Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Rwanda rutangaza ko hari abantu bari bafungiye ibyaha muri za kasho bagiye gufungurwa bagakurikiranwa bari hanze mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge aho aba bakobwa baburaniraga, ni rwo rwemeje ko abakobwa batandatu ari bo, Nkamiro Zaina, Umulisa Gisèle, Umuhoza Konny, Umuhoza Rosine, Umutoni Hadidja, Uwimana Zainabu, n’umuhungu umwe bareganwa witwa Kamanzi Cyiza Cardinal bakatiwe igifungo cy’imyaka 25 nk’uko byari byasabwe (...)
Minisiteri y’Ubutabera yamenyesheje abayigana basaba serivisi zitandukanye, ko bashobora no kuzisaba bakoresheje telefoni zabo zigendanwa, mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ku wa gatanu tariki 13 Werurwe 2020 rwategetse ko abantu batandatu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abahoze mu mitwe yitwara gisirikare mu mashyamba ya Kongo bakatiwe n’inkiko Gacaca badahari, bamazwe impungenge z’uburyo bashobora kugana ubutabera bakajurira mu gihe baba batemera ibyaha bahamijwe.
Abagabo batanu n’umugore umwe bo mu Karere ka Musanze bakekwaho gutwikira abana babiri mu nzu, kuwa kabiri tariki ya 10 Werurwe 2020 batangiye kuburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza.
Richard Muhumuza wari Umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire kuva muri 2018 yagizwe Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi Umukuru w’Umudugudu wa Kabere mu Kagari ka Rusongati mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu ukurikiranyweho icyaha cya ruswa.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, baratangaza ko inteko z’abunzi zigira uruhare mu kubakemurira ibibazo batagombye gusiragira mu nkiko.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye Ndabereye Augustin wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, igifungo cy’imyaka itanu n’ukwezi kumwe agatanga n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni imwe.
Ubushinjacyaha bukuru bwakiriye Raporo itanzwe n’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ku iperereza ku rupfu rwa Kizito Mihigo rwabaye tariki ya 17 Gashyantare 2020, rwabereye aho yari afungiye i Remera kuri Sitasiyo ya Polisi, i Kigali.
Urubanza rw’undi munyarwanda ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside rugiye kuburanishwa mu Bufaransa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko Abanyarwanda bakwiye gucika ku ngeso yo kubeshya ndetse hagashyirwaho n’itegeko rihana ababeshya ubucamanza.
Umuryango w’abantu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wandikiye Umushinjacyaha Mukuru, Umumenyesha ko hari amakuru ufite ku mutungo w’umuntu wahamijwe ibyaha bya Jenoside ugiye kugurishwa.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye, ku wa kane tariki 13 Gashyantare 2020, rwaburanishije Madeleine Musabyuwera w’i Kibirizi mu Karere ka Nyanza n’abahungu be babiri. Bakurikiranyweho kwica no guta mu musarane abana babiri b’uwitwaga Didace Disi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rurimo gukora iperereza ku bivugwa kuri Evode Uwizeyimana ushinjwa guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grand Pension Plaza.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko urubanza rwa Ndabereye Augustin wahoze ari Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu ruburanishirizwa mu muhezo.
Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rwa Nyanza ruburanisha imanza mpuzamahanga n’imanza zambukiranya imipaka rwatangiye kumva uko Nsabimana Callixte yiregura ku byaha akurikiranyweho n’ubushinjacyaha.
Imiryango y’abari abakozi b’uruganda rwa Bralirwa batwikiwe muri Bisi tariki 19 Mutarama 1998 bavuga ko bibaza impamvu ntawe urirega cyangwa ngo aburanishwe kuri iki cyaha cyakorewe abantu babo.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko Ndabereye Augustin akomeza kuburana afunzwe nyuma y’uko zimwe mu mpamvu yatanze mu kirego cye urukiko rusanze zidafite ishingiro.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasohoye inyandiko igaragaza ko hari abanyepolitiki baba hanze y’u Rwanda bitwaje ko bahari ku mpamvu za Politiki nyamara bafite ibindi byaha bashinjwa byerekeranye na Jenoside.
Isomwa ry’urubanza ku kirego cya Ndabereye Augustin, wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, asaba kurekurwa by’agateganyo akaburana ari hanze ryasubitswe.
Ndabereye Augustin umaze amezi ane ufungiye muri Gereza nkuru ya Musanze, akurikiranyweho gukubita umugore we, yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze kuri uyu wa kane tariki 09 Mutarama 2020, aho yasabye urukiko gutegeka ko arekurwa by’agateganyo.
Mu mwaka wa 2019, hari byinshi byagarutsweho mu makuru yerekeranye n’ubutabera. Ibi ni bimwe muri byo.
Mukandutiye Angeline wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akaba aherutse gutahana n’abarwanyi ba FDLR, yamaze gutabwa muri yombi.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwasubitse urubanza rwa Nsabimana Callixte ku byaha ashinjwa yagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa 24 Ukuboza 2019.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Nteziryayo Faustin yasabye abashyiraho amategeko gushingira ku bushakashatsi, inyingo n’ibitekerezo by’abaturage kugira ngo bidateza ibibazo ku mibereho myiza y’Abanyarwanda.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha Marie Michelle Umuhoza yabwiye Kigali Today ko Dr. Francis Habumugisha ari mu maboko ya RIB kuri sitasiyo ya Kimihurura.
Dr. Francis Habumugisha ushinjwa gutuka no gukubitira mu ruhame umukobwa witwa Kamali Diane yigaruye mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufungiye mu karere ka Rwamagana abagabo batatu bakurikiranyweho kurwiyitirira bagasaba abantu amafaranga, ndetse n’abandi bane (abagore babiri n’abagabo babiri) bakurikiranyweho gutanga ruswa cyangwa indonke.