Urubanza rw’abantu 25 baregwa gukorana n’umutwe wa RNC rwasubukuwe kuri uyu wa mbere tariki 21 Ukwakira 2019.
Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse urubanza rwa Leon Mugesera mu gihe kitazwi nyuma yo kwihana uwayoboye Inteko yamukatiye igifungo cya burundu muri 2016.
Maj (Rtd) Habib Mudathiru uri mu itsinda ry’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe wa RNC yemeye ibyaha byose aregwa, mu gihe abo bareganwa 24 babwiye urukiko ko hari ibyaha bemera n’ibyo batemera.
Kuri uyu wa 14 Ukwakira 2019, urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rwasubukuye urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC, aho haburanwa ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ubushize rukaba rwari rwasubitswe kubera ko abaregwa batari bafite abunganizi.
Umunyamategeko Eduard Murangwa yasabye Urukiko rw’Ikirenga gusuzuma itegeko rishya ry’umusoro ku mutungo utimukanwa kuko ngo rihabanye n’icyo itegeko nshinga riteganya.
Urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC rwari rwakomeje mu rukiko rwa Gisirikare i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, urukiko rutangira rubabaza niba biteguye kwiburanira.
Abantu 25 bakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba cyane cyane uwa RNC, kuri uyu wa gatatu 02 Ukwakira 2019 bagejejwe mu rukiko rwa Gisirikare i Nyamirambo.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru basuwe n’umuvunyi mukuru Anastase Murekezi bamugezaho ibibazo by’akarengane aho abafite ibibazo babaye benshi ataha bose atabakiriye abasezeranya kuzagaruka vuba.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rutegetse ko Dr Habumugisha Francis ukurikiranyweho gukubita umukobwa witwa Kamali Diane afungurwa akazajya aburana ari hanze ya gereza.
Abakozi babiri b’akarere ka Musanze batawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2019, bakekwaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Nzabonariba Jean Baptiste utuye mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu avuga ko yangirijwe imodoka n’uwo yayikodesheje akanga kumwishyura, n’imitungo yari afite akayikuraho ngo itazafatirwa ikavamo ubwishyu.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali rwimuye urubanza Kamali Diane aregamo Dr Habumugisha Francis, kubera kubura murandasi (Internet) n’inyandiko z’abishingizi b’uregwa.
Urubanza umukobwa witwa Kamali Diane aregamo Umuyobozi wa televiziyo Goodrich, Dr Habumugisha Francis, rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa gatanu tariki 13 Nzeri 2019.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.
Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yireguye ku byaha aregwa byo gukubita, gukomeretsa no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rufashe umwanzuro ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga Ntezirembo Jean Claude akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Kwizera Evariste wamamaye cyane kubera gushyingiranwa n’umugore umurusha imyaka 27, yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Ngoma igifungo cy’imyaka 10 azira gusambanya umwana muto akanamukuriramo inda y’amezi ane n’iminsi itatu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga ukurikiranyweho gusambanya umukobwa w’imyaka 19 agamije kumwanduza Sida yafunzwe iminsi 30 y’agateganyo nk’uko byategetswe n’urukiko.
Abaturage bo mu Kagari ka Bugoyi mu Murenge wa Gisenyi babangamiye icyemezo cy’umuhesha w’inkiko witwa Nyirashyirambere Emerance cyo gusenyera umuryango wa Ngingo.
Johnston Busingye minisitiri w’ubutabera avuga ko abagize umuryango nibita ku bana bizagabanya umubare w’abafungirwa gufata ku ngufu.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye atangaza ko amategeko agenga imiburanishirize y’imanza azaba yavuguruwe mu byumweru bibiri biri imbere.
Abanyamulenge bavuga ko igihugu cy’u Burundi n’icya Kongo cyangwa se n’Umuryango w’Abibumye (ONU) babishatse, Abanyamulenge biciwe mu Gatumba bahabwa ubutabera.
Pasiteri Singirankabo Jean de Dieu ari mu bajyanye ikirego ku biro by’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), bagiye kurega Leta ya Uganda ko yabakoreye iyicarubozo ikanabambura imitungo.
Amategeko y’u Rwanda agira icyo avuga ko nshingano z’ababyeyi ku mwana. Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura ibijyanye n’ububasha bwa kibyeyi ku mwana.
Hari abitegura kurushinga bajya ku mwanditsi w’irangamimerere ngo bamugaragarize uko bifuza kuzacunga umutungo wabo, ngo ugasanga hari ubwo abahitiramo ntibibashimishe kuko amahitamo ari ayabo.
Ingingo ya 240 y’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango, isobanura ko inyandiko ihinnye y’urubanza rwemeza ubutane ishobora gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda cyangwa mu kinyamakuru cyigenga gisomwa na benshi nka Kigali Today kigenwa na perezida w’urukiko.
Urukiko rwibanze rwa Gisenyi rwafashe uyu mwanzuro nyuma yo gusuzuma imiburanire y’urubanza rwa koperative COADU n’umuhesha w’inkiko Semajambi Leon rwabaye kuwa 31 Nyakanga 2019 aho Koperative yareze isaba ko cyamunara ihagarika kubera umuheshawinkiko atubahurije imihango yifatira no kubarura umutungo wa Koperative.
Mu karere ka Rubavu kuri uyu wa gatatu tariki 31 Nyakanga 2019 habaye urubanza ruhagarika cyamunara y’ibikorwa bya KOADU nyuma y’uko abagize koperative KOADU bangiye ko umuhesha w’inkiko witwa Semajambi Leon ateza cyamunara ibagiro ryabo.
Iteka ryo ku itariki 22/01/1918 rivuga ko umuntu wese utazafata imbwa ye ikagira ubwo ikurikira umuntu ishaka kumurya, azahanishwa gucibwa ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 25-100, hamwe n’igifungo kuva ku munsi umwe kugera kuri itanu, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.
Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye risobanura uko bigenda iyo umuntu yabuze cyangwa yazimiye.