Abitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu yigaga ku bushakashatsi bukorwa kuri virusi itera Sida bashoje bifuza ko hakongerwa ingufu mu ngamba zihora zifatwa zigamije kurwanya Sida.
Umugore witwa Yankurije Zabukiya w’abana batandatu utuye mu mudugudu wa Nyamagana B mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko ubu yiyakiriye nyuma yo kugerageza kwiyahura inshuro eshatu kubera ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Polisi y’igihugu iri guhugura abagize community policing ububi bw’indwara ya Ebola n’uburyo bayirinda kugira ngo bagire uruhare mu kuyikumira ndetse banamenye uko bakwitwara baramutse babonye umuntu uyirwaye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru bwamaze kuvuza umuryango wa Gasimba Emmanuel wari wugarijwe n’amavunja ariko byasabye ko ubanza ukimurirwa ahandi.
Mu gihe bamwe bibaza impamvu maraliya ikomeje kwiyongera kandi harafashwe ingamba zikomeye zo kuyirwanya hifashishijwe inzitiramubu, abashinzwe ubuzima mu karere ka Ngoma barakangurira abafite inzitiramubu kuzikoresha neza ngo babashe kuyihashya.
Nyuma y’ubwiyongere bw’indwara ya Malariya buteye inkeke mu mirenge imwe n’imwe y’akarere ka Nyanza, hashyizweho ingamba z’ubukangurambaga buhuriweho n’umuryango Imbuto Foundation buzakorerwa mu mirenge yose igize aka karere.
Rutebuka Yohani utuye umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, aratangaza ko nyuma y’igihe malaria yararembeje urugo rwe ubu hashize imyaka itatu ihacitse kubera kurara mu nzitiramubu.
Icyorezo cya Ebola kimaze amezi asaga umunani kibasiye bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburengerazuba gihangayikisheje isi bitewe cyane cyane nuko cyandura mu buryo bworoshye kandi kikaba nta muti n’urukingo kirabonerwa.
Imibare itangwa n’ibitaro by’akarere ka Nyanza ikanemezwa n’ubuyobozi bw’aka karere irerekana ko uburwayi bwa malariya bukomeje kuza ku isonga, aho abafatwa nabwo bageze ku gupimo cya 51.2% by’abaturage baje bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro by’akarere muri uyu mwaka wa 2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu barwayi bo mu mutwe babarurwa muri ako karere higanjemo ababitewe no kunywa ibiyobyabwenge birimo kanyanga.
Nubwo inzego zishinzwe ubuzima mu Rwanda zidahwema gukangurira Abanyarwanda kwirinda SIDA no gukumira ubwandu bushya, bamwe mu bakora uburaya bo mu karere ka Kayonza basa n’aho bakiri imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’izo gahunda kuko badakozwa ibyo gukumira no kurwanya SIDA.
Abantu 35 bakomoka mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi bari mu bitaro bikuru bya Byumba nyuma yo kunywa ikigage gihumanye mu bukwe ku witwa Ugirimana Leonodas tariki 14/9/2014.
Nyuma yaho indwara ya Ebola igaragariye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya kongo, abakoresha imipaka ya Rusizi ya Mbere y’iya Kabiri barishimira ingamba zafashwe zo gukumira iyo ndwara hapimwa abava muri icyo gihugu binjira mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwashyize abaganga ku mipaka ihuza u Rwanda na Kongo kugira ngo bapime ibimenyetso biranga virusi ya Ebola buri muntu wese uvuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kimaze kugaragaramo iyo ndwara yibasiye Afurika muri iyi minsi.
Abantu 155 bamaze kugezwa ku bigo nderabuzima bya Mashesha, Gikundamvura, Mibirizi na Clinique ya Cimerwa nyuma y’uko banyoye umutobe mu bukwe bwabereye mu kagari ka Mashesha, umurenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi tariki 22/08/2014.
Abantu biganjemo abagore n’abana bacuruza ibiribwa bihita biribwa ako kanya bagaragara mu mirenge yo mu karere ka Ngororero barasabwa kwitwararika isuku y’ibyo biribwa kuko bishobora gukwirakwiza cyangwa kongera indwara ziterwa n’umwanda.
Icyorezo cya Ebola kitagira umuti n’urukingo kikaba muri iyi minsi kibasiye bimwe mu bihugu byo muri Afurika cyamenyekanye bwa mbere ahagana mu mwaka wa 1976 mu gihugu cya Sudani na Congo aho abarenga 1000 banduraga ku mwaka.
Minisitiri ushinzwe Ubuzima mu Rwanda, Dr Agnes Binagwaho, yateguye ikiganiro aza kwakiramo ibibazo n’ibitekerezo bya buri wese ku cyorezo cya Ebola, akanagira Abaturarwanda inama z’uko bakwitwara mu gihe iyi ndwara irimo kugenda igaragara mu bihugu bya Afurika.
Joseph Nabonibo ufite imyaka 46 y’amavuko akaba atuye mu mudugudu wa Nyagafunzo mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera arwaye indwara amaranye imyaka 31 imutera kunenwa n’umuhisi n’umugenzi ku buryo byageze igihe n’umugore yari yarashatse akagenda.
Abacuruzi bakorera inyuma y’isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze n’abahaturiye bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu myanda iva mu isoko imenwa aho, basaba ubuyobozi ko bubatabara bagashaka ahandi yajya ishyirwa.
Nyuma y’aho mu gihe cyashize hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurwanya marariya, kandi ikagabanuka ku buryo bugaragara, ubu noneho abantu basigaye basa nk’abiraye mu kuyirinda kuko umubare w’abayirwaye watangiye kongera kwiyongera kandi noneho ikaza ikaze kurusha iya mbere.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yaburiye Abanyarwanda kubera imibare iteye ubwoba y’abandura agakoko gatera SIDA, aho ngo buri minota itatu umuntu umwe aba yanduye mu Rwanda; akaba yasabye ubufasha bw’Urugaga rw’ababana na virusi itera SIDA (RRP+) mu kugabanya icyo kigero.
Mu gihe abaturage b’umudugudu w’Agasongero mu kagali ka Nyagatoma umurenge wa Tabagwe akarere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bakirwara indwara ziterwa n’isuku nke kubera gukoresha gukoresha amazi mabi, ubuyobozi bw’akagali ka Nyagatoma bubakangurira kujya bateka amazi bakoresha mu gihe batari babona ameza.
Ibitaro bya Gisenyi biratangaza ko kuva ikirunga cya Nyamuragira cyo muri Congo cyatangira gusohora imyotsi kitegura kuruka, nta muturage kirakira wagizweho ingaruka n’iyo myotsi.
Kuva ukwezi kwa Mbere kugera mu kwa Gatatu 2014 mu karere ka Rubavu abaturage barwaye indwara ya maraliya bakajya kwa muganga bagera kuri 237, harimo abashoboye kwivuza bagataha 185 naho barwaye bikaba ngombwa ko bavurwa baba mu bitaro 52.
Mu gihe bamwe mu bafite virusi itera SIDA mu murenge wa Nyagatare bavuga ko bakeneye ubufasha bwihariye nk’uko mbere babuhabwaga n’imiryango itandukanye, ubuyobozi bwa komite y’aka karere ishinzwe kurwanya SIDA bwo buvuga ko abatishoboye bafashwa nk’abandi bose kuko bahawe ubufasha bwihariye byaba ari ukubaha akato.
Mu cyegeranyo giherutse gushyirwa ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima ku birebana n’indwara ziterwa n’imirire mubi mu Rwanda, akarere ka Ngororero gakomeje kuza mu turere 4 twa mbere tugifite ikibazo cy’abana barwaye bwaki.
Abakora umwuga w’uburobyi n’ubucuruzi bw’amafi n’ibiyakomokaho bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bamaze gutahurwaho ko uburyo bakoramo uwo mwuga bubashora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye no guca inyuma abo bashakanye, ndetse ngo bakaba bugarijwe cyane n’icyorezo cya SIDA.
Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo nibyo bisabwa abaturage batuye mu karere ka Nyagatare nyuma y’igenzura ryakozwe mu isozwa ry’igikorwa cyo gutera mu ngo umuti wica imibu itera Malariya.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero begereye ikibaya cya Nyabarongo baravuga ko bakeneye inzitiramubu, kuko maraliya yongeye kugaragara mu gace batuye mo kandi izo bari barahawe bakaba bavuga ko zashaje.