Abafite imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange barasabwa kuzishyiramo utwuma tuzirinda kurenza umuvuduko zemerewe kugenderaho bitarenze muri Gashyantare 2016.
Abanyeshuri ndetse n’abandi baturage b’ahitwa mu Butete, mu karere ka Burera, barishimira ko bagiye kujya bambuka umuhanda w’aho batuye batekanye.
Mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, niho Police y’u Rwanda hatangirije ukwezi kwahariwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 7 Nzeri.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abashoferi mu muhanda bakwiye kwibuka kugira n’imyitwarire iboneye, kugira ngo birinde impanuka zitwara ubuzima bwa benshi.
Mu kagari ka Kabona mu murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro habonetse umurambo w’umukecuru watoraguwe munsi y’umukingo.
Mu ijoro rishyira tariki 06/9/2015 AIP Jules Gatare wari ushinzwe urwego rw’iperereza ku mupaka wa Rusomo bamusanze yapfuye.
Abagabo umunani n’umugore umwe bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhanga bakekwaho kwiba ibyuma by’ikoranabuhanga n’byo mu ngo.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri bishize, abagabo batatu barapfuye mu gihe bari bafitanye amakimbirane n’abagore babo.
Abantu 11 ni bo bamaze gupfa, abandi 53 barakomereka bitewe n’inkuba zakubise mu bihe bitandukanye mu gihugu kuri iki gicamunsi.
Abatuye umurenge wa Kigarama, akarere ka Kirehe, baratangaza ko ubujura bw’amatungo bwatumaga bararana na yo bwagabanutse bitewe n’uko polisi yabegereye.
Mu muhanda wa Musanze werekeza Rubavu habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Suzuki yanagonze umusore wigenderaga agahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Haval yakoreye impanuka mu Kivu mu karere ka Karongi yahitanye uwari uyitwaye nayo iburirwa irengero.
Uramutse Evariste wo mu Kagari ka Mwendo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango yitabye Imana ku wa 28 Kanama 2015 nyuma yo guterwa icyuma n’iwitwa Mpunga Vianney.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yafatanye umugore witwa Dusabemariya Chantal udupfunyika 162 tw’urumogi n’urundi atarafunga aho yarugurishaga n’abarushaka.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abaturage n’izindi nzego z’umutekano yakoze umukwabu wo gufata inzererezi maze bafata inzererezi 29 zirimo abarundi 19.
Mu Murenge wa Bweyeye umusore w’imyaka 18 yishe mukuru we amuteye icyuma mu gatuza bakeka ko byaba byatewe no gukoresha ibiyobyabwenge.
Ku wa 25 Kanama 2015, mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro habonetse umurambo w’umuntu ariko ntibashobora kumenya uwo ari we n’icyamwishe.
Barajiginwa Félicien w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Kigina ku wa 24 Kanama 2015 bamusanze mu rutoki rw’umuturage yapfuye ariko ntibaramenya icyamwishe.
Nyumvira Emmanuel afungiye kuri sitasiyo Polisi ya Ruhango, akurikiranyweho icyaha cyo kwenga ikiyobyabwenge kitemewe n’amategeko cya kanyanga.
Muri iki gitondo tariki 24 Kanama 2015 mu Muhanda Musanze –Cyanika, Twegerane yari itwawe na Konvuwayere yakoze impanuka umwe ahasiga ubuzima 9 barakomereka.
Mu mahugurwa yahuje abagize urwego “DASSO” mu Karere ka Rwamagana ku wa 20 Kanama 2015, basabwe ikinyabupfura kugira ngo banoze inshingano zabo.
Niyitegeka Samuel, kuva ku wa 21 Kanama 2015 afunzwe ashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 4, mu Mudugudu wa Rugabano mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi buratangaza ko ubufatanye bw’abaturage n’abashinzwe umutekano mu guhanahana amakuru biri ku isonga y’ibatumye ibihungabanya umutekano bigabanuka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burasaba abagize urwego rwa DASSO kwirinda guhutaza abaturage, ahubwo bagashyira ingufu mu kurinda icyahungabanya umutekano cyose.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Kanama, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye hatoraguwe umurambo w’umugabo bakeka ko wishwe n’inzoga.
Abarobyi bo mu Kiyaga cya Mirayi i Gashora mu Karere ka Bugesera baganira na Polisi tariki 18 Kanama 2016 biyemeje kubungabunga umutekano aho bakoreramo.
Inzu y’ubucuruzi y’Uwitwa Ndagijimana Athanase yubakwaga munsi y’isoko rya Muhanga iraguye ikomeretsa umukozi umwe mu bayikoragaho.
Mu nama yahuje abamotari bo mu Karere ka Kirehe n’ubuyobozi bwa Polisi kuri uyu wa 15 Kanama 2015, Umuyobozi wa Polisi muri ako Karere, Spt Christian Safari, yabasabye kurangwa n’isuku no kubumbatira umutekano.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’inzego z’umutekano bagiranye inama n’abikorera bo mu Karere ka Muhanga, babasaba kubaha akazi k’inzego z’umutekano.
Uwarindaga Banki y’Abaturage (BPR) ishami rya Rutsiro yagaragaje miliyoni enye mu mafaranga yari yibwe muri iyi banki, bituma babiri barimo umukozi ushinzwe kwakira abantu bakekwaga barekurwa.