Nturanyenabo Jean Claude yafatiwe ku mupaka munini uhuza umujyi wa Goma na Gisenyi atwaye urumugi udupfunyika 120 mu mapine y’igare kuri uyu wa kabiri tariki 30/12/2014.
Abantu batatu barimo perezida w’impuzamashyirahamwe y’abarobyi ba Nyamasheke, Bazirake Eraste, bashobora kuba batakibarizwa ku isi, nyuma yo gushimutwa n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Habiyambere Enode uyobora farumasi y’akarere ka Nyamasheke hamwe n’umubaruramari we Nsengimana Theophile batawe mu yombi ku mugoroba wa tariki 29/12/2014 bakurikiranyweho kurigisa umutungo wa Leta no gutanga inyungu zidafite ishingiro.
Umugabo witwa Rusurabeza Merikuru utuye mu mudugudu wa Mibilizi, akagari ka Kigese, mu murenge wa Rugalika, yishe umugore we Ayinkamiye Francine mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 28/12/2014.
Ubujura bubera mu ngo bukomeje kwiyongera, nk’uko hirya no hino mu gihugu abaturage babyinubira, ndetse na Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherutse gusaba abayobozi b’inzego z’ibanze guhagurukira iki kibazo.
Umusore witwa Ndayambaje Theodomir wari ufite imyaka 32 biracyekwa ko yiyahuye akijugunya mu kigega cya Biogaz gusa kugeza na n’ubu ntiharamenyekana impamvu yamuteye kwiyahura.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Akimpongo, Akagari ka Mutovu mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu, mu rucyerera rwo kuri uyu wa mbere tariki ya 29/12/2014 batewe n’Imbogo 3 zibasira imyaka yabo, mu gihe bagize ngo ni inka bagiye kuzirukana zirabakomeretsa.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kujya bajya muri Uganda bafite ibyangobwa kandi banyuze ku mupaka ahemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Kigina n’uwa Nyamugali mu Karere ka Kirehe bahangayikishijwe n’imbwa batazi aho iturutse yinjiye muri iyo mirenge ku mugoroba wo kuwa 27/12/2014 ari nako igenda iruma uwo isanze, abagera kuri 11 bakaba bamaze kugera mu bitaro bya Kirehe.
Ku biro bya Polisi ya Murambi mu murenge wa Murambi mu karere ka Rulindo, hafungiye umusore w’imyaka 32, wo mu murenge wa Masoro, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana wo mu muryango we ku ijoro rya Noheri tariki 24/12/2014.
Umugabo witwa Uwimana Augustin w’imyaka 38 utuye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro yatewe uruguma n’umuturanyi we ubwo yageragezaga kujya gukiza umwana we yakubitaga, kuwa kane Tariki ya 25/12/2014.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bufatanije na Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere barasaba abaturage ubufatanye mu kurandura burundu ibiyobyabwenge n’ikoreshwa ryabyo, batanga amakuru aho babizi.
Nyuma y’ukwezi kumwe gusa mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi hibwe ibendera ry’igihugu, mu gitondo cyo ku wa 26/12/2014, mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu irindi bendera ryaburiwe irengero
Abasore babiri bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro 42 by’urumogi ubwo bashakaga kurucikana barugemuye i Kigali mu gitondo cyo kuwa 27/12/2014.
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, polisi y’igihugu yafashe litiro 2700 z’ibiyobyabwenge bikoze mu biyoga by’ibikorano bifite agaciro ka miriyoni 2 n’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda, ahagana mu ma saa tanu z’amanywa zo ku wa 25/12/2014.
Icyegeranyo cyakozwe mu Karere ka Nyanza kiragaragaza ko mu ijoro rishyira tariki 25/12/2014 nta kibazo cy’umutekano muke cyigeze kigaragara, haba urugomo ruturuka ku businzi, impanuka cyangwa indi impamvu y’imirwano.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu Karere ka Rusizi, Bajyinama Athanase yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 20/12/2014, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.
Inama y’umutekano yaguye yahuje inzego zitandukanye mu karere ka Rutsiro tariki 23/12/2014 yaganiriye ku kibazo cy’uburyo bwo gukaza umutekano muri iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani hakaba hafashwe ingamba zo gukaza amarondo.
Mu mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, hakozwe umukwabu hatahurwa litiro 150 z’inzoga z’inkorano, amacupa 42 ya Kambuca n’amasashe 400, ubuyobozi bukaba buvuga ko amakuru y’ahacururizwaga ibi binyobwa bitemewe bwayahawe n’abaturage.
Mu ijoro rishyira kuwa 24/12/2012 inzego z’ibanze mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera zifatanyije n’iz’umutekano zakoze umukwabu maze bafata inzererezi n’indaya 100 zirimo 39 Abarundi badafite ibyangombwa.
Abagabo batatu barashakishwa nyuma yo gutoroka bagata imodoka bari barimo itwaye impombo zatwaraga amazi bari bibye bagiye kuzigurisha mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ubw’imirenge n’inzego z’umutekano bafashe umwanzuro wo guhagurukira ikibazo cy’abanyarwanda bajya gufata indangamuntu z’i Burundi kuko gishobora guhungabanya umutekano kidafatiwe ingamba zikomeye
Ubuyobozi bw’akarere ka Kisoro muri Uganda bwemereye ubw’akarere ka Burera mu Rwanda ubufatanye mu kurwanya ibyaha byambukiranya umupaka birimo icy’icuruzwa ry’ikiyobyabwenge cya kanyanga gituruka muri icyo gihugu, kigateza umutekano muke mu karere ka Burera.
Abakozi b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza bane bari mu maboko ya polisi bakekwaho gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha nabi umutungo w’abaturage.
Mu mwiherero uhuje abayobozi mu karere ka Gicumbi, umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Amajyarugu General Ruvusha Emmanuel yabasabye kwirinda gukorana na FDLR ibikorwa bihungabanya umutekano.
Ingabo z’igihugu (RDF) zirashimira abaturage bo mu Kagari Muhira, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu kubera kugira uruhare mu gucunga umutekano, bakoma mu nkokora abashaka guhungabanya umudendezo w’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buravuga ko nta muntu buzabangamira mu kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani, gusa bugasaba ko abantu bose bayizihiza mu mutekano usesuye.
Umusore w’imyaka 22 witwa Isiraheri kuri uyu wa 22/12/2014 yazengurukijwe umujyi wa Kamembe yikoreye inyama z’ihene ebyiri yari yibye akazibaga.
Ku bufataye bw’abaturage, abayobozi n’inzego z’umutekano, batangiye guta muri yombi abasore bivugwa ko bananiranye mu duce batuyemo bazwi ku izina ry’ibihazi, bakarangwa no kunywa urumogi n’ibindi biyobyabwenge, ibi bigatuma bateza umutekano muke mu baturage.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Muyira, Akagari ka Nyundo mu Mudugudu wa Mugari habonetse gerenade eshatu ziri mu muferege hafi y’umuhanda, ariko bigaragara ko zimwe muri zo zari zishaje.