Mu nama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Ngororero yateranye ku wa kane tariki ya 12/02/2015, byagaragaye ko amakimbirane mu ngo, ubusinzi buterwa n’inzoga z’inkorano, kunywa ibiyobyabwenge arizo mpamvu z’ingenzi zikurura gukubita no gukomeretsa, iki cyaha ni nacyo gikunze kugaragara muri aka karere.
Umugore witwa Nyirabucyangenda Elevanie w’imyaka 43 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda akekwaho gutema umugabo we akoresheje isuka.
Ndayisenga Emmanuel w’imyaka 43 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nkoma 2, Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi ho mu Karere ka Nyagatare yishyikirije Polisi, Sitasiyo ya Karangazi, ku manywa yo ku wa 12 Gashyantare 2015 nyuma yo kwica umugore we akoresheje ifuni akaburirwa irengero.
Iyibwa rya Mudasobwa zigendanwa mu bitaro bya Kirehe rikomeje kutera benshi urujijo bibaza uburyo zibwe nta ngufuri yishwe n’ibitaro bifite uburinzi buhagije.
Niyomugabo Jean de Dieu w’imyaka 21 uvuka mu Mudugudu wa Mugonzi mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yiyahuye yishyize mu kagozi arapfa, nyuma yo kwibwa ibihumbi 80 by’amafaranga y’u Rwanda n’umuntu wamutetseho umutwe.
Umugabo witwa Habaguhirwa Yohana wari utuye mu Kagari ka Jurwe mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke aguye mu mugezi wa Kamiranzovu, aburirwa irengero kugeza magingo aya.
Uzabakiriho Emmanuel wo mu kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro mirongo ine na bibiri ( 42kg) by’urumogi iwe mu nzu n’ubwo aruhakana akavuga ko rushobora kuba rwashyizwemo n’abaturanyi kubera ishyari.
Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo yafashe Dusabimana Béatrice na Mutoni Aimée Martine bakaga amafaranga abacuruzi bo mu Murenge wa Kinyinya, biyita abakozi b’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA).
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Musanze yamennye ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 509, ku wa Kabiri 10/02/2015.
Umukobwa witwa Nyiramajyambere Belyse ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi akekwaho kubyara umwana akamuta mu musarani agahita apfa.
Umugabo witwa Nzabandora Narcisse w’imyaka 70 y’amavuko yijyanye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ngo bamufunge kuko yari amaze kwica umugore we.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano zifatanyije n’iz’ibanze ndetse n’abaturage washenye inganda zenga Kanyanga ndetse hanamenwa ibiyoga by’ibikorano.
Umugore witwa Kayirere Marie Claire w’imyaka 35 y’amavuko wari ukunze kwiyita amazina atandukanye ndetse akanahisha aho atuye yafashwe na Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza ashinjwa kwambura abantu bo mu turere dutandukanye two mu Ntara y’Amajyepfo akabacuza ibyabo abatekeye imitwe.
Imvura idasanzwe irimo amahindu yaguye ku mugoroba wo kuwa 08/02/2015 mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yangije imyaka mu mirima y’abaturage inasenya amazu muri uyu murenge uherereyemo umujyi wa Nyanza.
Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza yafatanye Rwema Emmanuel ibiro umunani bya gasegereti yibye aho yakogara muri Wolfram Mining Rwinkwavu.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hacumbikiwe abagabo babiri; Munyangabe Chrysostome na Hishamunda François bafashwe kuwa 7/02/2015 baha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 kugira ngo arekure imodoka y’umwe muri bo yari yafashwe ipakiwemo ibiti by’imisheshe.
Umugabo witwa Habimana Valens wari utuye mu Mudugudu wa Mariba mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke yatoraguwe mu kivu yapfuye nyuma yo kumara iminsi itatu aho ari hatazwi.
Umugabo witwa Igenukwayo Samuel utuye ahitwa mu Kamina mu Mudugudu wa Rwesero mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano wo mu Karere ka Nyamasheke arashinjwa gukubita mugenzi we witwa Mateso, basangiraga mu kabari inyundo yari yitwaje akamumena umutwe, mu ijoro ryo ku wa 06/02/2015.
Umusore witwa Muhire Juvenal ukurikiranyweho kwica umukoresha we bose bakomoka mu karere ka Rutsiro nawe akaba abyiyemerera, yafashwe yerekwa abaturage batuye ahabereye iki cyaha, kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015.
Umugabo witwa Ruganintwari Revelien w’imyaka 37 wo mu kagari ka Rwantonde umurenge wa gatore yafatanwe kilo 80 z’urumugi ubwo yari arutwaje umugabo witwa samandari ngo bageze mu nzira kuko ari we wari imbere Polisi imufashe shebuja n’undi mukozi bari hamwe bariruka.
Impanuka ikomeye yabereye mu Karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru, aho imodoka yo mu bwoko bwa tagisi (Hiace) yaguye batanu mu bari bayirimo bagiye mu bukwe bagahita bahasiga ubuzima naho abandi 10 barakomereka.
Tagisi Minibusi yavaga i Kigali yerekeza i Remera Rukoma, yaguye mu masaa cyenda z’amanywa yo kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015, igeze ahitwa Kamiranzovu mu kagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika; nyuma yo guturika ipine, yakomerekeyemo abantu 14, harimo bane bakomeretse bikabije.
Umugabo witwa Kanani Muhamudu w’imyaka 32 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa iwe afite udupfunyika 533 tw’urumogi.
Umugore witwa Mukamurara Speciose w’imyaka 52 wari utuye mu Mudugudu wa Remera, Akagari ka Migendezo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, kuwa kabiri tariki ya 03/02/2015, yasanzwe ku buriri bwe yapfuye, abaturage bakaba bakeka ko yishwe n’abagizi ba nabi na n’ubu bataramenyakena.
Uwanyirigira Marie Louise, umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Kigina mu Karere ka Kirehe ari mu buroko nyuma yo gukekwaho gukoresha umwarimu utabaho, ari nako buri kwezi hasohoka amafaranga yitwa umushahara w’uwo mwarimu.
Mu Mudugudu wa Bitenga, Akagari ka Gihira mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Rutsiro hatahuwe umurambo w’umusore witwa Nizeyimana Théophile, kuwa 04/02/2015, ukwekwa ho kumwica akaba agishakishwa kuko yaburiwe irengero.
Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera ikigo cy’imari “SACCO Ukuri Nyabimata”, cyo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bari batawe muri yombi bakekwaho kunyereza umutungo w’iki kigo barekuwe.
Karangwa Hussein bita Mahungu ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba imiti yifashishwa mu kuvura abantu n’imifariso bifite agaciro k’ibihumbi 372.
Ku gicamunsi cyo kuwa 04/02/2015, inzego z’umutekano zataye muri yombi abayobozi b’utugari dutanu two mu Murenge wa Nyakarenzo ndetse n’umukozi ushinzwe ubuhinzi n’ushinzwe ubworozi muri uyu murenge, bakekwaho gukoresha nabi amafaranga ya VUP agenewewe gufasha abaturage.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abafite imbwa kuzicunga no kuzikingiza kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano muke zishobora guteza.