Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wiga nijoro mu mwaka wa gatatu mu ishami ry’icungamutungo muri INILAK Nyanza Campus, ku mugoroba wa tariki 22/05/2012 yasabye lifuti maze aho kumujyana mu mujyi wa Nyanza imukomezanya mu karere ka Ruhango.
Bunani Jean Pierre w’imyaka 36, kuva tariki 21/05/2012, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo azira gufatanwa ibyangombwa by’ibihimbano n’ibindi bikoresho by’ibihimbano.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, Nshimiyimana Jean Damascene, aranyomoza amakuru avuga ko umusore witwa Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, akagari ka Mubumbano yatemye se umubyara agiye kumwanurira imyumbati yari yanitse hejuru y’inzu.
Jerome Ndahayo w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango nyuma yo gutabwa muri yombi azira kanyanga.
Abana babiri bo mu kagali ka Nyakina, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bakoze impanuka kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 bageze ahantu hitwa mu Kintama, mu Kagali ka Rusagara mu murenge wa Gakenke barakomereka.
Umugore w’imyaka 42 y’amavuko witwa Séraphine Nyiransabimana wo mu mudugudu wa Kabarima mu kagali ka Gasiho mu murenge wa Minazi yarohowe mu mugezi wa Nyarutovu tariki 20/05/2012 yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe abuze.
Mukandori Odette w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Burima, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 20/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kubyara umwana akamuta mu myanda.
Umucungamari (comptable) w’umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, Rwabagabo Olivier, yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Dyna tariki 15/05/2012 ahita apfa.
Umugore witwa Charitine Mukankuranga utuye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’imyaka 2 witwa Uwase, amukubise igiti inshuro ebyiri mu mutwe.
Abunzi babiri bo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma batawe muri yombi na Polisi mu ntangiriro y’iki cyumweru bakekwaho kwaka ruswa y’amafaranga 10.000 umuturage bamwizeza kumuhesha isambu yaburanaga.
Umurambo w’umwana utazwi imyirondoro watoraguwe mu mugezi wa Mwogo uherereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 19/05/2012.
Bazirasa w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bukanka, akagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatwitse inzu ye tariki 18/05/2012 kubera ko umugore yanze kumuha amafaranga yo kunywera inzoga.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda iherereye mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Save, baratabaza ko umutekano wabo uhungabanywa n’abajujra babambura amatelefoni bagahohotera n’abakobwa.
Murekatete Jacqueline ukomoka mu mudugudu wa Nshuli, akagali ka Gitengure, amurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare afungiwe kiri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kubyara umwana akamuta musarani mu ijoro rishyira tariki 18/05/2012.
Abavandimwe batatu bo mu kagari ka Ruhunga, umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyamagabe bakomerekejwe n’igisasu cya gerenade yo mu bwoko bwa ‘Stick’ bari batoraguye ku mugezi bavomaho.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yatwitse toni eshanu n’igice z’ibiyobyabwinge byaturutse mu mirenge inyuranye y’ako karere cyane cyane ihana imbibi na Uganda.
Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, tariki 17/05/2012, yatemye se umubyara witwa Shumbusho Ezechias ufite imyaka 50 bapfa kwanika imyumbati hejuru y’inzu.
Ushinzwe umutekano (local defence) yatoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa RPG Anti-Tank mu mudugudu wa Mubuga, akagari ka Ruronde, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro, kuwa kane tariki 17/05/2012 mu masaha y’igicamunsi.
Umushumba w’imyaka 25 y’amavuko waragiraga inka z’uwitwa Nzayisenga Obed utuye mu murenge wa Kintobo mu karere ka Nyabihu yatoraguwe mu mugezi wa Kinoni hagati y’akarere ka Nyabihu na Musanze yapfuye kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012.
Ndacyayisenga Gratien wo mu mudugudu wa Gikomero, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatemye Nsengimana Gaspard w’imyaka 18 amuziza ko yahira imigozi y’ibijumba mu murima we.
Simbarikure Francois w’imyaka 26 y’amavuko yagiye kwiba inka mu mudugudu wa Bwangacumu mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 16/05/2012 abaturage bamuta muri yombi baramukubita bamutera icyuma mu nda amara arasohoka.
Abaturage bo mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera batewe n’imvubu yatorotse pariki mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/5/2012 ariko abashinzwe umutekano babatabara ntawe iragirira nabi.
Imbogo zigera ku ijana zo muri parike y’Akagera, kuri uyu wakabiri tariki 15/05/2012, zatorotse parike zangiza imyaka myinshi y’abaturage, ndetse zinakomeretsa umuntu umwe; nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude yabitangaje.
Munyentwari Jean wari umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi i Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho gushaka kwicisha umugore we bashakanye.
Kalisa ukomoka mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma yagonzwe n’ikamyo nini ikururana ubwo yageragezaga kuyurira ashaka kwiba imifuka y’amakara yari ihetse hejuru yayo maze arahanuka agwa mu ipine ihita imunyura hejuru mu ijoro rya tariki 12/05/0212 ahagana saa sita z’ijoro.
Nyirankiranuye Serafine w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti cy’ipapayi cyari mu rugo iwabo ubwo imvura yagwaga ahita yitaba Imana ako kanya kuri uyu wa kabiri tariki 15/05/2012.
Abaturage, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza hamwe n’inzego zishinzwe umutekano bafatanyirije hamwe gutwika no kumena ku mugaragaro litiro 231 za kanyanga, imifuka 15 y’inzoga zo mu bwoko bwa Vodka, ibiro 14 by’urumogi hamwe n’imifuka ibiri ya Chief Waragi.
Nsengiyumva Emmanuel utuye mu mudugudu wa Rugarama,akagari ka Cyendajuru mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye afungiye kuri sitasiyo ya poilisi ya Kirehe kubera kugurisha inka yahawe muri gahunda ya Girinka.
Polisi yo mu karere ka Gasabo yataye muri yombi umusore witwa Mbarushimana Janvier w’imyaka 24, tariki 13/05/2012, akurikiranyweho gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Imodoka itwara abagenzi yo bwoko bwa Hiace yagonze umukecuru witwa Nyirazigama ahagana saa tanu n’igice zo ku cyumweru tariki 13/5/2012 nayo ihita igwa mu mukingo. Uwo mukecuru n’umugenzi umwe mubo yari itwaye bakomeretse bikabije.