• Umukobwa w’imyaka 19 afunzwe azira gukoresha impapuro mpimbano

    Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko witwa Uzamukunda Patience ukomoka mu mudugudu wa Buranga, akagali ka Ruhinga, umurenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gakenke kuva tariki 19/03/2012 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano.



  • Gakenke: Umukobwa w’imyaka 17 yatawe muri yombi azira ubujura

    Mutuyimana Solange uzwi ku izina rya Matoroshi, umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Mucaca, Umurenge wa Nemba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 20/03/2012 akekwaho kwiba radiyo, ibishyimbo n’amagi.



  • Burera: Umugande wari wafashwe nta byangombwa afite yashubijwe iwabo

    Umusore w’Umugande witwa Byarugaba Ivan uherutse gufatirwa mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera nta byangombwa afite yashubijwe iwabo ku wa kabiri tariki 20/03/2012.



  • Ruhango: Inzego z’umutekano zatoraguye gerenade mu ishyamba

    Gerenade yo mu bwoko bwa Totasi yatoraguwe mu ishyamba rya Muyange akagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 19/03/2012. Iyi gerenade yatoraguwe n’ushinzwe umutekano “local defense” witwa Nsanzimana Emmanuel ahita ashyikiriza inzego za polisi mu karere ka Ruhango.



  • Kirehe: Afunze akekwaho gufata umwana w’imyaka 3 ku ngufu

    Umwana w’inzererezi uzwi ku izina rya Cocori utuye mu mudugudu wa Ngugu II akagari ka Mushongi umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe afungiye ku biro by’akagari ka Mushongi akekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 3.



  • Uwingeneye afunzwe akekwaho guta umwana mu musarane

    Umukobwa witwa Uwingeneye Solange wo mu kagali ka Cyabayaga, umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gatunda akekwaho kuba ari we wataye uruhinja mu musarane tariki 15/03/2012.



  • Nyagatare: Umuyobozi w’akagari yakomerekejwe yagiye gusaka ibiyobyabwenge

    Umuyobozi w’akagari ka Cyenkwanzi, umurenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yatemwe n’umusore witwa Hakiza ubwo yari amukuriye ngo amwake waragi zo mudusashi yari amucishijeho.



  • Abamotari baparitse moto zabo bajya gufata iya Buyore

    Burera: Abamotari bo mu Kidaho n’ab’i Butaro bafitanye amakimbirane

    Abamotari bakorera mu gasantere ka Kidaho hagerereye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera ndetse n’abamotari bakorera mu gasantere ka Butaro, mu murenge wa Butaro muri ako karere bafitanye ikibazo ku buryo iyo hagize abahura bashaka kurwana.



  • Gatsibo: umuyobozi yakubiswe afunga utubari

    Nditegure Theoneste uyobora umudugudu wa Kavumu mu kagari ka Mugera, umurenge wa Gatsibo mu karere ka Gatsibo yakubiswe n’abasinzi, ku mugoroba wa tariki 19/03/2012, ubwo yajyaga gufunga utubari dukora nyuma y’amasaha yagenwe.



  • Nyamagabe: Batawe muri yombi bazira guha umupolisi mukuru ruswa

    Umukozi ushinzwe ubuhinzi witwa Ndizeye Pierre na Donah Ahorukomeye bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu Karere ka Nyamagabe kuva tariki 20/03/2012 bazira kugerageza guha umupolisi ukora mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi 15.



  • Nyanza: Abasore 2 bateraga amabuye mu ngo bafatiwe mu cyuho

    Iraguha Albert na Ndayambaje Thacien batuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana bafatiwe mu cyuho batera amabuye mu rugo rw’uwitwa Mukampunga Seraphine ku mugoroba wa tariki 20/03/2012 ahagana 19h30.



  • Muko: Yaranduye amasaka kuko bayahinze mu murima we batamubwiye

    Umusore witwa Shyaka Hassan yiraye mu murima w’amasaka arayarandura kuko uwitwa Karimwabo Jean Damascene yayahinze mu murima we uri mu kagari ka Ngange mu Murenge wa Muko mu karere ka Byumba atabanje kubimumenyesha.



  • Umugore yubatse inzu ayicyuriramo umugabo none yayimwirukanyemo

    Umugore witwa Uwingabiye Domina wo mu mudugududu wa Kabare mu kagari ka Ngange mu Murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi ararira ayo kwarika nyuma yo kwiyubakira inzu akayirukanwamo n’umugabo yayicyuriyemo.



  • Kiziguro: abashatse kwiba RIM batawe muri yombi

    Abantu batanu bamaze gutabwa muri yombi na Police ikorera mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo bakekwaho kugira uruhare mu gitero cyagabwe ku muturage wo mu murenge wa Kiziguro witwa Ntawukabura Daniel bagamije kwiba ikigo cy’imari iciriritse cyo kubitsa no kuguriza (RIM) gikorera mu murenge wa Kiziguro.



  • Ibisenge by

    Ruhango: amazu 6 yatwawe n’inkubi y’umuyaga

    Amazu 6 yo mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyagisozi, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango yasenyutse ibisenge kubera umuyaga wahushye ku mugoroba wa tariki 18/03/2012.



  • Rulindo: Yatawe muri yombi azira gukora kanyanga

    Umusore w’imyaka 20 witwa Desire Nsabiyumva yatawe muri yombi tariki 18/03/2012 mu karere ka Rulindo azira gukora kanyanga. Yafashwe nyuma y’uko urwego rushinzwe umutekano mu baturage mu murenge wa Murambi rutanze amakuru kuri polisi.



  • Umugore n

    Karongi: Yagiye gukiranura umugore n’umugabo barwanaga aba ari we ukubitwa

    Umugore n’umugabo basangiraga urwagwa mu kabari muri karitsiye (quartier) izwi ku izina ryo mu Cyumbati, mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi, tariki 17/03/2012, barasinze bararwana maze uje kubakiza arakubitwa.



  • Bugesera: Afunzwe akekwaho kugurisha imodoka itari iye

    Rwabukambiza Justin, umugabo w’imyaka 46 utuye mu kagali ka Busanza, Umurenge wa Kanombe , akarere ka Kicukiro, kuva tariki 16/03/2012, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata akekwaho kugurisha imodoka ya Benzinge Ben.



  • Ngoma: Afunzwe azira ibiro 12 by’urumogi yafatanywe

    Umugabo w’imyaka 38 y’amavuko witwa Fulgence Simbyondora afungiye kuri Station ya Polisi ya Zaza mu Karere ka Ngoma, nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi mu gicuba cy’amata ashaka kujijisha abashinzwe umutekano.



  • Mukarange: Imbwa zishe ihene 12 z’abaturage

    Ihene 12 z’abaturage bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza zishwe n’imbwa za bamwe mu baturage batuye muri ako kagari tariki 14/03/2012.



  • Gicumbi:Dusabimana yishe umwana we amukubise umwase

    Dusabimana Theophile ukomoka mu mudugudu wa Rwagihura,akagari ka Nyankenke,umurenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Gicumbi azira kwica umwana we Umutesiwase amukubise umwase ubwo yarwanaga n’umugore we.



  • Urayeneza Marie yasadutse umunwa

    Ruhango: Yasanze mukeba we amwiba amusatura umunwa

    Umubyeyi witwa Urayeneza Marie utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Rukina, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yasanze mukeba we witwa Nyiranzajyankundimana Atoinette amwiba ibitoki aramuhururiza maze nawe ahita aramwadukiriye amuhondagura amabuye amusatura umunwa.



  • Gakenke: Umugabo afunzwe azira gukubita isuka umugore we

    Umugabo witwa Munyankiko utuye mu mudugudu wa Mwanza, akagari ka Nyundo, umurenge wa Mataba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke azira gukubita isuka umugore we witwa Nyirandabantuye Primitive mu mutwe akajya mu bitaro.



  • Kicukiro: Abantu batatu bafatanwe ibiro 2 n’imisongo 127 by’urumogi

    Abantu batatu bo mu kagari ka Kamashashi, umurenge wa Rugunga, akarere ka Kicukiro batawe muri yombi kuwa kabiri tariki 13/03/2012 mu mukwabu wa Polisi wo gufata abacuruzi b’ibiyobyabwenge.



  • Ruhango: ari mu maboko ya polisi akurikiranwaho gufata ku ngufu

    Bayiringire Seth w’imyaka 36 y’amavuko utuye mu kagari ka Murama mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi mu murenge wa Kabagali azira gufata ku ngufu umukobwa witwa Ayingeneye Bertirida w’imyaka 23 y’amavuko tariki 14/03/2012.



  • Ruhango: 10 bari mu maboko ya polisi bakekwaho ubujura

    Abasore 10 bafatiwe mu isoko rya Bweramana bakekwaho kuyogoza abaturage babatwarira utwabo bafungiye kuri station ya polisi ya Kabagali guhera tariki ya 14/03/2012.



  • Rubavu: Hamenywe litito 2750 z’inzoga yitwa “Ihumure”

    Akarere ka Rubavu ku bufatanye na Polisi y’igihugu, tariki 12/03/2012, bamennye litiro 2750 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina “Ihumure” mu murenge wa Rubavu, akagari k’Isangano.



  • Ngoma: Bamutuburiye miliyoni 10 arangije arapfa

    Nizeyimana Mohamed, wo mu murenge wa Kibungo akagali ka karenge umudugudu wa Amahoro, aherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abantu bamutwaye amafaranga miliyoni 10 bavuga ko bazamukuriramo amadorari ibihumbi 100.



  • Nyanza: Umubyeyi yatemye umuhungu we intoki 2 zivaho amuziza isambu

    Masabo Etienne uvuka mu kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatakaje intoki ebyiri atemwe na nyina umubyara amuhoye isambu.



  • Rwamagana: Umugore n’umwana be bamukubise isuka ahita apfa

    Umugabo witwa Ntambara Bosco yaraye yitabye Imana ubwo umugore we Nyirabahire Claudine afatanyije n’umwana babyaranye, Bitunguhari Felicien bamukubitaga isuka na n’icyuma bita fer a beton mu mutwe. Ubu Nyirabahire na Bitunguhari bafungiye kuri station ya Police ya Kigabiro mu karere ka Rwamagana.



Izindi nkuru: