Dr. Irenée Ndayambaje, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi (REB), avuga ko abarimu bagiye kujya bashyirwa mu byiciro.
Abarimu bigisha mu mashuri y’uburezi b’ibanze bw’imyaka icyenda (9ybe) n’imyaka 12 (12ybe) mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko hari abanyeshuri bigisha badaha agaciro ibyo bigishwa kubera amashuri bigamo.
Ababyeyi bo mu karere ka Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku mupaka muto uhuza yu Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, baravuga ko kuva aho baboneye irerero ribasigaranira abana basigaye bakora ubucuruzi bwabo neza.
Ildephonse Habiyambere, Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi mu kigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA), wari uyoboye itsinda ryari mu bukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry’uburezi mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko muri rusange basanze abayobozi b’ibigo by’amashuri batita ku nshingano zabo.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yagendereye ishuri GS Gikongoro tariki 3 Kamena 2019, asanga hakererewe abanyeshuri benshi, hari n’abarimu basibye batabisabiye uruhushya.
Umwaka utaha w’amashuri uzatangirana impinduka zitandukanye mu burezi zireba cyane cyane abanyeshuri bigira kuzaba abarezi.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2019 Ministre w’Uburezi Dr Eugene Mutimura ari kumwe na Ambasaderi w’igihugu cy’Ubushinwa mu Rwanda Hao Hongwei bashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kwagurirwa Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro IPRC Musanze, umushinga ukazatwara miliyoni 16 z’Amadorari ya Amerika.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi, yerekanye ko mu gihe uburezi budateye imbere, igihugu kidashobora kugera ku mpinduka cyifuza.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratanga za ko hari amashuri agenda yisubiraho mu kuzamura ireme ry’uburezi n’akomeje kugenda biguru ntege nyuma y’ubukangura mbaga bukorwa.
Ibanga ryo gutsinda mu ishuri rya Wisdom, ngo ni uko buri gihembwe umwana wese wiga muri iryo shuri, asinyira imihigo imbere y’ababyeyi n’imbere y’ubuyobozi bw’ishuri, ijyanye n’amanota azagira.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga ryitiriwe Musenyeri Mubiligi riherereye mu Karere ka Huye buvuga ko Leta yaboherereje abanyeshuri 90 hakaza 27 gusa.
Mu kwezi kwa kabiri muri uyu mwaka wa 2019, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edourd Ngirente, ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru, bagiriye uruzinduko mu Karere ka Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda.
Abanyeshuri biga bacumbika mu bigo by’amashuri, ngo babangamiwe no kubaho batamenya amakuru y’igihugu cyabo, bagatunga agatoki ubuyobozi bw’ibigo bigaho bitabaha umwanya wo kureba Terevisiyo no kumva Radio.
Banki y’Isi yemereye Leta y’u Rwanda inkunga ya miliyoni 200 z’Amadorari ya Amerika, azakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo byo mu burezi hagamijwe kugabanya ubucucike mu mashuri.
Abatuye mu Mudugudu wa Cyintama uherereye mu Kagari ka Gahurizo ho mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, biyemeje kwegeranya amafaranga bigurira ubutaka bwo kubakaho irerero.
Nduwayesu Elie washinze ishuri Wisdom School aravuga ko kubakira ku murimo unoze bituma uwukora ava ku rwego rwo hasi akagera kure kandi heza.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kantengwa Mary, avuga ko hari abana bata ishuri kubera kuyatangira bakuze.
Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru hubatswe ishuri ry’imyuga bisabwe n’abahatuye, ariko habuze ibikoresho byo kugira ngo ritangire.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko hagiye gutangizwa gahunda yo gufasha abarangije kwiga amashuri y’inderabarezi kujya biga kaminuza ku buntu.
Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isaba ko abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri Gatolika bicumbikira abana bakwigirizwayo itariki yo kugera ku bigo byabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyashyikirije abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye Impamyabumenyi zakorewe mu Rwanda, z’abanyeshuri babyizemo batsinze neza ibizamini bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2017-2018.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi aranenga abayobozi b’ibigo batagira igitsure ku barimu, aho bikomeje kudindiza gahunda y’uburezi.
Abarimu bo mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ruhango baravuga ko kongera ibyumba by’amashuri byajyana no gukwirakwiza ikoranabuhanga rya Mudasobwa na Interineti.
Umubare w’abana bata ishuri mu Karere ka Musanze ukomeje kwiyongera, aho bamwe bavuga ko kubera ubukene n’imibereho mibi bahitamo kujya gukora imirimo ivunanye, abandi bakishora mu bucuruzi bw’ibisheke.
Abanyeshuri 300 bigishijwe amasomo y’umwuga w’ubudozi n’uruganda rwitwa Burera Garment Ltd ku bufatanye na Rwanda Polytechnic, ku wa kane tariki ya 28 Werurwe 2019 bahawe impamyabushobozi biyemeza gukoresha ubumenyi bahawe n’uru ruganda mu kurufasha gukora imyenda ikorerwa mu Rwanda kandi ikoranywe ubuhanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi(REB), buragaragaza ko ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Amajyaruguru riri hasi cyane, aho abana 52% ari bo bonyine barangiza amashuri abanza bazi gusoma no kwandika.
Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, bagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari, barasaba minisiteri y’igenamigambi gukurikirana ikibazo cya ba diregiteri b’ibigo by’amashuri bafatanya inshingano no kwakira amafaranga ndetse no kuyabika.
Nyuma y’imyaka icyenda ishuri Notre Dame de la Providence Karubanda rigabiwe inka na Perezida w’u Rwanda, ryamwituye kuri uyu wa 18 Werurwe 2019 rigabira ishuri Butare Catholique.
Ihuriro ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR) riravuga ko umubare munini w’abana bafite ubumuga batiga uteye inkeke.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES-Ruhengeri, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Werurwe 2019, ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 719 barimo 22 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imisoro(Science in Taxation).