Ukuriye polisi mu karere ka Ngororero avuga ko Polisi itazihanganira akajagari kakigaragara mu batwara abagenzi.
Intara y’Iburasirazuba iravuga ko igiye gukaza umutekano ihangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kandi abafite inyubako zihuriramo abantu benshi bagasabwa gushyiraho imirindankuba.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira, abamotari n’abashoferi basabwe kwirinda amakosa akenshi avamo impfu n’ibihano kuko bidindiza iterambere.
Lambe wungirije Ambasaderi w’Ubwongereza yatangarije abarwanyi ba FDLR bari Kisangani bashaka kuganira n’u Rwanda ko ukuri ari ugutaha.
Colonel Augustin Nsengimana wari ashinzwe umutekano n’igisirikare muri FDLR kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 yatahutse mu Rwanda.
Kuri iki gicamunsi tariki 1 Ukwakira 2015, ahitwa Hindiro mu Karere ka Ngororero habereye impanuka y’imodoka ya HIACE 4 muri 17 yari itwaye bahita bahisiga ubuzima.
Ubuyobozi bukuru bw’igihugu burahumuriza abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke ariko bukabasaba kubahiriza amategeko, nyuma y’imvururu zaguyemo abaturage babiri.
Umugabo witwa Nsanzabandi Jean Paul bita Tababu yishe umwana w’umuturanyi we, mu karere ka Nyanza, avuga ko amutanzeho igitambo.
Abatuye mu Isantere ya Ryanyirakabano mu Murenge wa Rubengera muri Karongi, barinubira kuba utuzu twatekerwagamo ibyitwa ibidiya twafunzwe tumaze kuba indiri y’ibiyobyabwenge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko imwe mu mirenge irimo udusantere ariyo iza ku isonga mu kugira umubare w’ibyaha byinshi.
Polisi yataye muri yombi abagabo batandatu bari bigize abakozi ba EUCL mu karere ka Rubavu bagatwara Cashpower z’abaturage bakabaka n’amafaranga.
Abasivili, abapolisi n’abasirikare 20 bava mu bihugu icyenda bya EASF batangiye amahugurwa azibanda ku kurinda umwana mu butumwa bw’amahoro.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rusura mu Karere ka Rubavu bafunze ikirombe cy’umucanga nyuma yo kugwamo abantu bacukuragamo tariki 23 Nzeri 2015.
Mu Karere ka Bugesera imbwa 61 z’inzererezi zimaze kwicwa nyuma y’aho ziririye abantu 13 ndetse abagera kuri babatu bikabaviramo urupfu.
Abacuruzi bakorera mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’abajura bacukura amazu bakabiba ibicuruzwa, bagasaba ubuyobozi kubihagurukira.
Abaturiye umuferege w’amazi wubatswe mu Mujyi wa Kayonza baravuga ko wakemuye ikibazo cy’amazi yabangirizaga ariko uteza icy’umutekano ku bana kuko udatwikiriye.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira hacumbikiwe umugabo witwa Nsanzineza Theoneste w’imyaka 40 wafatanywe amafaranga ibihumbi 330 y’amakorano.
Inama ihurije i Kigali Ministiri w’Ingabo wa Kongo Kinshasa, Aime Ngoyi Mukena Lusa Diese na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe kuri uyu wa 24 Nzeri 2015, irafata umwanzuro wo kongera gufatanya kurwanya FDLR.
Inama ihuje kuri uyu wa 24/9/2015, Ministiri w’Ingabo za Kongo (DRC), Aime Ngoyi Mukena Lusa Diese, na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe, irafata umwanzuro wo kongera gufatanya kurwanya FDLR.
Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu n’Iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari (GLIHD) uratangaza ko abakobwa babarirwa mu 7300 mu Rwanda bafungiye gukuramo inda.
Mu Kiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu Mudugudu wa Gisozi mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu habonetse umurambo w’umugabo w’imyaka 26.
Abitwa “Abaremetsi” binjiza ibicuruzwa mu gihugu ku buryo butemewe n’amategeko, ngo babangamiye umutekano w’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyagatare.
Umugabo Uwitonze Faustin wo mu murenge wa Gahara, akarere ka Kirehe, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugore we.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abaturage gushira impungenge bagatanga amakuru y’ahakekwa abajura kugirango bafatwe, umutekano urusheho kuba mwiza.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza baravuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’abajura bamaze iminsi barayogoje uwo mujyi.
Umugabo witwa Bizimana Celestin w’imyaka 34 yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana, umurambo we ukaba watoraguwe muri metero 200 hafi y’urugo rwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko butazihanganira umuntu wese uzakinisha ibendera ry’u Rwanda ngo kuko uzabikora azahanwa nk’umwanzi w’igihugu.
Minisiteri y’ibikorwaremezo, MININFRA, irizeza abashoferi batwara abagenzi mu mihanda yo mu Burasirazuba ko igiye gushyira ibyapa ku mihanda aho bitari.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu biyemeje gushumbusha umugore witwa Mujawingoma Landrada watemewe inka n’abantu batazwi.
Umwana w’imyaka 17 wo mu karere ka Rutsiro yatemesheje se umuhoro, bapfuye ko yari amubajije impamvu yibye imyumbati akayigurisha.