Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ku wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere ndetse n’imiryango itari iya Leta, baganira ku nshingano z’iyo Minisiteri na bimwe mu bikorwa iteganya byihutirwa.
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma ashyira abayobozi bashya mu myanya barimo Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane asimbura Dr Vincent Biruta wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu gihugu.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basanga hari imbogamizi zikomeye zituruka ku kuba ururimi rw’amarenga rutaremerwa gukoreshwa mu Rwanda ku rwego rumwe n’izindi ndimi zemewe, kuko hari serivisi nyinshi n’uburenganzira batabona mu buryo bwuzuye.
Urubyiruko rutandukanye rufite ikoranabuhanga n’udushya mu bikorwa by’ubuhinzi, rugaragaza ko hakiri imbogamizi ruhura nazo rwifuza ko inzego zibishinzwe zabafasha mu kuzikemura kugira ngo babashe kugeza ibikorwa byabo mu gihugu hose.
Minisitiri w’ingabo, Juvenal Marizamunda yakiriye ndetse aganira n’intumwa z’Abasenateri bo muri komite ishinzwe ububanyi n’amahanga baturutse mu Bufaransa zigizwe na Marie-Arlette Carlotti, Jean-Luc Ruelle na François Bonneau.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibivugwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ivuga ko ryabeshye Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza, rigamije gutambamira gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Mu bisanzwe mu muhanda Kigali-Musanze, ntibikunze kubaho ko imodoka zaba izitwara abagenzi n’iz’abantu ku giti cyabo zanyura ahitwa kuri Nyirangarama zitahahagaze.
Indege ya RwandAir itwara imizigo ya Boeing B7378SF, yatangiye gukorera ingendo i Dubai no muri Djibouti, mu koroshya ingendo zo mu kirere ku bicuruzwa biva mu Rwanda cyangwa ibituruka muri ibyo bice birujyanwamo.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ya Loni Ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA), bwatangaje ko hari imishinga irimo uwa Gako Beef bagiye guteramo inkunga u Rwanda.
Abantu benshi bashobora kuba bamwumva ku izina rya Polisi Denis kubera inyubako ye yamwitiriwe iherere ku Kimihurura hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ikaba iteganye n’ahakorera Minisiteri y’Ubutabera ariko batazi amwe mu mateka y’urugendo rwe muri Politike.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Kamena 2024, Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda na ba Visi Perezida Mukabaramba Alvera na Nyirasafari Espérance bakiriye iri tsinda ry’abasenateri bo muri Namibia bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Namibia, bagirana ibiganiro (...)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Sanfrafurika Maj Gen Zépherin Mamadou yagiriye uruzinduko mu Rwanda aho yasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko guhera ku wa Kane tariki 13 Kamena 2024, buzaba buri gukorera mu nyubako nshya yubatswe mu buryo bujyanye n’igihe, iheruka kuzura mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Rusarabuye.
Abashakashatsi n’abahanga mu bijyanye no kubaka ubudaheranwa basanga hakwiye gushyirwaho gahunda zikomatanyije kugira ngo zifashe kubaka ubudaheranwa bwuzuye ndetse no kuvura ibikomere cyane cyane mu bihugu bikiri cyangwa bisohotse mu ntambara na Jenoside.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, avuga ko abagihisha amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro y’Abatutsi bazize Jenoside, ari abo kunengwa kuko babangamira inzira y’Ubumwe, Kwiyubaka n’Ubudaheranwa abanyarwanda bahisemo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, yagiranye ibiganiro na Madamu Aurelia Patrizia Calabrò, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku nganda UNIDO, ku rwego rw’akarere baganira ku bufatanye mu guteza imbere inganda.
Paul Bahati, afite ubumuga bw’ingingo. Akomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ariko akaba akora ubucuruzi bwambukiranya umupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Kongo mu Karere ka Rubavu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyateguje ko amezi ya Kamena, Nyakanga na Kanama 2024, hateganyijwe ubushyuhe buri hejuru gato y’ikigero gisanzwe mu mpeshyi.
Mu Karere ka Gasabo habereye imurikabikorwa ry’imishinga y’abiga mu mashuri yisumbuye, irimo uwo gusudira bakoresheje amazi arimo umunyu, bigasimbura icyuma cyitwa ‘Poste à Souder’.
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kutihanganira umuntu uwo ari we wese wagerageza guhungabanya ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho, abibutsa ko amateka y’Igihugu mu bihe biri imbere ari bo bagomba kuyandika.
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Wungirije wa Banki y’Isi ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Victoria Kwakwa.
Josiane Mukasonga w’imyaka 33, ubu ni umukozi w’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, ushinzwe imiyoborere myiza mu Murenge wa Rugarama.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta na mugenzi we Retno Marsudi wo muri Indonesia tariki 6 Kamena 2024 bagiranye ibiganiro byihariye byibanze ku guteza imbere umubano w’impande zombi banashyize umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi.
Rubavu ni kamwe mu turere twagiye tuvugwamo ibibazo by’indwara ziterwa n’imirire mibi n’igwingira ry’abana, abenshi bagakeka ko icyo kibazo giterwa no kuba ako karere gakora ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo (RDC), ahakorerwa ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, buratangaza ko mu minsi ibiri gusa mu butaka bwa Kiliziya Gatolika Diyosezi ya Kabgayi, hamaze kuboneka imibiri 14 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Jean Lambert Gatare, umwe mu bakunzi bakomeye ba Rayon Sports, avuga ko rimwe na rimwe kogeza imikino y’iyo kipe akunda byamugoraga, agahitamo kwigwandika (kwirwaza) ngo adasabwa kujya kuyogeza.
Urubyiruko rwari rumaze amezi atandatu rukarishya ubumenyi mu bijyanye n’Ubutetsi ku rwego rw’amahoteli(Food and Beverage Operations), rwo mu Karere ka Musanze, kuwa gatatu tariki5 Kamena 2024, rwasoje ayo masomo rwihaye intego yo guhindura ibitagenda neza, binyuze mu kwimakaza imitangire ya serivisi inoze.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, tariki 5 Kamena 2024 yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibyagezweho muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva 2017-2024 yo kwihutisha iterambere rirambye NST1 agaragaza ko u Rwanda rumaze kwihaza mu ngengo y’imari ku kigero cya 86%.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko Umuryango wa FPR-Inkotanyi atari ishyaka asobanura n’impamvu yabyo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC irasaba urubyiruko kuzitabira amatora ku gihe, kugira ngo amasaha yo gutora asozwe nta bantu bakiri ku mirongo, bityo byorohereze ababarura amajwi gutangira akazi kabo.