, bimenyekana nyuma y’iminsi ibiri agiye kwaka umuti wo kumuhishira ku muvuzi gakondo.



  • IYi modoka yaraye ifashwe itwaye ibiti by

    Bugesera: Abangiza ibiti by’imishikiri bakomeje gufatwa

    Imodoka yo mu bwoko ba TOYOTA Hilux yafatiwe mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Shyara mu Kagari ka Kabagugu mu Mudugudu wa Kabagugu itwaye ibiti by’umushikiri cyangwa se Kabaruka bitemewe kugurishwa.



Izindi nkuru: