Abavuye ku rugerero bamugariye ku rugamba basaba abantu kubaha izina “Inkeragutabara”, bakareka no kuryitiranya n’abakora amarondo bagaragara mu bikorwa by’urugomo.
Urupfu rwa Gen Musare wishwe n’abarwanyi ba Mayi Mayi rwaciye intege FDLR Rud bituma iva Walikale ijya Rutshuru itinya gutakaza abandi basirikare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe, bwahagurukiye kurwanya abasambanya abana, buganiriza ababyeyi ku burere n’umutekano w’abana babo, nyuma yo kubona ko gihari.
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Ubukungu, Ntaganira Josue Michel, yakomerekeye mu mpanuka y’imodoka.
Abatuye umudugudu wa Gahondo mu Murenge wa Kazo muri Ngoma barataka ubujura bw’amatungo, butuma hari abararana na yo munzu batinya kuyibwa.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kudakomeza gushukwa bizezwa ibitangaza n’ababahamagara kuri terefone, bagamije kubiba.
Polisi y’Igihugu yihanangirije abashoferi batwaba mu modoka ibitarayigenewe cyangwa bapakira imodoka ku rugero rurenze urwo yagenewe gutwara, ibasaba gukurikiza amategeko.
Ababyeyi, abavandimwe n’abaturanyi ba Rucyahintare Cyprien wiyise maneko w’u Rwanda mu Burundi, barahakana ko yigeze kuba umusirikare ndetse ko atigeze anabitekereza ngo wenda bimutere kubiyitirira.
Rivugabaramye Thomas w’imyaka 24 wo mu Kagari ka Nasho Umurenge wa Mpangamu Karere ka Kirehe akurikiranyweho kwica se witwa Nsengiyumva Azarias w’imyaka 60 amukubise ifuni mu mutwe.
Umunyonzi witwa Rushingabigwi wari utuye mu Karere ka Burera yishwe akaswe ijosi mu ijoro rya tariki 12 Werurwe 2016.
Abantu 10 baraye batawe muri yombi n’umukwabo wakozwe na polisi mu mujyi wa Ruhango, bazira gucuruza bakanenga ibiyobyabwenge byiganjemo Kanyanga.
Sinaruhamagaye Mathias wo mu Murenge wa Kigarama, yishe umugore we amukubise umutwe mu musaya bapfa ko yamubujije gusesagura umutungo w’urugo.
Abantu bataramenyekana binjiye muri Kiliziya ya Paruwasi ya Kigoma mu Karere ka Nyanza biba bimwe mu bikoresho by’iyo Paruwasi.
Kangwagye Justus wari Meya w’Akarere ka Rulindo yabaye umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ku rwego rw’igihugu.
Abantu bataramenyekana bitwaje ibyuma baraye bateye ikigo cy’isosiyete ikora umuhanda ya China Road ngo biba asaga miliyoni 7,5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Byukusenge Gaspard, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro ucyuye igiye, ngo yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 2 Werurwe 2016.
Impanga ebyiri z’abahungu zo mu Karere ka Nyamasheke zatemye se uzibyara, zinamwaka amafaranga ibihumbi 100 yari amaze kwishyurwa ku kimasa.
Itsinda ry’abanyeshuri ba Amerika biga ibijyanye no kurwanira mu kirere n’abayobozi babo bari mu rugendoshuri mu Rwanda, basuye Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Sosiyete DUMAC Ltd ikorera mu Karere ka Rwamagana irashinjwa kutihuitira gutabara umukozi wayo wagwiriwe n’ikirombe kuwa gatandatu, kugeza n’uyu munsi akaba atarakurwamo.
Abatuye n’abakorera mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, baratabaza bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura bibisha ingufu biyita “Abamarine” babazengereje.
Abatuye Umudugudu wa Murama mu Karere ka Huye, baratabaza nyuma y’uko umutekamutwe abariganyije miliyoni 3,3Frw ababeshya ko azabazanira amashanyarazi.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Huye, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto, yasabye abagize urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (District Security Support Organ-DASSO) kuba indakemwa mu byo bakora.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya Ruswa "Transparency International (TI)" urashima Polisi y’u Rwanda ku ngamba yafashe mu kurwanya ruswa.
Abantu bataramenyekana baraye batemaguye inka ebyiri z’uwitwa Maniriho Jacques wo mu Karere ka Nyabihu, biviramo imwe muri zo guhita ibagwa.
Niyonzima Donati wo mu Karere ka Rulindo yatemaguye nyina witwa Mukarwesa Generoza w’imyaka 65, amuziza imitungo y’amasambu akanamushinja kumurogera umuryango.
Abamotari bakorera mu Karere ka Nyamasheke, biyemeje kongera ubufatanye mu gufatanya na Polisi gucunga umutekano no guca ibyaha bihagaragara.
Icyiciro cya 4 cy’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe gutabara aho rukomeye, tariki ya 18 Gashyantare, cyasoje ijyanye no kurwanya iterabwoba, giherereye mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatwara ibinyabiziga kutagerageza guha ruswa abapolisi kugira ngo be kuryozwa amakosa bafatiwemo.
Inzego z’umutekano zirashakisha umugabo witwa Hakuzimana Jean Baptiste wo mu Murenge wa Kigina ukurikiranyweho kwica umugore we.