Abamotari bo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko abayobozi babo bahishira abakora amakosa bikabatera ibihombo no kwiruka babonye abapolisi.
Hakizimana Vicent w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Gituza mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma arashinjwa gukubita se umubyara umugeri mu gatuza agahita yitaba Imana.
Umukecuru witwa Mukankusi Cecile yitabye Imana agwiriwe n’inzu tariki 28 Ukuboza 2015 mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Police y’igihugu irasaba abaturage bo mu antara y’Iburasirazuba kwirinda ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge kuko butabahira, mu gihe ikomeje kuhafatira abagaragara mu bucuruzi bwabyo.
Abatuye mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana ngo barembejwe n’ubujura bw’amatungo magufi bumaze iminsi bugaragara muri uwo murenge.
Abatuye i Mwili mu Karere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’abitwa “Intaragahanga” bategera abaturage mu nzira bakabambura ibyo bafite bakanabahohotera.
Abarobyi bo mu murenge wa Nasho muri Kirehe, basanze umurambo w’Umugabo mu kiyaga cya Rwakigeri ariko ntibabasha kumenya umwirondoro we.
Mbarubukeye utuye mu Murenge wa Ruhango yaraye yishe umugore witwa Gahongayire Evelyne nyuma yo gusangira inzoga mu ijoro rya Noheri.
Ijoro ryo ritegura Noheri, Umujyi wa Ruhango waranzwe no gukonja ariko risoza ari amarira yatumye bamwe babyuka bari mu bitaro abandi muri kasho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Ukuboza 2015 abana babiri b’abakobwa bagwiriwe n’ikirombe mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga bacururaga itaka ryo gukurungira inzu bahita bapfa.
Murengera Eric, Umukuru w’Umudugudu wa Misasa mu Karere ka Nyanza yatorokanye amafaranga hafi miliyoni 3 Frw yari abikiye abaturage.
Muri 2015 inzego z’umutekano z’u Rwanda zaranzwe no kubungabunga umutekano w’imbere mu gihugu n’uwo hirya no hino ku isi ndetse u Rwanda rwakira Inama ya Polisi Mpuzamahanga, INTERPOL.
Abarimu b’impuguke mu bumenyi butandukanye bashinze kampani ya VBC Ltd mu Karere ka Nyanza barwaniye inyungu ziyikomokaho bashaka kwicana.
Nyuma yo kwicisha umuhoro umugore w’imyaka 55 avuga ko yaroze nyina, Habanabakize Louis w’imyaka 28 yishyikirije Polisi ngo imushyikirize ubutabera.
Nzamukosha Espérence w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara yasanzwe ku nzira yapfuye bakekako yishwe n’umuhungu we wamuhozaga ku nkeke.
Umugore witwa Akimana Peresi w’imyaka 41 y’amavuko yishe umugabo we witwa Musabyimana Alphonse w’imyaka 34 y’amavuko amukubise umuhini mu mutwe.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo mu Murenge wa Gacurabwengere mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cy’abajura batuma barara mu nzu imwe n’amatungo.
Mu mezi atatu ashize y’igihe cy’imvura mu Rwanda inkuba zahitanye 26 naho ababarirwa muri 50 barakomereka hapfa n’amatungo 24.
Abarwanyi ba FDLR bashyizwe mu Nkambi ya Kisangani bahakaniwe n’intumwa y’umunyamabanga wa UN kubahuza n’u Rwanda mu biganiro basaba.
Mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2015, ahitwa i Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye abantu bane bagwiriwe n’inzu, batatu bahita bapfa.
Abantu 3 bakurikiranyweho ibyaha by’urugomo na polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Nyanza umwe muri bo yafashwe abandi 2 baratoroka.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi barasabwa kurwanya ingeso zihagaragara zo kurwana ziviramo abaturage ibyaha byo gukubita no gukomeretsa.
Komisiyo y’igihugu n’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko ibiyobyabwenge biri mu bitera ihohotera ry’ikiremwa muntu mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwaburiye abaturage bafite ingeso yo gutema inka z’abaturanyi babo, ko uzafatirwa mu cyuho azahanwa nk’utifuriza igihugu iterambere.
Mu mugezi w’Akanyaru unyura mu Karere ka Nyaruguru bahatoraguye umurambo w’umugabo witwa Harindintwari Innocent wari umaze icyumweru yaraburiwe irengero.
Kuva mu kwezi k’Uwakira 2015, mu ntara y’Uburasirazuba hamaze gufatirwa ibiyobyabwenge birengeje miliyoni 42Frw, hanafatwa 28 bafite aho bahuriye nabyo.
Kirumugabo Joseph w’imyaka 78 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Nyagisozi, Akarere ka Nyanza yiyahuye arapfa bivugwa ko yari arambiwe kubaho.
Twibanire Joyeuse umugore w’imyaka 21 wo mu Mudugudu wa Nyakatsi, Akagari Gahama, mu Murenge wa Kirehe yashatse gukiza umwana agogwa n’imodoka ahasiga ubuzima.
Abagize Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kenya baravuga ko gusura Urwibutso rwa Jenoside mu Rwanda, bigiye kubafasha guhozaho mu kuyikumira.
Nyirantereye Gaudance w’imyaka 85 wari utuye mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Gihango muri Rutsiro yasanzwe mu gikoni yitabye Imana bakeka ko yiyahuye.