Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gacinya Chance Denis Visi Perezida wa Rayons Sports akaba na Rwiyemezamirimo afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwagabanyije ibihano byari byahawe abana batwitse ishuri ryisumbuye rya Riviera High School mu mujyi wa Kigali.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze kwakira ikirego cya Manirareba Herman, wareze Musenyeri Ntihinyurwa Thadee amushinja gutesha agaciro umuco Nyarwanda awita uw’igishenzi, akawusimbuza uwa Gikirisitu.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru ruherereye mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gahongayire Aline n’umugabo we Gahima Gabriel batandukana ntacyo bagabanye kuko nta mutungo bari bafite.
Urukiko rukuru rwemeje ko ubujurire bwa Dianne Rwigana na Nyina Mukangemanyi Rwigara Adeline, ku rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo nta shingiro bufite, bagomba gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubusabe bwa Nshimyimana Rwigara Diane n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline ku isubika ry’urubanza rwabo rwo ku itariki 16 Ugushyingo 2017 bwateshejwe agaciro n’urukiko Rukuru rwa Kigali, naho urubanza ku ifunga n’ifungura ryabo ruraburanishwa.
Me Ndengeyingoma Yvonne uhagarariye Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa yasabye ko urukiko rwatesha agaciro ibirego biregwa umukiriya we,kuko ibyo amurega nta shingiro bifite.
Mu iburanisha ry’urubanza Evode Imena wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo kamere ashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aregwamo icyaha cyo gufata icyemezo yishingiye ku itonesha, yabihakanye avuga ko bishingiye ku bugambanyi yakorewe.
Kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2017, Urukiko Rukuru rwatangiye urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline.
Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura ruri mu Karere ka Karongi rwakatiye Rwema Peter iminsi 30 y’igifungo y’agateganyo kubera icyaha akekwaho cyo gusambanya umukobwa ku ngufu.
Umucamanza waburanishaga urubanza ku ifunga n’ ifungurwa ry’agateganyo rya Diane Rwigara, Anne Rwigara na Mukangemanyi Adeline ubabyara rwaberaga mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, yanzuye ko Anne Rwigara arekurwa akazajya akurukiranwa ari hanze.
Isomwa ry’urubanza Diane Rwigara areganwamo na bamwe mu bagize umuryango we, Anne Rwigara murumuna we n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi , ryari riteganijwe kuri uyu wa Gatanu rirasubitswe.
Yiregura mu cyaha akurikiranweho cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano agamije kwemererwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Diane Rwigara yakunze kumvikana avuga ko asaba Perezida Kagame kumurekura n’umuryango we.
Kuri uyu wa mbere mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, hasubukuwe urubanza ku ifungwa n’ifungurwa rwa Diane Rwigara na bamwe mu bagize umuryango we.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya Kane Urubanza rwa Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara Mukangemanyi, aho bari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya gatatu urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Mukangemanyi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara,umubyeyi we ari we Adeline Rwigara na murumuna we Anne Uwamahoro Rwigara ku byaha bakurikiranyweho.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Nzeli 2017, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga, rutegetse ko Sano James wahoze ayobora WASAC afungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye igifungo cya burundu, n’ihazabu ya Miliyoni imwe kuri PTE Nshimyumukiza Jean Pierre ndetse na PTE Ishimwe Claude, bashinjwa kurasa umuturage witwa Ntivuguruzwa Aime Yvan agapfa.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Abasirikare babiri bakekwaho kwica Ntivuguruzwa Aimé Ivan, wari utuye i Gikondo muri Kicukiro bahakanye ibyaha byose baregwa uko ari bitanu.
Sous-Lieutenant Seyoboka Henry Jean-Claude uregwa gukora Jenoside, yasabye Urukiko rwa gisirikare gusuzuma impamvu ataburanishwa n’Urukiko Rukuru kandi aregwa ibyaha bikomeye.
Urukiko rwa Gisirikare ruri kuburanisha Private Claude Ishimwe na Private Jean Pierre Nshimiyumukiza, ku mugaragaro, rwafashe icyemezo cy’uko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya Imipaka rwemeye gutumiza abatangabuhamya bashinjura Dr Kabirima ku byaha byari byatumye akatirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Urukiko rukuru, Urugereko rw’i Kigali rwumvise ubujurire ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, rw’abari abayobozi muri ADEPR bashinjwa kurigisa umutungo w’iterero maze ababuranaga bose bikoma komisiyo yiyise “Nzahuratorero”.
Emmanuel Mbarushimana woherejwe n’inkiko zo muri Danmark kuburanira mu Rwanda yigaramye abamwunganira mu rukiko, asaba ko bahindurwa ariko urukiko rubitera utwatsi.
Urubanza rwa Dr. Léoprd Munyakazi rwabaye ruhagaritswe nyuma y’uko yanze umucamanza (yihannye) umuburanisha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urukiko rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Maj Dr Aimable Rugomwa wenyine, kuko rwasanze mukuru we Nsanzimfura Memelto afite uburwayi bwo mu mutwe.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarubuye muri Kirehe rwatangiye kuburanisha impunzi z’Abarundi zikurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo gukoresha ibiyobyabwenge.