Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta aravuga ko abagabye igitero kuri hoteli yitwa DusitD2, mu murwa mukuru Nairobi bose bamaze kwicwa, iby’igitero bikaba byarangiye.
Umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba ufite ibirindiro muri Somalia Al-Shabab amaze kwigamba igitero cyagabwe i Nairobi muri Kenya mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 15 Mutarama 2019.
Igisirikare muri Gabon kiravuga ko cyafashe ubutegetsi, nyuma y’imyaka 52 Umuryango wa Bongo wari umaze uyobora.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Dr Byamungu Livingstone wari umuyobozi ushinzwe ishoramari muri banki y’igihugu y’iterambere (BRD) n’abagize umuryango we bagera kuri bane bahitanywe n’impanuka ahitwa Lwengo ku muhanda uva Masaka werekeza Mbarara.
Abarwanyi ba FDLR bacyuwe mu Rwanda ku gahato na Congo bavuga ko babayeho neza mu gihe batari bizeye umutekano wabo.
Umuvugizi w’ingabo za Congo FARDC Maj Ndjike Kaiko yatangarije Kigali Today ko Bazeye Laforge wafashwe n’inzego z’iperereza mu ngabo za Congo, amaherezo agomba gucyurwa mu Rwanda.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, ahamya ko hatabayeho kurinda ubuzima bw’abasiviri ntacyo ibikorwa byo kubungabunga amahoro byaba bimaze.
Polisi y’igihugu yohereje Abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.
Kuri uyu wa 27 Kamena 2018,ku nshuro ya mbere Polisi y’igihugu yohereje itsinda rigizwe n’abapolisi 160 harimo 85 b’igitsina gore mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo,
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yemeza ko muri iki gihe iterambere ryageze hose, ingabo zidakwiye gusigara nta bumenyi buhagije zifite mu kurinda umutekano.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje itsinda ry’abasirikare 238 bakoresha ibibunda binini bizwi ku izina ry’ibifaru, mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique.
Baturage Jean Nepomscene wari umucungamutungo muri Sacco Isange Karama yo mu Karere ka Nyagatare yibye arenga miliyoni 3Frw ahungira Uganda.
Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko cyababajwe n’umusirikare w’u Rwanda wapfiriye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, aho yari mu Mujyi wa Bangui mu gikorwa cy’ubutabazi.
Imodoka y’umupadiri yabuze feri ubwo yari ageze kuri Santarari ya Gaseke yo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, igonga abakirisitu barindwi.
Itsinda ry’abasirikare 270 b’u Rwanda bahagurutse i Kigali kuri uyu wa 10 Gashyantare 2018 berekeza muri Sudani y’Amajyepfo aho bagiye mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro.
Umwe mu bakekwaho urupfu rw’Umunyarwanda Dr. Raymond Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo, yagejejwe bwa mbere imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Cape Town.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel atangaza umupolisi ugaragaweho kurya ruswa ahita yirukanwa.
Urwego rushinzwe gucunga imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abacungagereza nabo boherezwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika mu butumwa bw’amahoro.
Umutwe ugizwe n’abantu 95 bagizwe n’ingabo, Polisi n’abasivile nibo u Rwanda rugiye kohereza mu myitozo izahuza ingabo zo mu karere izabera muri Sudani.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano muri Afurika, ko imikoranire itanoze ari kimwe mu bituma Afurika igihura n’ibibazo by’umutekano.
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika mu butumwa bw’amahoro bwa Loni u Rwanda rusanzwe ruhakorera.
Polisi yo muri Mozambique itangaza ko iri gukora iperereza ku kibazo cy’abantu bafite uruhara bari gushimutwa bakicwa, bagakoreshwa mu mihango y’ubupfumu.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Polisi y’u Rwanda yasubije amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni icyenda uwari yayibwe n’umukozi we.
Polisi y’Igihugu yohereje abapolisi 280 mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique bagiye gusimbura abandi bangana gutyo bari bamazeyo umwaka.
Ku nshuro ya gatatu Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Centrafrique.
Abajura bataramenyekana bibye SACCO yo mu murenge wa Burenga muri Rulindo nyuma yo kwica umuzamu wayirindaga undi bakamukomeretsa bikomeye.
Abasirikare bakuru, abarimu n’abashakashatsi bahuriye mu nama mu ishuru rikuru rya Gisirikare i Nyakinama biga ku mutekano muri Afurika.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.