• Kayonza: Umwana w’umwaka umwe yitabye imana aguye mu muferegi wuzuye amazi

    Obed Byiringiro, umwana w’umwaka umwe w’amavuko uvuka mu Murenge wa Murindi, Akarere ka Kayonza tariki 08/04/2012 yanyereye mu muferegi wuzuye amazi ahita yitaba Imana.



  • Rutsiro: Impanuka y’ubwato yahitanye umuntu mu kiyaga cya Kivu

    Umugore witwa Julienne Nyiranteziryayo yitabye Imana taliki 09 Mata 2012 aguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu kiyaga cya Kivu mu murenge wa Boneza, akagari ka Remera mu karere ka Rutsiro.



  • Ngoma: Umusore yishwe akaswe ijosi

    Umurambo w’uwitwa Niyoyita Jean De Dieu watoraguwe tariki 06/04/2012 wakaswe ijosi mu mudugudu wa Mvumba akagali ka Kirama umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma.



  • Kamonyi: Ibendera ry’igihugu ryo ku kigo cy’ishuri ryaburiwe irengero

    Ahagana mu masaa moya z’umugoroba wo ku kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/04/2012, abarinzi bo ku kigo cy’amashuri abanza cya Cyambwe, giherereye mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Musambira, batangaje ko baburiye irengero ibendera ry’igihugu ry’icyo kigo.



  • Umwe mu bakomeretse

    Imodoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeretsa 13

    Imodoka itwara abagenzi yavaga mu mujyi wa Gisenyi igana mu karere ka Karongi yakoze impanuka tariki 05/04/2012 ahagana saa moya za nijoro ikomeretsa abantu 13 harimo umubyeyi utwite.



  • Shyorongi: Umugabo yishe umugore amukubise isuka

    Muragijimana wo mu mudugudu wa Gatwa, akagali ka Bugaragara umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo yishe umugore we witwa Nyirandayambaje Claudine mu gicuku cya cy’ijoro rishyira tariki 06/04/2012 akoresheje isuka.



  • Polisi yamutaye muri yombi azira ibicuruzwa bya magendu

    Polisi ishinzwe kurwanya magendu (RPD) mu Karere ka Nyagatare, tariki 04/04/2012, yataye muri yombi umuntu wari utwaye ibicuruzwa bya magendu mu modoka. Iyo modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye amakarito 153 y’inzoga ya chief waragi n’amajerekani 10 ya kanyanga.



  • Huye: Hatoraguwe uruhinja mu musarane kuri Paruwasi Kiruhura

    Uruhinja rw’umuhungu rutarakungura rwatoraguwe mu musarane wo kuri paruwasi gaturika ya Kiruhura mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye mu ma saa saba z’amanywa tariki 05/04/2012. Uwahamutaye ntaramenyekana kandi n’umwana nta kibazo afite.



  • Ernest Rudasungwa na Uzabakiriho Kabeni bajyanywe kuri polisi

    Nyagatare: Abagabo babiri bafungiwe kwiba ibiro cumi by’ibishyimbo n’ipantaro imwe

    Ernest Rudasungwa na Uzabakiriho Kabeni bakora akazi k’ubukarani ngufu mu mujyi wa Nyagatare bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bazira kwiba ibiro 10 by’ibishyimbo ku mucuruzi w’imyaka witwa Pierre Ezira n’ipantaro y’uwitwa Sam.



  • Ahacukuwe impombo hagasigara ibimene

    Nyagatare: Afungiwe gusenya umuyoboro w’amazi yiba impombo

    Dusabimana Gervais w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare azira gufatirwa mu cyuho yiba impombo z’amazi ku muyoboro unyura mu Kagari ka Nyangara mu Murenge wa Gatunda.



  • Nyamasheke: Hafashwe litiro 300 z’inzoga y’inkorano

    Ubwo hakorwaga umukwabu wo gufata inzererezi n’indaya mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, tariki 04/04/2012, hanafashwe litiro zigera kuri 300 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina rya Ruyaza, ikaba itemewe ndetse inafatwa nk’ikiyobyabwenge.



  • Indaya n

    Nyamasheke: Umukwabu wafashe inzererezi n’indaya bagera kuri 38

    Umukwabu wabaye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke mu gitondo tariki 04/04/2012 wafashe inzererezi n’indaya 38 kuko bagira uruhare mu ikorwa ry’ibyaha byinshi bigaragara muri uwo murenge.



  • Umugabo yishe umugore we amuziza imitungo

    Mudakubana Jean bakunze kwita Gisebe utuye mu mudugudu wa Buhoro akagari ka Kabutare mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishe umugore we witwa Mukamusoni Speciose mu gitondo cya tariki 04/04/2012.



  • Kamonyi: Umwana w’imyaka 3 yaguye mu mazi ahita apfa

    Mu mudugudu wa Runzenze, akagari ka Kabugondo, umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, Umwana witwa Niyonsenga ufite imyaka itatu, tariki ya 03/04/2012, yaguye mu kizenga cy’amazi kiri mu nkengero z’igishanga cy’umugezi w’Akanyaru ahita yitaba Imana.



  • Muko: Kayicondo yakubise umugore we amuziza ko atagurisha imitungo y’iwabo

    Umugabo witwa Kayicondo Fidele wo mu kagari ka Gasharu mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi, tariki 01/04/2012, yakubise umugore we, Mukakarangwa Anonciata, amugira intere amuziza ko atagurisha imitungo yasigiwe n’ababyeyi ngo amuzanire amafaranga.



  • Gatsibo: Abatemye urutoki rwa Rwamutabazi baburiwe irengero

    Rwamutabazi, umusaza utuye mu mudugudu w’Itaba, akagari ka Nyabisindu, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatemewe urutoki taliki 26/03/2012 n’abantu na n’ubu bataramenyekana.



  • Yabeshye inshoreke ye imuroga kubyimba igitsina bidasanzwe

    Rubasika Ngunda John arwariye mu bitaro bya Rwamagana kubera ikibazo cyo kubyimba imyanya ndangagitsina birenze urugero. Ibi ngo yabitewe n’inshoreke ye yitwa Dusengimana Kibaba bararanye mu cyumweru gishize, yataha agasiga amuroze iyo ndwara idasanzwe.



  • Yishwe n’umugore yinjiye amuziza gutera inda undi mugore

    Iringiyimana Valens wo mu kagari ka Gakoni, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yishwe n’umugore yinjiye witwa Mukagatare Lorance afatanyije n’umwana we tariki 26/03/2012 saa tanu z’ijoro kubera kumufuhira; nk’uko ba nyiri ubwite babivuga.



  • Muko: Yafatiwe mu cyuho asarura urumogi yahinze iwe mu rugo

    Umugabo witwa Biseruka Jean Bosco utuye mu kagari ka Mwendo mu Murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi yafatiwe mu cyuho 01/04/2012 asarura urumogi yari yarahinze iwe. Ubu ari mu maboko ya polisi.



  • Kirehe: Badakengerwa Vedaste yatemye umugore we n’ishoka

    Umugabo witwa Badakengerwa Vedaste afungiye ku kagari ka Mpanga mu murenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe azira gutema umugore we witwa Mukagasingwa Justine mu mutwe akoresheje ishoka bazira amakimbirane yo mu ngo.



  • Gakenke : Afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya Sacco

    Ntakirutimana Elisaphan w’imyaka 24 utuye mu Kagali ka Shyombwe, Umurenge wa Gakenke kuva tariki 19/03/2012 afungiye kuri sitasiyo ya Rushashi, mu Karere ka Gakenke akekwaho kuriganya abakiriya amafaranga agera ku bihumbi 324.



  • Huye: Yamwirukananye uwo babyaranye nyuma yo kumushaka akiri muto

    Umugabo witwa Nathan Bazangezahe utuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, yirukanye umugore bashakanye n’umwana babyaranye, nyuma y’uko yari yaramushatse agifite imyaka 18.



  • Nyanza: Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo

    Kayiranga Callixte wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Busasamana muri ako karere akekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo.



  • Gakenke: Umwarimu yafashe ku ngufu abana b’incuke yigishaga

    Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Ndayisaba Protogene uvuka mu kagari ka Kiryamo, umurenge wa Rusasa, akarere ka Gakenke yacitse tariki 22/03/2012 nyuma yo kwiyemerera ko yagerageje gufata ku ngufu abana batatu yigishaga mu ishuri ry’incuke rya Karukungu riri mu mudugudu wa Buhindi, akagari ka Karukungu, umurenge wa Janja.



  • Gatsibo: abaturage barasabwa gutanga amakuru y’ibibera mu ngo

    Umuryango Haguruka urakangurira abaturage gutanga amakuru ku bikorwa by’itotezwa biba bimaze iminsi mu miryango bigashakirwa igisubizo hakiri kare hatabaye ubwicanyi.



  • Cyanika: Ba “Local Defense” batatu bahagaritswe ku mirimo yabo

    Inama y’umutekano yaguye y’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yabaye tariki 29/03/2012 yafashe umwanzuro ko ba “Local Defense” batatu bahagarikwa ku mirimo yabo yo gucunga umutekano kubera imyitwarire mibi irimo kurya ruswa.



  • Polisi yaguye imikoranire n’abaturage mu bikorwa by’iterambere

    Polisi y’igihugu yaguye imikorere yari isanzwe ikora mu bikorwa byo gufasha abaturage kwicungira umtekano no kubafasha mu iterambere ry’igihugu, isinya amasezerano y’ubufatanye n’uturere dutanu n’Umujyi wa Kigali.



  • Nzabafashwanimana yicajwe hasi n

    Ngororero: Yafashwe yiba inkwi ahuruza avuga ko azira ubwoko

    Nzabafashwanimana w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Ngororero, akagali ka Rususa, umudugudu wa Musambira mu karere ka Ngororero yafashwe yiba mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 28/03/2012 arangije ataka avuga ko bamuziza ko ari umututsi.



  • Imodoka yakoze impanuka ku Gitikinyoni ariko nta wapfuye

    Imodoka yo mu bwoka bwa FUSO ifite purake RAB 466 M yari yikoreye amakara iyavanye Gikongoro yageze ku Gitikinyoni mu mujyi wa Kigali irahirima mu gihe cya saa cyenda z’amankwa tariki 28/03/2012, ku bw’amahirwe abari bayirimo ntibagira icyo baba.



  • Burera: Afunzwe aregwa gutema inka ye umurizo

    Dukuzimana Ildephonse uturuka mu kagari ka Karunoga mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rusarabuye aregwa gutema inka ye umurizo.



Izindi nkuru: