Ibirindiro bibiri by’abasirikare ba Amerika muri Iraq byagabweho igitero cy’ibisasu birenga icumi bya misire ziraswa kure, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe umutekano.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Mutarama 2020 Leta y’u Rwanda yakiriye umunyarwandakazi witwa Nyiramwiza Pascaline ufite imyaka 25 wakorewe iyicarubozo agatemwa akaboko kagacika ndetse agatemwa no mu mutwe ubwo yari mu gihugu cya Uganda.
Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.
Ku wa mbere tariki ya 16 Ukuboza 2019, abapolisi b’u Rwanda 280 barimo abagore 54 bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
“Kugira ngo muzahagararire neza igihugu mugomba kwitanga no kwigomwa,” aya ni amwe mu magambo akubiye mu butumwa umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yagejeje ku Polisi b’u Rwanda 280 bitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Umuturage wo mu gihugu cya Uganda witwa Sebudidimba John, arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika mu Karere ka Burera, aho ashinja ingabo za Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.
Nkurunziza Emmanuel avuka mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Nyarubuye, Akagari ka Nyabitare, Umudugudu wa Kazizi ya mbere. Yavuye mu rugo tariki 20 Gicurasi 2018, agiye muri Uganda gupagasa (gushaka imibereho).
Ndayambaje Jackson, umusore w’Umunyarwanda w’imyaka 26, agaragaza kwiheba gukabije bitewe no gufungirwa mu magereza menshi mu gihugu cya Uganda, aho avuga ko yakubitiwe, akicishwa inzara ndetse akanakoreshwa imirimo y’agahato.
Abapolisi 240 b’u Rwanda, kuri uyu wa mbere basimbuye bangenzi babo 240 bamaze umwaka mu muri Sudani y’Epfo, aho bajya kurinda ibigo by’Umuryango w’Abibumbye (UN), abakozi bawo ndetse n’inkambi z’impunzi.
Urwego rw’igisirikari cya Uganda rushinzwe iperereza (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza ku mpamvu zitahise zitangazwa.
U Rwanda ruramagana ibikorwa byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda no kubirukana muri icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Abanyarwanda 33 barimo abagore 17 bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku wa 27 Ugushyingo 2019, aho biruhukije bageze mu gihugu cyabo nyuma y’ubuzima bubi bwo gutotezwa, gukubitwa no gufungwa babagamo mu gihugu cya Uganda.
Ruzigamanzi Felicien ukomoka mu mudugudu wa Murisanga, Akagari ka Ntoma, Umurenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, araburira Abanyarwanda batekereza kujya muri Uganda ko bibaye ngombwa babireka kubera ubugome buri gukorerwa Abanyarwanda muri icyo gihugu.
Inzego z’Umutekano muri Uganda ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba bafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.
Karemera Damascene w’imyaka 25 y’amavuko yatemwe n’umuturage wo muri Uganda yakoreraga azira ko amwishyuje.
Hitamana Emmanuel w’imyaka 22 hamwe na Muhawe Elia w’imyaka 21, bagarutse mu Rwanda nyuma yo kurekurwa na Uganda muri uku kwezi k’Ugushyingo 2019, aho bavuga ko bacitse imirimo y’agahato, gukubitwa no kwicishwa inzara.
Kuwa gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo, umuryango w’abibumbye (LONI), wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 428 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Santarafurika (MINUSCA).
Komiseri uyobora ishami rishinzwe gutoranya no kwinjiza abapolisi mu kazi ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye i New York, Ata Yenigun, ku cyumweru tariki 10 Ugushyingo, yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye (LONI) bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bangui mu gihugu cya (…)
Kuwa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, ahagana saa munani z’amanywa, General Juvenal Musabyimana bakundaga kwita Jean Michel Africa, akaba yari umuyobozi mukuru w’umutwe wa RUD-Urunana yarasiwe mu gace ka Rutshuru muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo hafi y’umupaka wa Uganda, ahita apfa.
Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy-RPA) cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu agenewe abasirikare bo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye kurinda aho rukomeye( Easter Africa Standby Force- EASF).
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto kuba ijisho ry’igihugu, bafasha mu kubungabunga umutekano wacyo ndetse no kwitandukanya no kwinjiza magendu ndetse n’ibiyobyabwenge mu gihugu.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yatunguwe cyane n’ibyo itangazamakuru ryo muri Uganda ryanditse rivuga ko u Rwanda ngo rwababajwe no kuba Uganda yaranze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Pasitoro Badege Donatien avugako Abanyarwanda bafungirwa mu gihugu cya Uganda batozwa kwanga igihugu cyabo abandi bagafashwa kujya mu mitwe irwanya u Rwanda.
Tuyiringire Elias w’imyaka 24 y’amavuko, avuga ko aruhutse gukubitwa, kurya nabi n’imirimo y’uburetwa yakoreshwaga muri gereza y’i Kisoro muri Uganda, aho yari amaze hafi imyaka ibiri.
Umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP/AP Juvenal Marizamunda, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Col. Jeannot Ruhunga, (…)
Ku wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2019, Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali abapolisi b’u Rwanda 240 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, yasuye ingabo z’u Rwanda, abapolisi n’abacungagereza b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) ababwira ko bagomba gufatanya kugira ngo intego yabajyanye muri iki gihugu yo kugarura (…)