Abapolisi 140 bagize icyiciro cya cyenda ari nacyo cya nyuma cya Polisi y’igihugu y’u Rwanda yakoreraga ubutumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti bageze mu Rwanda kuri iki cyumweru 04 Kanama 2019.
Mu ruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga mu gihugu cya Sudani y’Epfo, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, ku wa gatatu tariki 31 Nyakanga, yanasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’intumwa ayoboye batangiye uruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo aho bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo akomatanyije yahabwaga abapolisi 420 bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.
Mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherereye I Nyakinama mu karere ka Musanze, kuwa mbere tariki ya 22 Nyakanga 2019 hatangijwe amahururwa yitabiriwe n’abasirikari b’aba Ofisiye baturutse mu bihugu bine mu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa (…)
Muri Kamena 2018 nibwo Maniriho Saidi yavuye i Kigali ajya gucururiza imbuto i Kampala, agarutse abanza kunyuzwa muri gereza ayimaramo amezi atandatu.
Gakwerere Moses utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari ka Taba, Umudugudu wa Taba, yagize amahirwe yo kugaruka mu Rwanda ku wa gatanu tariki 21 Kamena 2019 nyuma yo gufatirwa muri Uganda akahafungirwa mu gihe cy’amezi atatu azira akarengane nk’uko abisobanura.
Umunyarwanda witwa Ishimwe Moses avuga ko yatashye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa, gukorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.
Umukobwa witwa Kamuzizi Sumaya wo mu Karere ka Musanze wari umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko igihe cyose yamazeyo yakoreshwaga imirimo ivunanye, yavuga ko ananiwe agakubitwa.
Uyu muvugabutumwa wita Muhigirwa Paul wari umaze imyaka 10 mu gihugu cya Uganda hamwe n’uwitwa Mibungo Emmanuel wagiyeyo muri 2014, ni abandi Banyarwanda batashye iwabo nyuma yo kugirwa intere.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko Urwego rw’Igisirikare cya Uganda rushinzwe Ubutasi (CMI) rwashimuse Abanyarwanda babiri ari bo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25 y’amavuko.
Umuyobozi w’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Kaspersky Lab, Yevgeny Valentinovich Kaspersky, impuguke mu bwirinzi bujyanye n’Ikoranabuhanga wavumbuye Anti Virus yamwitiriwe avuga ko yugarijwe n’ibitero byifashisha ikoranabuhanga bigera ku bihumbi 350 buri munsi.
Umwe mu Banyarwanda bacurujwe hanze y’Igihugu (muri Koweit), araburira ababyeyi bohereza abana babo "kubahahira", nyamara ngo baba bajyanywe gukoreshwa ubucakara no gukurwaho ibice by’umubiri.
Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, yihanganishije abaturage ba Sri Lanka, nyuma y’uko kuri Pasika bibasiwe n’ibitero by’iterabwoba bigahitana abarenga 290.
Umunyarwanda witwa Mucyo Jean Claude uzwi ku izina rya Mandela amaze iminsi mike atashye mu Rwanda, nyuma y’uko yari amaze amezi atatu n’indi minsi afunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Gisirikare muri Uganda, CMI(Chieftaincy of Military Intelligence).
Ku gicamunsi cyo ku wa 02 Mata 2019, Abanyarwanda batandatu bari bamaze amezi atatu bafungiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda yasabye abaturage b’u Rwanda guhagarika ingendo mu gihugu cya Uganda. Icyakora hari abakomeje kurenga kuri ayo mabwiriza bagerayo bagafungwa.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda Dr Richard Sezibera, mu izina rya guverinoma y’u Rwanda yamaganye igitero cy’ubwiyahuzi gihitanye abagera kuri 49 mu musigiti w’i ChristChurch mu gihugu cya Nouvelle Zelande.
Hari Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda bavuga ko bakubitwaga, bakirirwa mu mazi bakanayararamo andi bakayabamena mu mazuru.
Umunyarwanda umwe uzwi ku izina rya Musoni Jackson, ni we bivugwa ko yaguye mu mpanuka y’indege ya sosiyete Ethiopian Airlines yabaye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru hamwe n’abandi bagera ku 156, ubwo yavaga Addis Ababa yerekeza Nairobi.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yafashe mu mugongo ababuriye ababo mu mpanuka y’indege ya sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege y’abanya Etiyopiya, abasaba gukomera muri ibi bihe bitaboroheye.
Itangazo rishyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, riravuga ko indege ya sosiyete Ethiopian airlines yavaga iwabo yerekeza muri Kenya yakoze impanuka iminota mike ikiva ku kibuga cy’indege maze abarimo bose bahita bapfa.
Ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika hamwe n’iza bimwe mu bihugu bya Afurika, zahuriye mu Rwanda ngo zungurane ibitekerezo ku buryo bugezweho bwo gucunga umutekano w’ibijyanye n’iby’indege.
Umunyarwanda Kayibanda Rogers wari umaze iminsi afungiwe muri Uganda, mu buhamya bwe, avuga ko yambitswe ikigofero kinamufunga mu maso akimara gufatwa, agikurwamo arekuwe ku buryo ngo atigeze abona abamuhataga ibibazo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2019 abanyarwanda batandatu bakoraga akazi gatandukanye muri Uganda mu karere ka Ntungamo gahana imbibi n’akarere ka Nyagatare, bagejejwe ku mupaka wa Buziba nyuma yo kwirukanwa.
Abavandimwe babiri bakoreraga ubucuruzi mu gihugu cya Uganda, bahunze icyo gihugu nyuma yo kugabwaho igitero n’abashinzwe umutekano babasaka imbunda, ku bw’amahirwe bagasanga uwo bashakaga adahari.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga(MINAFFET) ivuga ko guhohoterwa kw’Abanyarwanda muri Uganda birimo kwica amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EAC).
Ishyaka riharanira Demokarasi muri Uganda ‘Democratic Party’, rirasaba leta guhagarika itotezwa rikomeje gukorerwa abanyarwanda bagenda muri Uganda ndetse no kurekura abari muri gereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuri uyu wa 5 Gashyantare 2019, i Kigali hatangiye inama y’iminsi ibiri y’inzego nkuru z’ubutasi bwa gisirikare mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), irebera hamwe uko umutekano wifashe mu karere ikazibanda ahanini ku birebana no guhangana n’iterabwoba.
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda Abanyarwanda babiri barimo Potien Kayihura, umuturage wo mu Mudugudu wa Gahunga mu Kagari Gafumba ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, wari utunzwe no guhinga no kwikorera imizigo muri Uganda ariko akaza gutungurwa no gutabwa muri yombi ashinjwa (…)