Umugabo witwa Ntakibagira Léopord wo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo mu Kagari ka Kibogora agiye kugezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gushinjwa kugira uruhare rwo kwica umwana yibyariye wari ufite amezi 6 amuhaye aside.
Mu murenge wa Nyagisozi ho mu karere ka Nyaruguru hashyizweho inzu yakira abahuye n’ihohoterwa mu rwego rwo kuharuhukira kugirango bitabweho.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’ubuyobozi bw’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East), bashishikarije abahoze bakoresha ibiyobyabwenge(ba mayibobo) ndetse n’abanyonzi biga umwuga kwirinda ibiyobyabwenge.
Nyirasekuye Daphrose n’umuhungu we Jean Claude Ruserurande bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Gatunda bakekwaho gukubita bikabije umukuru w’Umudugudu wa Gikunyu, Akagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda witwa Gasinde Evariste w’imyaka 50 y’amavuko bikamuviramo urupfu.
Umucungamutungo w’ishami ry’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) rya Nyabirasi mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro yaburiwe irengero ubwo yatahurwaga ho kunyereza imisanzu ya MUSA none akomeje gushakishwa.
Bamwe mu baturage bo mu gasantere ka Katarara gaherereye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batewe impungenge n’umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ugaragara ahetse umwana we kandi nta bushobozi afite bwo kumwitaho mu buryo bwa kibyeyi.
Mu gitondo cyo kuwa 21/11/2014, mu isoko rya Ruhango ryo mu Karere ka Ruhango hazindukiye imirwano hagati y’abacuruzi ba caguwa n’aba bodaboda, yatewe n’impinduka zo kuba gare y’Akarere ka Ruhango yarimuriwe muri isoko kuko aho yakoreraga hari hato.
Mu gitondo cyo kuwa 20/11/2014, imvura idasanzwe yasenye urukuta rw’inzu y’uwitwa Nkuranga Athanase utuye mu Mudugudu wa Ruyaga, Akagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Byumba wo mu Karere ka Gicumbi, mu byondo byasenyutse kuri urwo rukuta basangamo igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade.
Umukobwa witwa Gaudence Tuyishimire arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kumenwaho amazi ashyushye na mugenzi we witwa Muhoza Clarisse basanzwe bakorana muri “Self service Restaurant” ikorera i Kirehe kuri uyu wa gatatu tariki 19/11/2014.
Nyuma y’aho umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, mu nama y’umutekano yaguye yabaye mu byumweru bibiri bishize, yasabye ubuyobozi bw’Umurenge wa Giheke gushaka uburyo bwishyura inka y’umuturage yari yibwe mu gihe kitarenze ukwezi, kuwa 17/11/2014 inka y’undi muturage witwa Akimana Jean Pierre nayo yibwe n’abantu (…)
Mu Kagari ka Kigenge ko mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, mu ijoro ryo ku wa 17/11/2014, hongeye kwibwa Ibendera n’abantu bataramenyekana. Ni ku nshuro ya kane ako kagari kibwa ibendera ry’igihugu ababikora bakaburirwa irengero.
Jean Pierre Kwitonda w’imyaka 22 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Rwinyana, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, yitabye Imana kuri uyu wa 18/11/2014 nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse.
Umugabo witwa Rukeribuga Jean utuye mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Kanjongo ho mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi n’irondo, kuwa 17/11/2014 ari gucuragura ku nzu y’umuturanyi we witwa Murakaza Etienne.
Kuva ku itariki ya 10/11/2014, ikamyo yo muri Tanzaniya ifite puraki T 760 BAE iracyagaramye aho yakoreye impanuka itegereje imashini yo kuyegura no kureba uburyo ubwishingizi bwayo bwakwishyura ibyo yangije.
Umukobwa witwa Ingabire Assia w’imyaka 17 yarohamye mu kiyaga cya Kivu ahita yitaba Imana ubwo yari yagiye koga hamwe n’abandi bana.
Nyirahabimana Claire na Ufitwenayo Veneranda, umuyobozi w’Ishyirahamwe “Urumuli” ryafashwaga n’umuzungu w’umusuwisi witwa Steiner Anne bitaga “Ana Mariya” wasubiye i Burayi mu mwaka wa 2002, ntibumvikana ku mitungo irimo inzu, ibiraro n’imirima biherereye mu kagari ka Nkingo, mu murenge wa Gacurabwenge, yabasigiye.
Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 17/11/2014, umwana w’imyaka 13 witwa Umuhoza Sandrine ukomoka mu Murenge wa Ntarabana ho mu Karere ka Rulindo yitabye Imana afashwe n’insinga z’amashanyarazi aho yatashayaga inkwi mu gihuru kiri hafi y’ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye muri uyu murenge.
Kuva tariki ya 13/11/2014, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rugasa mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Rutsiro witwa Theophile Niyitegeka w’imyaka 36 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umunyeshuri ku ngufu.
Mu kagali ka Tangabo ho mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro hafatiwe inyama z’ihene zijyanywe kugurishwa ukekwa akaba yahise aburirwa irengero ubu akaba agishakishwa n’inzego zishinzwe umutekano.
Umusaza Cyakoki Bernard wo mu kagari ka Bwiyorere mu murenge wa Mpanga akarere ka Kirehe nyuma yo kwiyahura kuri uyu wa kane tariki 13/11/2014 abaturage bakomeje guterwa urujijo n’impamvu yamuteye kwiyahura.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwsihyura mu karere ka Karongi rwahamije Munyemanzi Albert na Nzakamayimana Charles icyaha cyo gucuruza ibiyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, bahita bakatirwa amezi umunani y’igifungo, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Umuforomo witwa Barayavuga Jean de Dieu w’imyaka 42 y’amavuko wo mukigo nderabuzima cya Nyamata, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gushaka gusambanya umurwayi yararimo kuvura.
Abana bagera kuri batatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke barashinjwa gusambanya mugenzi wabo uri mu kigero cy’umwaka umwe.
Abantu batanu bari bagiye gukura ingwa yo gusiga kunzu bagwiriwe n’ikirombe giherereye mu kagari ka Rukumba, umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi, bane muri bo bahita bapfa undi umwe arakomereka bikabije.
Ntezimana Clément utuye mu Kagari ka Kazizi mu Murenge wa Nyamugali mu Karere ka Kirehe afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe, nyuma yo gufatwa n’urwego rushinzwe kunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ari iwe mu rugo atetse kanyanga.
Umugabo witwa Nsengamungu w’imyaka 43 wo mu Kagari ka Kabakobwa mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi yagwiriwe n’ikirombe kuwa 11/11/2014 ari gucukura amabuye yo kubaka amazu mu isambu ye ahita yitaba Imana.
Ishimwe Honoré w’imyaka 19 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyabihu, yakinnye umukino w’urusimbi asheta telefoni ye igendanwa yo mu bwoko bwa SmartPhone barayimurya maze intambara irarota, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 12/11/2014.
Alexandre Kayumba, umufundi wubaka muri sitade Huye, kuri uyu wa gatatu tariki ya 12/11/2014 yari yivuganywe na mugenzi we bakorana mu mirimo y’ubwubatsi muri sitade Huye bita Remy, bapfa ibibazo byo kudahembwa.
Nyiransabimana Elevanie wo mu Mudugudu wa Ruramba, Akagari ka Masaka mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi yishe umugabo we Hakuziyaremye Félix amushyira mu musarani, bimenyekana nyuma y’iminsi ibiri agiye kwaka umuti wo kumuhishira ku muvuzi gakondo.
Imodoka yo mu bwoko ba TOYOTA Hilux yafatiwe mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Shyara mu Kagari ka Kabagugu mu Mudugudu wa Kabagugu itwaye ibiti by’umushikiri cyangwa se Kabaruka bitemewe kugurishwa.