Mazimpaka Patrick wo mu kagari ka Nasho Umurenge wa Mpanga aremera ko nyuma yo kutumvikana n’umugore we wa kabiri kurera umwana bahisemo kumwica.
Imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi “Impala Express” yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, ku mugoroba wa tariki 6/02/2016, yagonze ikamyo y’inya-Tanzaniya iyiturutse inyuma, ku bw’amahirwe nta wagize icyo aba.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare, ku wa 5 Gashyantare 2016 yataye muri yombi abagabo 4 bakekwaho guha ruswa abapolisi.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Karongi bavuga ko batizeye umutekano wa za SACCO kuko zirindishwa inkoni n’abazirinda badafite ubuhanga.
Imirambo ibiri muri itatu yari yabuze, nyuma y’uko batanu barohama mu Kagera babiri bagashobora kurokoka, yabonetse kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Inzego z’umutekano n’iz’ubuyobozi mu Karere ka Kirehe, zangize ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi na kanyanga bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 150Frw.
Umucuruzi wa moto za “Bajaj” mu Karere ka Bugesera witwa Musemakweri Lambert ari mu mabako ya Polisi ashinjwa kurimanganya abaturage yagurishije.
Mu kagezi kitwa Waruhara wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusore witwa Bahati.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare 2015, mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Karangazi batoraguye umurambo w’umuntu uciwe umutwe.
Abantu bataramenyekana bateye Sacco Gitesi iri mu Murenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi, biba amafaranga nyuma yo kwica uwayirindaga.
Mu mukwabo wa Polisi tariki ku wa 29 Mutarama 2016 mu Karere ka Ruhango, hafashwe moto 27 zitujuje ibyngombwa.
Ntibimenya Theogene w’imyaka 45 utuye mu Kagari ka Nyabisagara mu Murenge wa Mukindo, yishe umugore we amusunitse ariko atabishakaga.
Abajura bataramenyekana bateye SACCO y’Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru bica umwe mu bayirindaga, uwari usigaye akizwa no kuvuza induru.
Ikamyo yikoreye imifuka ya Sima yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yakoreye impanuka mu Karere ka Nyanza hakomekeramo batatu.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama, Akarere ka Gatsibo, bamaze kwiyuzuriza inzu izakorerwamo na Polisi mu rwego rwo kurushaho kubegera.
Mukeshimana Béatrice wo mu Karere ka Nyanza, ufite akabari iwe mu rugo, yarumwe izuru n’umukiriya we arikuraho.
Sotra yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi, mu ma saa munani n’igice yo kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 yakoze impanuka babiri barakomereka.
Polisi y’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemereje i Kigali ko igiye kunoza amasomo agezweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Uwizeyimana Alexandre wo mu Karere ka Kirehe yafashwe n’abaturage nyuma yo kubaka amafaranga yiyita maneko wa Polisi yitwaje kubakemurira ibibazo.
Abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Kigabiro i Rwamagana bakekwaho icyaha cyo kwambura abaturage bababeshya ko ari abapolisi.
Nyuma y’iminsi 10 hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel mu murenge wa Busasamana hongeye gutoragurwa umurambo w’umusore bamwe bashya ubwoba.
Abatuye i Busasamana mu mujyi wa Nyanza bavuga ko amatara yo ku mihanda yabakijije ubujura bwibasiraga amaterefoni n’udukapu tw’abagore mu ijoro.
Abaturage b’umudugudu wa Ryabega, Akagari ka Rutaraka bamaze iminsi ibiri badafite umuriro w’amashanyarazi bitewe n’abajura bibye insinga ziwugeza ku ipironi.
Abaturage bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo, barinubira ubujura bukabije bw’insinga z’amashanyarazi bubibasiye.
Mukamana Belancille w’imyaka 51, w’i Rulindo mu Murenge Buyoga, kuri uyu wa 19 Mutarama 2015, bamusanze mu nzu yapfuye bakeka ko yiyahuye.
Polisi y’u Rwanda ihora iri maso kugira ngo hatagira ikintu icyo ari cyo cyose cyabangamira irushanwa rya CHAN ririmo kubera ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda.
Umugore w’imyaka 64 wo mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, yapfuye tariki 18/01/2016, abandi umunani barimo umugabo we n’abana be bacibwamo, nyuma yo kunywa ikigage bikekwa ko cyahumanyijwe.
Umugabo witwa Niyibizi Frederic wo mu Kagari ka Musasa, Umurenge wa Gashari, Akarere ka Karongi yasanzwe yapfuye, icyamuhitanye kikaba kitaramenyekana.
Kasongo Mbuyi Clement, umusirikare wa RD Congo, wafatiwe mu Rwanda ku wa 7 Mutarama 2016, yashyikirije itsinda rya EJVM kugira ngo asubizwe iwabo.
Ahitwa Rwafandi mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka ya coaster yagonganye na Dayihatsu abantu 2 bahita bapfa 10 barakomereka.