Abayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, baratungwa agatoki mu kuba inyuma y’abakoresha bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge ndetse bakanaha icyuho ruswa, gusa abenshi muri bo bakabihakana.
Bwanakweri Samuel na Ntaganzwa Yotam bafungiwe kuri station ya polisi ya Nyagatare bakekwaho ubujura bw’inka. Ubuyobozi bwa Polisi busaba abantu bacuruza inyama kujya babaga inka bafitiye ibyangombwa by’ubugure.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi n’abandi bantu 3 kuva tariki 24/11/2014 bakekwaho gutwika amakara mu biti kimeza byitwa Imikinga.
Ibyaha bikomeza kwiganza mu karere ka Nyamasheke ni ugukubita no gukomeretsa, mu ghe ibyaha birimo gusambanya abana n’ubujura biza ku rwego rwa kabiri, ubuhemu no guhoza ku nkeke bikaza ku mwanya wa gatatu.
Nyirahabimana Claudine utuye mu mudugudu wa Nyagatoma mu kagari ka Nkoto mu murenge wa Rutare ari mu maboko ya polisi ikorera mu murenge wa Rwamiko akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umuturanyi we.
Mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare busaba abaturage gucika ku kunywa inzoga yitwa umugorigori kuko ishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo dore ko itujuje ubuziranenge, bamwe mu baturage b’akagari ka Nyamirama bavuga ko nta kibi cyayo kuko ikorwa mu bigori n’uburo gusa kandi nta wundi (…)
Abaturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, bafatanyije n’abayobozi batandukanye bo muri ako karere ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agakiro ka Miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.
Abantu batatu bo mu Mudugudu wa Gisagara mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke bagwiriwe n’umusozi ubwo bari bagiye kuvoma mu nsi yawo bahita bitaba Imana.
Abantu basanze umurambo w’umugabo mu kiyaga cya Kivu ariko kugeza na n’ubu ntiharamenyekana icyamwishe.
Mu Kagali ka Kiruhura gaherereye mu Murenge wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, bahagurukiye kurandurana ku buryo bwihuse ibibazo bya hato na hato bikunze kuvuka hagati y’abaturage, bikunze kuba intandaro yo kugirirana nabi.
Ubwo abakozi 14 bari bamaze kwinjira mu kirombe kiri mu murenge wa Muhanga saa sita tariki 26/11/2014, umusozi wabaridukiyeho bageze muri metero umunani batatu bahasiga ubuzima.
Umugabo witwa Munyaneza Athanase uri mu kigero cy’imyaka 26 yafashwe n’abaturage bafatanyije na polisi afite urusinga rureshya na metero 15 n’igice bivugwa ko rwari rugenewe kugeza amashanyarazi kuri santeri y’ubucuruzi ya Ntendezi no ku kigo cya Leta gishinzwe ibijyanye n’ubuhinzi (RAB) kiri mu Murenge wa Ruharambuga.
Niyogushimwa Benjamin w’imyaka 2 wo mu Mudugudu wa Rubayi mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamashe yitabye Imana aguye mu mwobo ufata amazi yo ku nzu.
Abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, umwe usanzwe ayobora akagari ka Myiha mu Murenge wa Muhororo ubu ari mu maboko y’ubutabera, naho undi wo mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda akaba yaratorotse ajyanye n’amafaranga akurikiranyweho.
Bamwe mu borozi bororera mu karere ka Kayonza ngo barinubira ubujura bw’inka bumaze iminsi bugaragara muri ako karere.
Abagore babiri Joselyne Mukandayizera na Claudine Ingabire bafungiye kuri sitasiyo ya Police i Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi bakaba bemera icyaha bavuga ko babyinjijwemo n’abasanzwe bacuruza ibyo biyobyabwenge.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/11/2014 Abaturage batunguwe no kuza kurema isoko nk’uko bisanzwe mu ga santere ka Gisiza mu murenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro batungurwa no gusanga ryafunzwe.
Umwana witwa Kwizera uri mu kigero cy’imyaka 2,5 kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2014 yaguye mu mugezi wa Kamiranzovu aho bakunda kwita ku Gisenyi mu murenge wa Kagano ahita apfa.
Mu isanteri ya Shangazi mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga haravugwa umugabo witwa Munyaneza Onesphore uvugwaho kwigomeka ku buyobozi, agakubita abaturage abasaba ko bamuha amafaranga bayabura akabahondagura ubundi agahita atoroka.
Umugabo witwa Havugimana Emmanuel wari utuye mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rangiro wo mu Karere ka Nyamasheke yitabye Imana nyuma kugerageza gukura inka mu mwobo ugahita uriduka, impanuka yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/11/2014.
Abakozi batatu bakora akazi k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro baburiye umwuka mu kirombe bahita bahasiga ubuzima.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kadasumbwa mu Kagari ka Ntunga mu Murenge wa Mwurire wo mu Karere ka Rwamagana, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/11/2014, bataye muri yombi umugabo witwa Zirimabagabo Innocent wari umaze kubiba insinga z’amashanyarazi zireshya na metero 45, aturutse mu Karere ka Kicukiro ko mu (…)
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugore umwe n’abagabo babiri nyuma yo gufatwa batwaye ibiti bitemewe gucuruzwa by’umushikiri mu mashakoshi n’ibikapu bitandatu.
Umugabo witwa Kayihura Pascal w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa insinga z’amashanyarazi zitemewe gucuruzwa no gukoreshwa mu Rwanda kuko zituzuje ubuziranenge zifite agaciro k’ibihumbi 816 by’amafaranga y’u Rwanda.
Ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki ya 24/11/2014, Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota L/C 123 CD02 yari itwawe na Blaise Gasongo ufite imyaka 42 yagonze moto yari iriho abantu babiri, Hakizimana Joseph w’imyaka 23 wari uyitwaye na Hakizimana Ernest yari ahetse, umumotari arakomereka ku buryo bukomeye.
Umugabo witwa Komezusenge Jean w’imyaka 39 y’amavuko yitabye Imana nyuma yo guhanuka mu modoka yari abereye kigingi akitura mu muhanda.
Ntakirutimana Manasseh w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana agwiriwe n’umukingo ubwo yacukuraga umucanga wo kubakisha.
Abakorera umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya Kivu n’abakunzi b’isambaza baramaganira kure imitego itemewe ya Kaningini igira uruhare runini mu kwangiza umusaruro w’ibikomoka mu kiyaga cya Kivu gitunze benshi mu karere ka Rusizi.
Abatuye mu Kagari ka Kahi mu Murenge wa Gahini wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bahangayikishijwe n’inyamaswa zitwa ibitera zibatwarira amatungo zikanabonera.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba burihanangiriza abagabo bafite agatima kareharehera gushuka abana b’abakobwa bari mu biruhuko bagamije kubashora mu busambanyi ndetse bukanibutsa abana b’abakobwa ko gukomera ku busugi bwabo ari ko kwihesha agaciro.