Abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye yo kubakisha kiri mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mugorore mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera maze umuntu umwe ahasiga ubuzima.
Nyiramubyeyi Jariya w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo gukuramo inda abigambiriye nk’uko abyiyemerera.
Abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore mu Murenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo bakurikiranyweho gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.
Kabatesi Penine w’imyaka 18 utuye mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare akaba ari umunyeshuri mu Rwunge rw’amashuri i Matimba (Groupe Scolaire de Matimba) mu mwaka wa kabiri, yafatanwe ibiro bitandatu by’urumogi kuwa gatatu tariki 07/01/2015 mu Murenge wa Gatore ubwo yari mu modoka atashye iwabo i Nyagatare.
Inama yahuje abayobozi b’imirenge ikora kuri Nyabarongo yo mu Karere ka Kamonyi n’aka Rulindo, abaturage n’abakoresha amato muri Nyabarongo mu rwego rwo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu, yanzuye ko nta muturage n’umwe wemerewe kuba yakorera akazi ko gutwara abantu n’ibintu muri Nyabarongo atujuje ibyangombwa bisabwa (…)
Abaforomo babiri bo ku kigo nderabuzima cya Karambi kiri mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango; Mukeshimana Edith na Mukandanga Modeste barashinjwa icyaha cyo kubyaza umubyeyi umwana w’amezi atandatu bakamuta mu ndobo ijugunywamo imyanda.
Abasore babiri bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bafungiye kuri Stasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze bakurikiranweho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 nyuma yo kumvikana amafaranga 500 yo kugira ngo basambane bakayabura akagenda atabaza batinya ko bimenyekana bamwicisha amabuye.
Inkuba yakubise abantu 7 barimo umwana w’imyaka 3 witwa Uwitonze Sandrine wo mu Kagari ka Gikombe, Umurenge wa Nyakiriba ahita yitaba Imana, naho abandi bana 2 bari kumwe ntibagira icyo baba.
Umwana witwa Niyibikora Jean Paul wo mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Mutandi, Umurenge wa Mutate mu Karere ka Gicumbi yagwiriwe n’amatafari ya rukarakara ahita apfa, ku mugoroba wo ku wa 6/1/2015.
Umugore w’umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri rwa Rwabidege yatemye n’umuhoro mugenzi we aramukomeretsa bikomeye bapfuye imbibi z’umurima batumvikanagaho.
Urwego rushinzwe kunganira uturere mu gucunga umutekano mu Karere ka Rulindo (DASSO) ruratangaza ko rwishimira uko umutekano wagenze mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2014 ikanatangira uwa 2015 ngo kuko nta bantu cyangwa ibintu byahungabanye kubera umutekano muke.
Iyi nkuru igamije gukosora inkuru yanditswe tariki 02/01/2015 ivuga ko imodoka yafatiwemo ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare ari iya Airtel.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa inka bibye yatanzwe muri gahunda ya girinka.
Umugabo witwa Dukuzumuremyi Emmanuel w’imyaka 41 y’amavuko yafatiwe iwe mu rugo afite uruganda ruto rwenga inzoga itemewe ya Kanyanga.
Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’iburasirazuba yashyikirije ku mugaragaro umuturage witwa Akimana Vestine wo mu Mudugudu wa Marongero, Akagari ka Ryabega, Umurenge wa Nyagatare inka ze 12 n’intama 3 yari yibwe zigafatirwa mu gihugu cya Uganda.
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, indaya zamaze isaha yose ziri kurwana n’umumotari witwa Hakizimana Jérome wari wararanye n’imwe muri izo ndaya maze akayiba matora.
Umugabo witwa Habamenshi Augustin uzwi ku izina rya Pasiteri wari utwaye imodoka ipakiye imbaho yo mu bwoko bwa Fuso yagonze amazu y’ubucuruzi aherereye mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro acibwa naba nyir’amazu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800 ngo babashe gusana ibyangiritse.
Umugabo witwa Shiritiro Jean Baptiste ukomoka mu karere ka Gisagara yuriye ipoto y’amashanyarazi y’umuyoboro munini (Haute Tension), mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru tariki 02/01/2015 ku bw’amahirwe abaturage bamutabara umuriro utaramwica.
Mu gihe ubwinshi bw’abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Kirehe bukomeje gufata indi ntera, Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere ikomeje kubagwa gitumo aho mu mpera z’umwaka wa 2014 yafatanye ibiyobyabwenge abagera kuri 18 bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Kirehe.
Abagabo batatu bari mu maboko ya polisi bakekwaho ubufatanyacyaha mu gikorwa cyo kwinjiza ibicuruzwa bya magendu bigizwe n’inzoga hamwe n’amavuta yo kwisiga.
Abavandimwe bavukana kuri se na nyina babyutse barwanira isambu umwe ashaka kwivugana undi ngo amukubite isuka yahingishaga ariko Imana ikinga ukuboko ntiyamuhitana.
Bagirinshuti Jean Baptiste ukorera isosiyete ya Airtel ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amakarito 53 y’inzoga yitwa Zebra Waragi ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu modoka y’akazi.
Umurambo w’uwitwa Nzabamwita Protais w’imyaka 50 wari umaze hafi icyumweru baramubuze, umurambo we bawusanze mu kirombe mu mudugudu wa Gitarama akagali ka Bugina ,mu murenge wa Gihango hpo mu karere ka Rutsiro.
Abayobozi batandatu bakora muri serivisi zitandukanye bafashwe n’inzego z’umutekano bakekwaho gukoresha nabi amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Ntambara Jean Damascene w’imyaka 22 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Remera, Akarere ka Ngoma, yafatiwe mu mujyi wa Kigali akekwaho kwica umusaza Bihayiga Augustin wo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare yakoreraga amuziza amafaranga.
Urusengero rw’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ruherereye mu Kagari ka Nyangwe mu Murenge wa Gahunga ho mu Karere ka Burera, rwagwiriye abakirisitu bane bahita bitaba Imana mu gihe abandi 24 bakomeretse, mu gitondo cyo kuwa Kane tariki 1/1/2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abagatuye kwirinda ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2015 kugira ngo gahunda Leta yihaye zigamije iterambere rishobore kugerwaho.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi barasabwa kwitwararika bagatangira umwaka neza badakora ibikorwa byatuma bahungabanya umutekano.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Gatsibo butangaza ko mu nka zari zibwe izigera kuri 19 zatangiye gusubizwa ba nyirazo, eshanu muri zo zikaba arizo zimaze gutangwa. Ni mu gihe hari hamaze igihe havugwa ubujura bw’inka muri aka karere.
Mugabo John w’imyaka 24 na Nsengiyumva bo mu mudugudu wa Karungi akagali ka Kamagiri umurenge wa Nyagatare bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba tariki 30/12/2014.