Umugabo w’imyaka 40 afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro azira gufatwa atekeye mu nzu ye abamo inzoga ya Kayanga.
Tuyishime Aléxis w’imyaka 23 uvuka mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe yafatiwe mu cyuho mu mujyi wa Nyanza yihereranye umugore w’umucuruzi amubeshyabeshya ko ari bumutuburire amafaranga menshi akoze ubufindo, maze ngo ubucuruzi bwe bukabona igishoro cyo mu rwego rwo hejuru.
Umusore witwa Tuyisenge Gratien bakunda guhimba Rasta yafatanywe urumogi mu murima we ruhinganye n’ibishyimbo by’imishingiriro, ahita atabwa muri yombi.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Busoro n’urwego rwunganira Akarere ka Nyanza mu gucunga umutekano (DASSO) hakozwe umukwabu wo gushakisha no kwangiza inzoga z’inkorano nyuma y’uko bigaragaye ko ziri ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Abatuye intara y’Iburasirazuba barasabwa kubungabunga umutekano, by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka kugira ngo bazabashe kwishima no kwidagadura kandi umutekano wabo udahungabanye.
Umugore witwa Bigirimana Emmelence ufite imyaka 36, bamusanze mu nzu iwe aho yari atuye mu murenge wa Kigali ho mu karere ka Nyarugenge yimanitse mu mugozi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2014.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abagabo babiri b’abashoferi bakekwaho guha abapolisi ruswa nyuma yo kubafatira mu makosa yo kwica amategeko yo mu muhanda.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hafungiye umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukurikiranweho gushaka gusambanya nyina ku ngufu tariki 9/12/2014 ahagana saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa Kidaturwa mu Kagari ka Ngwa ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.
Umusore witwa Habineza Emmanuel w’imyaka 22 yafatanywe urumogi udupfunyika 5, amaterefoni 16 n’ibindi bintu bitandukanye by’ibikoresho byo mu nzu yagiye yiba.
Umukobwa witwa Muhoza Clarisse wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe yafatiwe mu Murenge wa Nyarubuye aho yari acumbitse yihisha inzego zishinzwe umutekano, nyuma yo gutwika mugenzi we Tuyishimire Gaudence bakoranaga mu kabare “Self service” mu isantere ya Kirehe agahita atoroka.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muganza yo mu Karere ka Rusizi hafungiye umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo kujugunya umwana we mu musarani nyuma yo kumubyara.
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 06/12/2014, mu Mudugudu wa Giheta mu Kagari ka Giheta mu Murenge wa Munini ho mu Karere ka Nyaruguru hatoraguwe umurambo w’umwana w’uruhinja bikekwako yari yajugunywe, imbwa zatangiye kumurya.
Mu gihe havugwa ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu gihugu no hanze yacyo, ababyeyi bavuga ko abakobwa ari bo bakunze kugwa mu mutego w’ababashuka bakabajyana babemereye akazi.
Abagabo 10 biganjemo abatwara moto n’imodoka bafungiye kuri polisi mu Karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutanga Ruswa ubwo babaga bafatiwe mu makosa.
Polisi y’u Rwanda irashimirwa ko umubare w’ibyaha wagabanutse ku kigero cya 5% hagati y’ukwezi kw’Ukwakira n’Ugushyingo ugereranyije no mu mezi abiri yabanje.
Umusore w’imyaka 21 uvuka mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi na polisi y’igihugu nyuma yo gushinjwa kwiba moto ku rusengero rw’abametodiste mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo.
Umuganga ukora mu kigo nderabuzima cya Kigarama mu murenge wa Kigarama afungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kirehe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 ubwo yari arwaje murumuna we.
Habakurama Celestin w’imyaka 56, yivuganywe na Niyonkuru Emile w’imyaka 19 ndetse na se Murindabigwi Straton ubwo bamufatiraga mu rutoki ngo ari kubiba saa cyenda z’ijoro ryo kuwa 07/12/2014.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamagabe, hafungiwe abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cyo guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 97, kugira ngo afungure umugore ufungiye kuri sitasiyo ya polisi kubera urumogi rungana n’ibiro bitanu yafatanywe tariki 27/11/2014.
Muri iki cyumweru ubujura buciye icyuho bwibasiye Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga aho abantu bagera muri bane ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhanga bakekwaho kwiba amagare, abibaga bagiye batobora amazu y’abaturage bagatwara ibikoresho byo mu nzu birimo nyine n’amagare.
Rwiyemezamirimo witwa Shingiro Eraste w’imyaka 32 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akurikiranyweho kutanga sheki ebyiri zitazigamiwe zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 11.169.000.
Ishami rya sosiyete y’itumanaho ya MTN riri mu mujyi wa Nyanza ryatubiriwe amafaranga akabakaba miliyoni imwe y’u Rwanda n’abantu batabashije kumenyekana.
Umukobwa w’imyaka 17 akomeje guteza urujijo nyuma yo gusanga umwana we mu musarani yapfuye mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 01/12/2014 rimwe akiyemerera icyaha cyo kumwica ubundi akabihakana.
Abagabo babiri bo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafunze bakekwaho kunyereza ifumbire ingana na Toni ebyiri.
Umukobwa witwa Nyirarugendo Appolinarie w’imyaka 52 wari ufite ubumuga bwo kutabona yasanzwe yimanitse mu nzu yabagamo, kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014.
Umusore witwa Tuyishime Etienne yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo yari yagiye mu masengesho n’abandi banyeshuri mu rusengero rwa ADEPR ya Bigutu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasiza mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo witwa Mwumvinemayimana Fiacre, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica uturage wo mu kagari ayobora.
Abaturage b’umudugudu wa Nyamirama ya 2 Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’urugomo ruterwa no kunywa ibiyobyabwenge.
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Major General Alex Kagame, arasaba abayobozi cyane abo mu nzego zibanze kuba maso mu bihe by’iminsi mikuru, bagakorana n’abaturage bya hafi.
Mu gihe hakunze kuboneka imfu zitandukanye mu Karere ka Nyamasheke, rimwe na rimwe ziterwa n’ibiza biturutse ku mvura, abandi bakagwa mu mazi, polisi ikorera muri aka karere ivuga ko bitangiye kuba umuco ko abaturage bahita bashyingura abantu babo batabanje kubakorera isuzuma (Autopsy) bityo bakaba basabwa kubicikaho.