• Rutsiro: Afunzwe azira ubwambuzi bushukana

    Umukanguramba w’amashyamba Muyumbu Augustin wo mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kivumu akekwaho ubwambuzi bushukana yakoreye aborozi bo mu ishyamba rya Gishwati.



  • Kazanenda na Iyamuremye ngo bari bafite gahunda yo kurucuruza.

    Kirehe: Abantu bane bafatanwe ibiro bisaga 30 by’urumogi

    Abasore batatu n’umusaza umwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi kuwa gatandatu tariki 13/12/2014, bose bakaba basaba imbabazi bemeza ko batazabisubira.



  • Nyamasheke: Yafashwe agiye guha umupolisi ruswa

    Umugabo witwa Rwamucyo Jean utuye mu mudugudu wa Kabagabo mu kagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano yafatiwe mu cyuho ubwo yagerageza gutanga ruswa y’ibihumbi 50 ayiha umupolisi amusaba kudakurikirana umuntu w’inshuti ye.



  • Abayobozi batandukanye mu ntara y

    Amajyaruguru: Gicumbi ku isonga mu kugira ibyaha byinshi

    Inama y’umutekano yaguye y’intara y’amajyaruguru yateranye tariki 12/12/2014 yagaragaje ko muri uyu mwaka mu ntara hose hamaze gukorwa ibyaha 2460 muri byo akarere ka Gicumbi gafite 650 kagakurikirwa na Burera ifite ibyaha 548.



  • Musambira: Umurambo w’umuntu utamenyekanye watoraguwe ku Rutindo rwa Kayumbu

    Ahitwa kuri Kayumbu mu Mudugudu wa Wimana, Akagari ka Kivumu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi hatoraguwe umurambo w’umusore utamenyekanye uri mu kigero cy’imyaka 35.



  • Yaguwe gitumo ari gutekera Kanyanga mu nzu.

    Rutsiro: Afungiye kuri sitasiyo ya Polisi azira guteka kanyanga

    Umugabo w’imyaka 40 afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro azira gufatwa atekeye mu nzu ye abamo inzoga ya Kayanga.



  • Uyu musore yaguwe gitumo arimo gutuburira umucuruzi.

    Nyanza: Yatawe muri yombi atuburira umuntu

    Tuyishime Aléxis w’imyaka 23 uvuka mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe yafatiwe mu cyuho mu mujyi wa Nyanza yihereranye umugore w’umucuruzi amubeshyabeshya ko ari bumutuburire amafaranga menshi akoze ubufindo, maze ngo ubucuruzi bwe bukabona igishoro cyo mu rwego rwo hejuru.



  • Yafatanywe urumogi yararuhinze mu bishyimbo.

    Nyamasheke: Yafatanywe urumogi yahingaga mu murima we

    Umusore witwa Tuyisenge Gratien bakunda guhimba Rasta yafatanywe urumogi mu murima we ruhinganye n’ibishyimbo by’imishingiriro, ahita atabwa muri yombi.



  • Hamenwe Litiro 1000 z

    Nyanza: Hamenwe inzoga z’inkorano zitemewe

    Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Busoro n’urwego rwunganira Akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) hakozwe umukwabu wo gushakisha no kwangiza inzoga z’inkorano nyuma y’uko bigaragaye ko ziri ku isonga mu bihungabanya umutekano.



  • Abanyamabanga nshingwabikorwa b

    Tujye mu minsi mikuru twishime kandi turi mu mutekano usesuye –Guverineri Uwamariya

    Abatuye intara y’Iburasirazuba barasabwa kubungabunga umutekano, by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka kugira ngo bazabashe kwishima no kwidagadura kandi umutekano wabo udahungabanye.



  • Ubutumwa umugore yasize bwari bwanditse mu rurimi rw

    Kigali: Yiyahuye ngo kuko umugabo we yamusize

    Umugore witwa Bigirimana Emmelence ufite imyaka 36, bamusanze mu nzu iwe aho yari atuye mu murenge wa Kigali ho mu karere ka Nyarugenge yimanitse mu mugozi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2014.



  • Abo bagabo nibo bakekwaho guha ruswa abapolisi.

    Rusizi: Babiri batawe muri yombi bakekwaho guha polisi ruswa

    Kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abagabo babiri b’abashoferi bakekwaho guha abapolisi ruswa nyuma yo kubafatira mu makosa yo kwica amategeko yo mu muhanda.



  • Nyanza: Umusore afungiye gushaka gusambanya nyina ku ngufu

    Kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hafungiye umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukurikiranweho gushaka gusambanya nyina ku ngufu tariki 9/12/2014 ahagana saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa Kidaturwa mu Kagari ka Ngwa ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.



  • Nyamasheke: Yafatanywe urumogi n’ibindi bikoresho yibye

    Umusore witwa Habineza Emmanuel w’imyaka 22 yafatanywe urumogi udupfunyika 5, amaterefoni 16 n’ibindi bintu bitandukanye by’ibikoresho byo mu nzu yagiye yiba.



  • Nyuma y

    Kirehe: Nyuma yo gutwika mugenzi we agatoroka yafashwe

    Umukobwa witwa Muhoza Clarisse wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe yafatiwe mu Murenge wa Nyarubuye aho yari acumbitse yihisha inzego zishinzwe umutekano, nyuma yo gutwika mugenzi we Tuyishimire Gaudence bakoranaga mu kabare “Self service” mu isantere ya Kirehe agahita atoroka.



  • Nyirahabimana Solange afungiye icyaha cyo kwivugana uwo yibyariye.

    Rusizi: Arasaba imbabazi nyuma yo kujugunya umwana mu musarani

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muganza yo mu Karere ka Rusizi hafungiye umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo kujugunya umwana we mu musarani nyuma yo kumubyara.



  • Munini: Hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kuribwa n’imbwa

    Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 06/12/2014, mu Mudugudu wa Giheta mu Kagari ka Giheta mu Murenge wa Munini ho mu Karere ka Nyaruguru hatoraguwe umurambo w’umwana w’uruhinja bikekwako yari yajugunywe, imbwa zatangiye kumurya.



  • Kamonyi: Kurarikira ibintu ngo nibyo bituma bamwe mu bakobwa bashukwa

    Mu gihe havugwa ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu gihugu no hanze yacyo, ababyeyi bavuga ko abakobwa ari bo bakunze kugwa mu mutego w’ababashuka bakabajyana babemereye akazi.



  • Rubavu: Icyumweru cyo kurwanya Ruswa gisize abantu 10 bayifatiwemo

    Abagabo 10 biganjemo abatwara moto n’imodoka bafungiye kuri polisi mu Karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutanga Ruswa ubwo babaga bafatiwe mu makosa.



  • Umuvugizi wa Polisi, CSP Twahirwa Celestin, yerekana icyegeranyo kigaragaza ko ibyaha byagabanutse n

    Ibyaha byagabanutseho 5% ugereranyije no mu gihembwe gishize

    Polisi y’u Rwanda irashimirwa ko umubare w’ibyaha wagabanutse ku kigero cya 5% hagati y’ukwezi kw’Ukwakira n’Ugushyingo ugereranyije no mu mezi abiri yabanje.



  • Nyamasheke: Ukekwaho kwiba moto ku rusengero yatawe muri yombi

    Umusore w’imyaka 21 uvuka mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi na polisi y’igihugu nyuma yo gushinjwa kwiba moto ku rusengero rw’abametodiste mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo.



  • Kirehe: Umuganga akekwaho gusambanya umwana w’inyaka 17

    Umuganga ukora mu kigo nderabuzima cya Kigarama mu murenge wa Kigarama afungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kirehe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 ubwo yari arwaje murumuna we.



  • Igitoki basanze nyakwigendera amaze gutema bagaherako bamukubita kugera ashizemo umwuka.

    Ngoma: Yakubiswe ashiramo umwuka azira kwiba igitoki

    Habakurama Celestin w’imyaka 56, yivuganywe na Niyonkuru Emile w’imyaka 19 ndetse na se Murindabigwi Straton ubwo bamufatiraga mu rutoki ngo ari kubiba saa cyenda z’ijoro ryo kuwa 07/12/2014.



  • Abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cyo guha umupolisi ruswa.

    Nyamagabe: Babiri bakurikiranyweho guha umupolisi ruswa

    Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamagabe, hafungiwe abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cyo guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 97, kugira ngo afungure umugore ufungiye kuri sitasiyo ya polisi kubera urumogi rungana n’ibiro bitanu yafatanywe tariki 27/11/2014.



  • Nsanzabaganwa avuga ko amagare yafatanywe yari yayaguze ngo nawe azongere ayagurishe.

    Muhanga: Ubujura buciye icyuho bukomeje kwiyongera

    Muri iki cyumweru ubujura buciye icyuho bwibasiye Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga aho abantu bagera muri bane ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhanga bakekwaho kwiba amagare, abibaga bagiye batobora amazu y’abaturage bagatwara ibikoresho byo mu nzu birimo nyine n’amagare.



  • Bugesera: Akurikiranyweho gutanga sheki zitazigamiwe

    Rwiyemezamirimo witwa Shingiro Eraste w’imyaka 32 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akurikiranyweho kutanga sheki ebyiri zitazigamiwe zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 11.169.000.



  • Ishami rihagarariye isosiyete y

    Nyanza: Ishami rya MTN ryatuburiwe akabakaba miliyoni

    Ishami rya sosiyete y’itumanaho ya MTN riri mu mujyi wa Nyanza ryatubiriwe amafaranga akabakaba miliyoni imwe y’u Rwanda n’abantu batabashije kumenyekana.



  • Kirehe: Yemera kwica umwana we ubundi akabihakana

    Umukobwa w’imyaka 17 akomeje guteza urujijo nyuma yo gusanga umwana we mu musarani yapfuye mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 01/12/2014 rimwe akiyemerera icyaha cyo kumwica ubundi akabihakana.



  • Bugesera: Barakwekwaho kunyereza ifumbire

    Abagabo babiri bo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafunze bakekwaho kunyereza ifumbire ingana na Toni ebyiri.



  • Rulindo: Uwari afite ubumuga bwo kutabona yiyahuye

    Umukobwa witwa Nyirarugendo Appolinarie w’imyaka 52 wari ufite ubumuga bwo kutabona yasanzwe yimanitse mu nzu yabagamo, kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014.



Izindi nkuru: