Umukobwa w’imyaka 17, wo mu karere ka Gisagara, arashinja umwe mu bakozi b’akagari ka Birira mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze kumutera inda akamwihakana.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko buhora iteka bushakisha uburyo bwafata abantu bakomeye barya ruswa (abakunze kwitwa ‘ibifi binini’) kugira ngo bahanwe n’amategeko.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019 rwasomye umwanzuro warwo ku isuzuma rwakoze niba ikirego cya Bannyahe gikomeza kuburanishwa mu mizi cyangwa kigateshwa agaciro.
Urutonde rw’ababereyemo Leta imyenda rwagejejwe mu bigo bikomeye byose birimo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, Ikigo gishinzwe kumenya abafitiye amabanki amafaranga (CRB ), Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB), n’ibindi.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye, arasaba abagororwa benda kurangiza ibihano byabo kubyaza umusaruro amasomo bahabwa akazabafasha kwiteza imbere, kubaka umuryango nyarwanda no guteza impinduka mu miryango yabo.
Urubanza abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera baregamo Akarere ka Gasabo kubera gushaka kubimura badahawe “ingurane ikwiye kandi yumvikanweho” n’impande zombi, rwasubukuwe kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019 maze Akarere ka Gasabo gasaba urukiko kutakira (...)
Bamwe mubarokotse jenoside yakorewe abatutsi baravuga ko bagihangayikishijwe nabangije cyangwa abasahuye imitungo yabo muri jenoside yakorewe abatutsi badashaka kubishyura ndetse ntibanababwire impamvu zibibatera cyangwa ngo babasabe imbabazi.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Musanze binubira amafaranga bakwa mu gihe basaba icyemezo kigaragaza ko bashyingiranwe mu buryo bwemewe n’amategeko (Attestation de mariage), mu gihe basanze ibitabo banditswemo byaratakaye.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside ( CNLG) yasohoye itangazo ryamagana ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, burimo ivangura n’amacakubiri, bukaba ndetse bwashobora guhembera Ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko uwiyemeje guhora mu manza akuramo kugira ubunararibonye mu kuburana ariko akarushaho gukena.
Kuri uyu wa 22 Mutarama 2019, minisitiri w’ubutabera muri Maroc, Mohamed Aujjar,yavuze ko icyaha cya jenoside kizajya gikurikiranwa mu gihugu cye.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye aratangaza ko u Rwanda na Maroc bagiye kugirana amasezerano y’ubufatanye mu gutanga ubutabera hifashishijwe ikoranabuhanga (Digital Courts).
Minisitiri w’Ubutabera wa Maroc, Mohamed Auajjar, aratangaza ko we n’intumwa ayoboye, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali biboneye akaga gakomeye u Rwanda rwanyuzemo, ariko bakaba banahaboneye isomo ku byo u Rwanda rwabashije kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Tariki 18 Mutarama 2019, ni bwo umucamanza Theodor Meron ufite imyaka 88 y’amavuko yarangije imirimo ye.
Mu itangazo rishizwe ahagaragara na minisiteri y’ubutabera, u Rwanda rwamaganye kurekura mbere y’imyaka umunani lt Col. Aloys Simba wahamijwe ibyaha bya jenoside agakatirwa imyaka 25 y’igifungo.
Polisi y’u Rwanda irasaba imiryango ibanye mu makimbirane kwisunga ubuyobozi n’amategeko bitaragera aho biba bibi ngo habe havamo amakimbirane yageza n’aho abyara ubwicanyi.
Mu karere ka Nyarugenge ngo hari imiryango itari iya Leta igera kuri 30 ikora ku birebana n’amategeko ariko hakaba hari hazwi itatu yonyine indi ngo igakora mu buryo butazwi.
Mugenzi Louis Marie umucamanza mu rukiko rw’ikirenga avuga ko hari inkiko zifata ibyemezo bitandukanye ku kibazo kimwe kubera imyandikire y’imanza.
Urukiko rw’ubujurire mu gihugu cya Finland rwanze kurekura mbere y’igihe Pasiteri Francois Bazaramba wakatiwe igifungo cya burundu bitewe n’ibyaha yakoze muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda iravuga ko gukoresha imikwabu nk’uburyo bwo gufata abagabo bakekwaho gutera inda abana ari bwo buryo bwatuma hafatwa benshi.
Urubanza rwa Augustin Ngirabatware ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, rwimuriwe muri Nzeri uyu mwaka wa 2019.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruravugako abana 18, barimo 12 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza, na batandatu bakoze igisoza ikiciro rusange bose batsinze ibizamini bya leta kandi neza.
Abana bafungiye muri gereza y’abana ya Nyagatare bavuga ko kudasurwa n’imiryango yabo bibatera impungenge zo gutaha igihe basoje ibihano.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye yasabye abakora umwuga wo kunganira abantu mu nkiko bazwi nk’aba Avoka kutarangwa n’umwambaro wabo gusa,ahubwo bakaba abo gufasha ababiyambaje mu mategeko no kunganira mu gutanga ubutabera.
Abagororwa 20 bafungiwe muri gereza ya Bugesera barasaba imbabazi Abanyarwanda muri rusange ndetse n’abafite ababo bashyinguwe mu rwibutso rw’i Ntarama by’umwihariko.
Mu itangazo inyujije ku rubuga rwa twitter, Guverinoma y’u Rwanda imaze kuvuga ko yamenye amakuru avuga ko abacamanza Jean Marc Herbaut na Nathalie Poux bahagaritse burundu ibijyanye n’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya perezida Habyarimana biturutse ku kubura ibimenyetso.
Maj. Bernard Ntuyahaga, warangije igifungo cy’imyaka 20 yakatiwe n’urukiko rw’i Buruseri kubera uruhare rwe mu iyicwa rw’abasirikare b’Ababiligi 10 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agiye koherezwa mu Rwanda.
Uwamahoro Julienne umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinoni, akurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa y’amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000 Frw) y’u Rwanda.
Umushinjacyaha Mukuru Jean Bosco Mutangana avuze ko ubushinjacyaha buzajurira ku cyemezo cy’urukiko cyo kugira Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara abere, kuko ngo hari ibimenyetso simusiga byirengagijwe mu mikirize y’urubanza rwa mbere.
Urukiko Rukuru rw’i Copenhagen muri Denmark, rwafashe icyemezo cyo kohereza mu Rwanda Twagirayezu Wenceslas, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.