Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT), Serge Brammertz, aratangaza ko hazakomeza kubaho ubufatanye n’Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, kugira ngo Kayishema Fulgence aburanishirizwe mu Rwanda.
Urukiko rw’Ikirenga rwasubitse isomwa ry’urubanza ku kirego kirebana n’ububasha bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu gukora amaperereza yo gusaka mu ngo no mu zindi nyubako nta mpushya zo gusaka zerekanywe.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwarekuye by’agateganyo Rwamurangwa Stephen, Mberabahizi Chretien na Nyirabihogo Jeanne, rutegeka ko umushoramari Nsabimana Jean Dubai akomeza gufungwa.
Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, yahanishijwe gufungwa burundu, mu rubanza yashinjwagamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyoko muntu.
Nyuma y’uko urubanza ruregwamo Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, rumaze hafi amezi abiri yaranze kuvuga, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, yagize icyo abwira Urukiko mbere yuko rujya mu mwiherero ngo hafatwe umwanzuro ku byaha ashinjwa.
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, bwasabiye Philippe Hategekimana wiyise Biguma, igihano cyo gufungwa burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu gace ka Nyanza aho yakoreraga nk’umujandarume mu 1994.
Urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu Bufaransa, muri iki cyumweru rwaburijemo iseswa ry’iperereza ku birego bishinja ingabo z’u Bufaransa, ko ntacyo zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu mpera za Kamena 1994.
Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, ubwo Perezida w’Urukiko yamusabaga kugira icyo avuga ku byaha bya Jenoside aregwa, yavuze ko ababazwa n’ibyo ashinjwa kuko we nta ruhare yabigizemo, akemeza ko ibyo bamushinja ari ibinyoma, ahubwo yakijije Abatutsi.
Nyuma yuko hagiye humvwa ubuhamya butandukanye, bugaragaza ko hari imbunda nini zazanywe zikicishwa Abatutsi, mu rubanza rwaburanishijwe ku wa Gatanu tariki 16 Kamena 2023, hasesenguwe ubwoko bw’izo mbunda zavuzwe.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uwitwa Rusumbabahizi wo mu Karere ka Ruhango, icyaha yo kwica umugore we n’umwana yari atwite, rumukatira igifungo cya burundu.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, barasaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagakumira ibyaha bitaraba, mu rwego rwo kwirinda ubwicanyi buturuka ku makimbirane mu miryango.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari ku gasozi ka Nyamiyaga, bavuga ko bahahungiye bakurikiyeyo amaboko yabakiza abicanyi, gusa ngo ntibyabahiriye.
Abari bafungiye ibyaha birimo guhohotera abagore, ubujura, ubuhemu n’ibindi byaha bito biyemeje kwisubiraho bakabana neza n’abandi mu muryango Nyarwanda.
Kayishema Fulgence watawe muri yombi ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, yahise ajyanwa mu rukiko rwo muri Afurika y’Epfo, akaba ashobora no kuzoherezwa mu Rwanda.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Gicurasi 2023 rwategetse ko Nsabimana Jean uzwi nka DUBAI, na Rwamurangwa Stephen, Mberabahizi Raymond Chretien na Nyirabihogo Jeanne d’Arc bafungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakurikiranwaho ibyaha bakekwaho.
Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri izwi ku izina rya Moshions yamamaye ku myambaro ya ‘Made in Rwanda’, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2023, yitabye urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, aho ashinjwa ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge n’icyangombwa cy’icyiganano.
Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya Biguma, wari umujandarume mu gihe cya Jenoside, azatangira kuburana mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa, guhera tariki ya 10 Gicurasi 2023.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwarekuye by’agateganyo abantu batandatu, bari bakurikiranweho icyaha cyo kwica uwari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Muhirwe Karoro Charles.
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yitabye urukiko, nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye byo hirya no hino ku Isi. Ni ubwa mbere mu mateka, umuntu wayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika ahamagajwe mu rukiko ku byaha byamufungisha (criminal defendant).
Kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 Urukiko Rukuru rwatangiye kuburanisha ubujurire, mu rubanza Ubushinjacyaha bwajuriye burega Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid ku cyaha akurikiranyweho cya ruswa ndetse n’iby’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Abaganga bavuze ko Kabuga Felicien, umunyemari ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, adashoboye kuburana kubera ko ubuzima bwe butameze neza, abarokotse Jenoside bakavuga ko ari ukubima ubutabera.
Ku Gatatu tariki 8 Werurwe 2023, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabiye Yvonne Idamange Iryamugwiza kongererwa igihano yakatiwe muri 2021, kuva ku myaka 15 kugera kuri 21 bitewe n’ibyaha akurikiranyweho.
Ubushinjacyaha bwasabiye abagabo batandatu bahoze mu mutwe wa FDLR, gufungwa imyaka 25 ku byaha bakurikiranyweho birimo n’icy’ubugambanyi.
Urukiko ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 09 Gashyantare 2023 rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo umugore witwa Mukarusine Caritas wabyaye umwana akamwica akamutsindagira mu musarane. Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku wa Kane tariki ya 9 Gashyantare 2023 rwasubitse ku nshuro ya kabiri, urubanza rw’umugore ukurikiranyweho urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu yari abereye mukase rwabaye mu ntangiriro za 2022.
Ubushinjacyaha Bukuru bwasobanuye ibyo gukatira igifungo cy’imyaka ibiri umwana w’imyaka 15, wahamijwe n’urukiko gucuruza urumogi agakatirwa igifungo cy’imyaka ibiri isubitse.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu rugereko rwihariye ruburanisha abana rwakatiye umwana w’imyaka 15 igifungo cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’imyaka ine nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gucuruza urumogi.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Edouard Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yamaze kugezwa mu igororero rya Nyarugenge i Mageragere, aho agiye kurangiriza igihano cye.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Mutarama 2023, rwakatiye Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, gufungwa imyaka 5 n’ihazabu ya Miliyoni 30 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Isomwa ry’Urubanza rwa Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023 ryasubitswe, ryimurirwa tariki 23 Mutarama 2023 saa munani (14h00) zuzuye.